Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije atangaza ko bagiye kujya baha urubuga abakize Covid-19 kugira ngo batange ubuhamya ku bubi bwayo bityo bafashe abantu kuyirinda.
Waba uri rwiyemezamirimo ukeneye igishoro cyo kwagura ibikorwa byawe? Ntibikugore, Banki ya Kigali (BK) irimo gutanga ubwoko bubiri bw’inguzanyo zagufasha kugera ku mafaranga yo kugura ibikoresho mu buryo bwihuse, utaragira ikibazo cy’uko ibikorwa byawe bihagarara.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka kiratangaza ko guhindura icyo ubutaka bwagenewe byari bisanzwe bikorerwa ku rwego rw’Akarere honyine, ubu bizajya bikorwa ari uko n’icyo kigo kibanje kubisuzuma kikabitangira uburengazira.
Ikibagarira ni imwe mu ndwara zikwirakwizwa n’uburondwe, kugeza ubu mu Rwanda ikaba ari yo yihariye 80% by’amatungo apfa azize indwara zitandukanye.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) gitangaza ko kirimo gukoresha ibitabo bisaga miliyoni umunani bizagabanya ubucucike bw’abana ku gitabo kimwe bukava kuri batanu bukagera kuri batatu ku gitabo.
Kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kanama 2020, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rweretse itangazamakuru Bizimana Celestin akurikiranyweho ibyaha bitandukanye harimo n’icyo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi, aho yacuruzaga abakobwa ku bagabo mu bikorwa by’ubusambanyi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, avuga ko bidakwiye ko umuntu yubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 ari uko hari ijisho rya Polisi.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko muri iki cyumweru habaye impanuka zinyuranye zihitana ubuzima bw’abantu 14, ahanini ngo zaturutse ku muvuduko ukabije.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard, avuga ko muri iki gihe abantu bashobora kuganuzanya bashingiye ku musaruro w’ibyo bakora ibyo ari byo byose kuko umuganura w’abakurambere wagutse.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rusanga umwana witwa Emmanuel Bamvuginyumvira wo mu Karere ka Rusizi wakoze radiyo, impano ye ikwiye gusigasirwa igatera imbere kuko yagaragaje ubuhanga, nubwo ibyo yakoze byo kwiha umurongo ivugiraho bitemewe.
Isima y’u Rwanda ikomeje guhenda ku isoko ryo hirya no hino mu gihugu, kuko igiciro gishyirwaho n’uruganda rwa CIMERWA ku bufatanye na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) abacuruzi batacyubahiriza.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruratangaza ko kuva tariki ya 15 Kanama 2020, ingendo kuri Moto mu Mujyi wa Kigali zizajya zishyurwa hakoreshejwe mubazi, urugendo ruto rukazajya rwishyurwa amafaranga y’u Rwanda Magana atatu (300Frw).
Itangazo rya cyamunara ryashyizwe ahagaragara ku wa kabiri tariki 04 Kanama 2020, rivuga ko hari imitungo ya kaminuza ya UNIK (yahoze yitwa INATEK) igiye kugurishwa kugira ngo hishyurwe imyenda yari ifitiye umwe mu bayireze mu rukiko akanayitsinda.
Uruganda rukora sima mu Rwanda rwa CIMERWA Plc, rwashyize imigabane yarwo yose ku isoko, aho umuturage ubishaka azajya agura umugabane umwe ku mafaranga y’u Rwanda 120, bityo ruba rubaye urwa 10 ku isoko ry’imari n’imigabane ry’u Rwanda (RSE).
Umushumba w’Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda (EAR) Diyosezi ya Byumba, Musenyeri Ngendahayo Emmanuel, akangurira abakirisitu n’Abanyarwanda muri rusange kwirinda Covid-19 bubahiriza amabwiriza yashyizweho, ariko banashingiye ku byanditse muri Bibiliya.
