Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Mukunguri kiri hagati y’Akarere ka Kamonyi n’aka Ruhango, bibumbiye muri koperative COPRORIZ, barataka igihombo baterwa n’iteme ryacitse, bigatuma abo ku ruhande rwa Ruhango bibagora kugeza umusaruro kuri koperative.
Abashakashatsi bavuga ko indwara yiswe ‘Text neck syndrome’ cyangwa ‘Syndrome du Cou Texto’, ifata uruti rw’umugongo kubera guheta igikanu amasaha menshi umuntu areba kuri telefone, ihangayikishije muri iki gihe ikoranabuhanga ryifashishwa cyane.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa (Rwanda Food and Drugs Authority -Rwanda FDA), cyagaragaje urutonde ruriho ibicuruzwa 1,534, ahanini bijya mu mubiri w’umuntu, mu kanwa ndetse n’ibyo kwisiga, gishyiraho n’amafaranga yo kwandikisha buri bwoko bw’igicuruzwa, ndetse kikaba cyaranashyizeho itariki ntarengwa ya 31 (…)
Abahanga mu myigire y’abana bahamya ko kubakundisha umuco wo gusoma bakiri bato bituma badata umwanya wabo barangarira mu bidafite akamaro, ahubwo bakiyungura ubwenge.
Mu bitaro bya gisirikare bya Kanombe hubatswe ikigo cy’icyitegererezo kivura kanseri (RCC), kikaba cyatashywe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa kabiri tariki 4 Gashyantare 2020.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Fidèle Ndayisaba, ntiyemeranya n’abavuga ko Inkotanyi zateye u Rwanda, ahubwo ngo zararurwaniriye kuko zaruzanyemo amahoro.
Umuryango Imbuto Foaundation ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), bagiye gushyiraho ingo mbonezamikurire ibihumbi bitanu zizafasha abana bato gukura neza.
Ambasaderi mushya w’u Buyapani mu Rwanda, Masahiro Imai, aremeza ko igihugu cye kigiye kongera ishoramari mu Rwanda kubera ko umubano hagati y’ibihugu byombi wifashe neza.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruvuga ko 10% by’ingengo y’imari yarwo ijya mu bikorwa remezo hagamijwe ko abari muri gereza babaho neza.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko mu Rwanda kuva muri 2015 yakajije ingamba zo kurwanya malariya kuko yari yabaye nyinshi bituma abo ihitana bagabanukaho 60%.
Ikigo kizwi kuva kera nko kwa Gisimba giherereye mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, gifite abana bacyirirwamo buri munsi ariko bagataha mu miryango yabo, bagahamya ko bibarinda ubuzererezi kuko bafashwa muri byinshi.
Dr James Vuningoma uherutse kwitaba Imana yasezeweho bwa nyuma kuri uyu wa gatandatu tariki 25 Mutarama 2020.
Banki ya Kigali (BK) imaze gutanga sheki ya miliyoni 200 z’amafanga y’u Rwanda azagura telefoni ibihumbi bibiri , nk’uruhare rwayo muri gahunda izwi nka ‘Connect Rwanda’ .
Umuhanzi Nyarwanda Turatsinze Prosper, uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Mico The Best, yahagurukiye kurwanya indwara y’igituntu kuko ngo yasanze hari abantu batayifiteho amakuru.
Mushimiyimana Laetitia wize siyansi mu mashuri yisumbuye, ntiyahisemo kubikomeza ahubwo yahise ajya kwiga umwuga wo gusudira n’ibindi bigendanye, akavuga ko yizeye akazi nta gushidikanya.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irasaba Abanyarwanda bakora ingendo zijya mu Bushinwa kwirinda kujya mu Mujyi wa Wuhan, kuko hateye indwara yandura kandi yica vuba yitwa ‘Novel Coronavirus’.
Minisitiri w’Ubutabera w’igihugu cya Norvège, Jøran Kallymr uri mu ruzinduko mu Rwanda, avuga ko yababajwe n’ibyabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko anashima iterambere rugezeho.
Abasenateri baturuka mu muryango FPR-Inkotanyi, baributswa ko mu byo bakora byose bagomba gushyira imbere inyungu z’abaturage, bakaba ari bo bareba mbere yo kwireba ubwabo.
Abikingije indwara ya Ebola bavuga ko urukingo bahawe nta ngaruka mbi rwabagizeho, bityo bagahumuriza abatinyaga kwikingiza kuko hari bivuga ko ukingiwe akurizamo ibindi bibazo.
Umuryango Plan International Rwanda wafashije abana b’abakobwa 100 batewe inda ndetse n’abandi 150 bacikirije amashuri, kwiga imyuga banahabwa ibikoresho by’ibanze ngo babashe kwibeshaho.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko abahinzi bafatiye ubwishingizi imyaka yabo ikaza guhura n’ibiza ikangirika bagahomba, bagiye kwishyurwa n’ikigo cy’ubwishingizi cya Radiant cyayishingiye bityo babashe gukomeza imishinga yabo.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) gitangaza ko abarimu na bamwe mu bayobozi mu bigo by’amashuri by’inderabarezi (TTC) bagiye gukorerwa isuzumabumenyi ngo hagaragare ubushobozi bwabo mu rurimi rw’icyongereza bigishamo.
Uruganda rw’imiti rwitwa Copper Pharma rufite inkomoko muri Maroc rurimo kubakwa mu Rwanda, mu gace kahariwe inganda gaherereye i Masoro muri Gasabo, ruratangira gukora serumu hagati muri uyu mwaka wa 2020, rukazakomeza rukora n’indi miti.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko kubaho nta byiringiro ku buzima buri imbere ari nko guhakana ubushobozi bw’Imana kandi yo haba hari ibyo iteganyiriza ibiremwa byayo.
Madamu Jeannette Kagame avuga ko ibibazo bisigaye biba mu ngo z’Abanyarwanda bituma hari abato bica intege bagatinya gushinga ingo bitahozeho, bityo ko bishobora no kurangira umuntu akajya gushinga urugo yumva ko agiye aho azakundwa nk’uko byahoze kera.
Perezida wa Sena, Dr Iyamuremye Augustin, ahamya ko urukundo hagati y’abashakanye atari ukurebana mu jisho ahubwo ari ukureba mu cyerekezo kimwe.
Kuva muri Nzeri umwaka ushize wa 2019, igihugu cya Australia cyafashwe n’inkongi y’umuriro ku gice cyacyo kinini, haba mu mashyamba ndetse no mu mijyi ituwe n’abantu benshi, ku buryo 24 bamaze gupfa, abasaga 10 baburirwa irengero, naho ibihumbi 100 bakaba baramaze guhunga iyo nkongi.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Dr Vincent Biruta, avuga ko Abanyapolitiki barimo n’abanyamadini bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko u Rwanda rufite umugambi wo kwigarurira igice cy’icyo gihugu nta shingiro bifite kuko ibihugu byombi bibanye neza.
Amavuriro hirya no hino mu gihugu ahora ataka ibihombo aterwa no kuvura abantu benshi ariko ntibishyure, bikagira ingaruka kuri serivisi zihabwa abandi babigana, gusa Leta yashyizeho uburyo bwo kongerera ubushobozi ubwisungane mu kwivuza hagamijwe gukemura icyo kibazo.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rutangaza ko rwashyize imbere kurengera ibidukikije, kuko kugeza ubu muri gereza 13 ziri mu gihugu, 3% gusa ari ho hagicanwa ibikomoka ku biti.