Niho Joseph ni umworozi w’inzuki wabigize umwuga, akaba yararangije kaminuza mu ikoranabuhanga ariko ntiyigeze asaba akazi, ahubwo yashyize imbaraga mu bworozi bw’inzuki ku buryo yumva nta kindi yakora.
Abaturage 300 batishoboye bo mu Kagari ka Nyabugogo, Umurenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, bishimira kuba barishyuriwe ubwisungane mu kwivuza kuko ngo bumvaga ntaho bazakura amafaranga yo kwiyishyurira.
Banki ya Kigali (BK) ihamya ko buri muntu wese ashobora kwizigamira agendeye ku mafaranga ayo ari yo yose yinjiza, akirinda kuyasuzugura ahubwo akayashyira kuri konti akazagwira bityo iyo Banki ikamwungukira ndetse ikaba yamuha inguzanyo akiteza imbere.
Marie Josée Ahimana, ni umuhinzi akaba n’umubyeyi w’abana batatu, batuye mu Mudugudu wa Ruhanga, Akagari ka Sovu, Umurenge wa Mugano, Akarere ka Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo.
Ibaruwa Minisiteri y’Umurimo n’Abakozi ba Leta yandikiye Minisiteri y’Uburezi, igaragaza ko abarimu 1,038 bakoze ibizamini by’akazi mu Ukuboza 2019, bakiri ku rutonde rw’abemerewe kugahabwa.
Umugabo wo mu Murenge wa Busasama mu Karere Nyanza, ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 13 Nyakanga 2020, ubwo yakataga mu rugo ashaka gusohoka n’imodoka yagonze umwana we w’umwaka umwe ahita apfa.
Bamwe mu bakoze imirimo inyuranye yo kubaka gasutamo ya Bweyeye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko batigeze bishyurwa amafaranga bakoreye kuva ako kazi katangira mu ntangiriro za 2018, bakavuga ko bari mu gihirahiro kuko batabona aho amafaranga yabo aherereye.
Abafite ubumuga butandukanye bifuza ko batashyirwa mu byiciro by’ubudehe by’imiryango yabo kuko bibabangamira nko mu gihe hagize ukenera ubuvuzi bwihuse kandi umuryango we wose utarishyura ubwisungane mu kwivuza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko gukoresha umwanya we kuri gahunda ihoraho bimugora ku buryo hari n’ubwo abura umwanya w’amafunguro kubera izindi nshingano ziba zimureba.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko ajya ku rugamba rwo kubohora igihugu yari kimwe n’abandi bitabiriye urwo rugamba, ko atigeze atekereza ko yazaba Perezida w’u Rwanda.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) gitangaza ko ku itariki ya 14 Nyakanga 2020, abarimu bashaka kujya muri uwo mwuga bazakora ibizamini by’akazi. Ibyo ni ibyatangajwe n’Umuyobozi mukuru wa REB, Dr Irénée Ndayambaje, ubwo yari mu kiganiro ‘Ubyumva Ute’ kuri KT Radio kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Nyakanga 2020, akaba (…)
Mu mirenge ya Mbuye, Bweramana na Kinazi y’akarere ka Ruhango, hubatswe inzu zigezweho zagenewe abatishoboye, ahanini abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batari bafite aho kuba, zikazatuma bagira imibereho myiza.
Impuguke mu by’ubuzima bw’imyanya y’ubuhumekero zemeza ko gukora siporo yo kwiruka wambaye agapfukamunwa atari byiza kuko muri icyo gihe umubiri ukenera umwuka mwinshi wo guhumeka, ntuboneke uhagije bikaba byagira ingaruka ku muntu.
RwandAir yatangaje ko igiye kongera gukora izindi ngendo zo gucyura Abanyarwanda bari mu Bwongereza bifuza kugaruka mu gihugu cyabo.
Ubuyobozi n’abaturage b’akarere ka Muhanga barishimira ibikorwa bagezeho mu mwaka w’ingengo y’imari urangiye, birimo inzu z’abatishoboye, ibiraro byo mu kirere n’ibindi, bakavuga ko bigaragaza Kwibohora nyako kw’Abanyarwanda.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko kaminuza ebyiri ari zo Christian University of Rwanda na Indangaburezi College of Education zambuwe uburenganzira bwo gukora kuko hari ibyo zananiwe kuzuza kugira ngo zikore mu buryo bwemewe n’amategeko.