Abaturage 22 bo mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, ahubatswe icyuzi cya Cyunuzi cyororerwamo amafi, bavuga ko bamaze imyaka icyenda bishyuza ingurane y’ubutaka bwabo bwarengewe n’amazi y’icyo cyuzi ariko amaso yaheze mu kirere.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB), cyemeza ko hari imbuto umuhinzi ashobora guhinga bwa mbere ayikuye ku mutubuzi wemewe cyangwa mu kigo kizigurisha, akaba yakwibikiraho imbuto azifashisha mu bihembwe bibiri biri imbere umusaruro ntuhungabane.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), gitangaza ko gahunda yo gupima Covid-19 ku bantu babyifuza ariko bishyuye yatangiye kuri uyu wa 28 Nyakanga 2020, yitabiriwe cyane kuko byasabwe n’abarenga 100.
Abasabwe kwitaba Polisi y’u Rwanda kubera ko bafashwe barengeje amasaha yo gutaha ntibabikore, ariko kubera ko ibyangombwa byabo Polisi yabisigaranye, ngo hari abarimo kujya gushaka ibindi babeshya ko babitaye, bakaba baburirwa kuko ari amakosa bakora.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu mpanuka zabaye muri iki cyumweru zigahitana abantu umunani, 65% muri zo zatewe n’abatwara ibinyabiziga biruka batinya gufatwa barengeje saa tatu z’ijoro kuko bazi ko bihanirwa.
Umutoni Grâce ni umukobwa warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, icyo gihe yari afite imyaka ibiri gusa, ababyeyi be n’abavandimwe babiri bose barishwe ariko by’amahirwe we abamutoye bahise bamujyana mu kigo cy’imfubyi i Ndera, arokoka atyo.
Polisi y’u Rwanda ivuga ko abantu bafashwe na yo barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, ikabarekura ariko ikabasaba kuyitaba ntibabikore, ko umunsi ntarengwa wo kuyitaba ari kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2020.
Bamwe mu bakoreye inganda zari zifite isoko ryo gukora udupfukamunwa twinshi ubwo hashyirwagaho ibwiriza ryo kutwambara ku bantu bose hirindwa Covid-19, barataka ubukene kubera ko izo nganda zabahagaritse batishyuwe.
Ku itariki ya 1 Kanama 2020, u Rwanda ruzafungura ibikorwa byose bijyanye n’ingendo zo mu kirere, ariko hakazitabwa bikomeye ku kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 kugira ngo umutekano w’abagenzi ube ntamakemwa, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente.
Mu gihembwe cy’ihinga A 2020-2021, Leta izashora miliyari 14 z’Amafaranga y’u Rwanda muri gahunda ya ‘Nkunganire’, ifasha abahinzi kubona imbuto n’izindi nyongeramusaruro ku giciro kiri hasi.
Abagize Sendika y’abakora mu buhinzi n’ubworozi mu Rwanda (SYNATRAEL) bavuga ko uwari perezida wayo, Emmanuel Ngendambizi yayisubije inyuma kubera kuyicunga nabi, ari yo mpamvu bamweguje aranasimburwa, gusa we ibyo ntabikozwa.
Kiliziya ya Paruwasi Gatolika ya Saint André Gitarama yo mu Mujyi wa Muhanga ikaba ibarizwa muri Diyosezi ya Kabgayi, ni imwe muzitegura gufungura nk’uko n’ahandi bimeze, ariko ngo ikazakira abakirisitu 300 muri misa imwe mu gihe yajyaga yakiraga abagera ku 2,000 mbere ya Covid-19.
Inama Nkuru ishinzwe Amashuri Makuru (HEC) irateganya gushyiraho amabwiriza akakaye ku bashoramari bateganya gushinga kaminuza zigenga n’amashuri makuru mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi muri ibyo bigo.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC) kiratangaza ko umubyeyi wagaragaweho ubwandu bwa Covid-19, yabyariye umwana w’umuhungu mu kigo nderabuzima cya Rugerero mu Karere ka Rubavu, aho yavurirwaga iyo ndwara.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Burezi (REB) gitangaza ko abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye batazongera gukora ibizamini by’akazi, ahubwo ko hari komite izajya ibatoranya mu barimu hakurikijwe ubunararibonye bwabo.