Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rutangaza ko kubera kwirinda icyorezo cya Coronavirus, abanyabyaha bafungwa muri iyi minsi babanza gushyirwa mu kato mu gihe cy’iminsi 14.
Ikigo cy’igihugu cyita ku Burezi (REB), cyongereye ubushobozi bwo kwigisha amasomo anyuraye hifashishijwe ikoranabuhanga rya Iyakure, mu rwego rwo gukomeza gufasha abanyeshuri muri iki gihe icyorezo cya Coronavirus cyatumye amasomo ahagarara.
Abaforomo batari mu mwuga wo kuvura kubera indi mirimo bakora ubu bakaba bari mu ngo zabo kubera amabwiriza yo kwirinda Coronavirus, barifuza gutanga umusanzu wabo nk’abakorerabushake, bunganira Leta mu guhangana n’icyo cyorezo.
Inzego z’ubuyobozi mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, zivuga ko zakoze ubukangurambaga inzu ku yindi mu mudugudu w’icyerekezo wa Karama, hagamijwe gukumira icyorezo cya Coronavirus.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko ibitaro byose by’uturere mu Rwanda bifite ahantu hihariye ho kwakirira no kuvurira abanduye Coronavirus ndetse ko hari n’amavuriro y’abigenga afite ahantu nk’aho.
Amakuru aturuka mu gihugu cya Burkina Faso avuga ko Hon. Marie Rose Compaoré, abaye umuntu wa mbere muri icyo gihugu witabye Imana azize icyorezo cya Coronavirus.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA) kirakangurira abagura imiti yo gusukura intoki hirindwa icyorezo cya Coronavirus, gushishoza kugira ngo batagura iyitujuje ubuziranenge itabasha kwica udukoko dutera iyo ndwara.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yasohoye itangazo kuwa mbere tariki 16 Werurwe 2020, riburira abacuruzi batangiye kuzamura ibiciro by’ibicuruzwa cyane cyane ibyo kurya, bitwaje icyorezo cya Coronavirus, ko abazabifatirwamo bazahanwa hakurikijwe itegeko.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko uburyo bushya bwo gukorera uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga hifashishijwe ikoranabuhanga rya mudasobwa, buzaca burundu ruswa yakundaga kuvugwa muri icyo gikorwa.
Yankurije Drocella wo mu Kagari ka Mbare, Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga, amaze imyaka 10 atubura imigozi y’ibijumba nyuma yo kubihugurirwa, none yiteje imbere bikaba binamutungiye umuryango.
U Rwanda rurimo gushyira mu bikorwa gahunda zitandukanye zo kurwanya indwara ya Malariya ku buryo izaba yagabanutse kugeza kuri 90% muri 2030.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza ko bitarenze Werurwe 2020, abatuye mu bishanga n’ahandi hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga bazaba barangije kwimurwa.
Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Hon. Christophe Bazivamo, avuga ko uwo muryango hari byinshi wagejeje ku bihugu biwugize byo kwishimira ariko ko hakiri byinshi byo gukora.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango, Dr Jeannette Bayisenge, avuga ko umugore mu Rwanda ahagaze neza mu byo gushyiraho amategeko amurengera ariko ko hagikenewe imbaraga ngo yiyubake mu by’ubukungu.
Ba rwiyemezamirimo bo mu turere 14 bateguye ingemwe z’ibiti by’imbuto ziribwa, mu isoko bahawe na kompanyi ya CCID amasezerano akarinda arangira batishyuwe n’igiceri, baravuga ko biteguye kurega iyo kompanyi kuko yabateje igihombo gikomeye.
Abahanga mu bwubatsi bahamya ko ikibazo cy’ubukonje (Humidité) bwangiza inkuta z’inzu ahagana hasi, aho zomokaho irangi n’isima iterwa ku matafari, gihangayikishije ariko ngo kikanaterwa n’ubumenyi buke mu myubakire.
Bukuru Cyprien wari umaze amezi atandatu afungiye muri Uganda aho yari yaragiye ajyanywe no gushaka akazi, nyuma yo kurekurwa yiyemeje gushakira imirimo mu Rwanda kuko aho yagiye nta cyiza yahasanze.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bataye muri yombi Irakoze Emmanuel naho mugenzi we Irumva Elias akaba yarashwe arapfa ubwo yarwanyaga inzego z’umutekano igihe yafatwaga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku wa 26 Gashyantare 2020 yashyize abayobozi mu myanya inyuranye, harimo abashya muri Guverinoma n’abahinduriwe imyanya.
Ikigo cy’igihugu cy’ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB), cyamuritse ububiko bw’imboga n’imbuto bunabikonjesha mbere y’uko byoherezwa mu mahanga (Pack House), bukaba bwaratwaye asaga miliyoni 980 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Simpunga Ernest warwaye umutima ku myaka 14, yamenye ko ari wo arwaye ku myaka 16 agiye kwa muganga, bakomeza kumuha imiti yo kumworohereza ariko nyuma y’imyaka ine nibwo habonetse abaganga b’inzobere baramubaga, amara ibyumweru bibiri mu bitaro ahita akira.
Madame Jeannette Kagame avuga ko umuryango AVEGA-Agahozo w’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wabereye Abanyarwanda ishuri ry’ubudaheranwa kubera uko abanyamuryango bawo bikuye mu bibazo bikomeye, ubu bakaba babayeho nk’abandi.
Ba rwiyemezamirimo 14 bahawe isoko na kompanyi ya CCID rya miliyari imwe na miliyoni 400 z’Amafaraga y’u Rwanda, ryo gutegura ibiti by’imbuto ziribwa miliyoni zirindwi, none amasezerano yarangiye nta n’igiceri bahawe mu gihe imbuto zasaziye mu buhombekero.
Abaturage bo mu Mirenge ya Kigarama na Gikondo mu Karere ka Kicukiro bahangayikishijwe n’abajura biba insinga z’amashanyarazi, aho baherutse kwiba izo ku muhanda Nyanza-Rebero-Miduha, none batewe impungenge n’ikizima gihari.
Mu Karere ka Kamonyi Abasukuti n’Abagide bafatanyije n’abaturage baho biganjemo urubyiruko, bateye ibiti 2000 birimo ibiribwa n’ibivangwa n’imyaka mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije.
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu, CP John Bosco Kabera, asaba Abanyarwanda bakunda gutega moto kwirinda ubwira buterwa no gukererwa muri gahunda zabo, bagategeka umumotari kwihuta cyane kuko bishobora guteza impanuka.
Umwe mu myanzuro yavuye mu biganiro byahuje intumwa z’u Rwanda n’iza Uganda byabereye i Kigali ku wa gatanu tariki 14 Gashyantare 2020, ni uko buri gihugu kirekura abenegihugu b’ikindi cyaba gifunze bitarenze ibyumweru bitatu.
U Rwanda ruvuga ko amasezerano ya Luanda yo kugarura umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi atubahirijwe, cyane ko hakiri Abanyarwanda benshi bagifungiye muri Uganda, icyo gihugu kigasabwa guhita kibarekura.
Minisiteri y’Ibidukikije itangaza ko igihe cyahawe abacuruza, abakora, n’abatumiza ibikoresho bya pulasitiki ngo babe babihagaritse cyarangiye, bityo ko abatarabireka bagiye gutangira kubihanirwa nk’uko itegeko nimero 17/2019 ryo ku wa 10 Kanama 2019 ribiteganya.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB), Dr Irénée Ndayambaje, avuga ko ibijyanye n’uburyo bwo gushyira abarimu mu myanya barimo kureba uko byakemuka burundu.