Akarere ka Kamonyi ko mu Ntara y’Amajyepfo karishimira ibikorwa kagezeho mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2019-2020, muri byo hakaba harimo umuyoboro w’amazi meza wasanwe kuko wari ushaje cyane ku buryo utari ukigeza amazi ku baturage.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo (MININFRA) iratangaza ko guhera ku itariki ya 1 Kanama 2020, ibibuga by’indege bizongera gukora nk’uko bisanzwe, byakira indege zose nk’uko byahoze mbere ya Covid-19.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko kurwanya icyorezo cya Covid-19 ari urugamba rundi Abanyarwanda bagomba kurwana kandi bakarutsinda. Ibi ni ibyo yagarutseho mu ijambo rye rijyanye n’uyu munsi ngarukamwaka wo kwizihiza ku nshuro ya 26 isabukuru yo Kwibora, umunsi wizihirijwe mu Karere ka Nyagatare ku rwego rw’igihugu.
Itangazo Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Nyakanga 2020, riramenyesha abantu bose ko guhera ku wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2020, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihindutse.
Akarere ka Nyanza ko mu Ntara y’Amajyepfo karishimira ko byinshi mu byo kari karahize mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2019-2020 byagezweho, ari byo byari birimo n’uwo muhanda wa kaburimbo uzatahwa muri iki cyumweru cyo kwibohora ndetse n’ibindi bikorwa binyuranye.
Kaminuza imwe yo mu Mujyi wa Kigali ndetse n’indi yo mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo zishobora kwamburwa ibyangombwa, nk’uko amakuru agera kuri Kigali Today aturuka muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatanzwe n’umuntu utashatse ko amazina ye atangazwa abivuga.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima, RBC gikomeje gusesengura uko icyorezo cya COVID-19 gihagaze mu Mujyi wa Kigali. Ni muri urwo rwego hateguwe gahunda nshya yo gusuzuma #COVID19, iyo gahunda ikaba itangira kuri uyu wa Kane tariki ya 02 Nyakanga 2020 mu mihanda imwe n’imwe yatoranyijwe mu Mujyi wa Kigali.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yafunze burundu Kaminuza yigenga ya UNIK yo mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba (yahoze yitwa INATEK), nk’uko bigaragara mu rwandiko iyo Minisiteri yasohoye kuri uyu wa 30 Kamena 2020.
Umuryango w’Ibihugu by’i Burayi (EU) wamaze kwemerera u Rwanda kujya ku rutonde rw’ibihugu 15 bihagaze neza ku bijyanye na Covid-19, bityo abaturage barwo bakaba bashobora kujya muri ibyo bihugu kuva ku ya 1 Nyakanga 2020.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima(RBC), Dr. Sabin Nsanzimana, aravuga ko nubwo i Kigali hongeye kuboneka abarwayi benshi ba COVID-19 ndetse hakaba hari n’abandi benshi baraye babonetse mu bafunzwe, bidakwiye gutera impungenge, kuko babonetse ahantu hamwe batarakwirakwira mu bantu benshi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Prof Shyaka Anastase, avuga ko urugendo rwo kwibohora na gahunda zose zijyanye n’icyo gikorwa zishingiye ku muturage kuko yazigizemo uruhare kandi n’ubu agikomeje.
Aborozi b’inkoko bavuga ko biruhutsa kubera ko ubwishingizi bw’inkoko bwemewe nyuma y’igihe babisaba, kuko ari amatungo akunda guhura n’ibibazo agapfa ari menshi bagahomba none ngo ntibizongera kuko zizaba zishingiwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François, atangaza ko mu bateye mu Murenge wa Ruheru muri ako Karere, hari bane bapfuye na ho batatu bakaba bafashwe mpiri. Mu ijoro ryakeye rishyira uyu wa Gatandatu tariki 27 Kamena 2020, mu ma saa sita n’iminota 20, nibwo abarwanyi baturutse mu gihugu cy’u Burundi bateye ku (…)
Ibigo by’amashuri yigenga bitarimo guhemba abarimu muri iki gihe abanyeshuri batiga, ntibyitabira gufata inguzanyo muri Koperative Umwalimu SACCO ngo bigoboke abarimu babyo kandi hari uburyo byashyiriweho bubyorohereza kubona ayo mafaranga.