Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bataye muri yombi Irakoze Emmanuel naho mugenzi we Irumva Elias akaba yarashwe arapfa ubwo yarwanyaga inzego z’umutekano igihe yafatwaga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku wa 26 Gashyantare 2020 yashyize abayobozi mu myanya inyuranye, harimo abashya muri Guverinoma n’abahinduriwe imyanya.
Ikigo cy’igihugu cy’ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB), cyamuritse ububiko bw’imboga n’imbuto bunabikonjesha mbere y’uko byoherezwa mu mahanga (Pack House), bukaba bwaratwaye asaga miliyoni 980 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Simpunga Ernest warwaye umutima ku myaka 14, yamenye ko ari wo arwaye ku myaka 16 agiye kwa muganga, bakomeza kumuha imiti yo kumworohereza ariko nyuma y’imyaka ine nibwo habonetse abaganga b’inzobere baramubaga, amara ibyumweru bibiri mu bitaro ahita akira.
Madame Jeannette Kagame avuga ko umuryango AVEGA-Agahozo w’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wabereye Abanyarwanda ishuri ry’ubudaheranwa kubera uko abanyamuryango bawo bikuye mu bibazo bikomeye, ubu bakaba babayeho nk’abandi.
Ba rwiyemezamirimo 14 bahawe isoko na kompanyi ya CCID rya miliyari imwe na miliyoni 400 z’Amafaraga y’u Rwanda, ryo gutegura ibiti by’imbuto ziribwa miliyoni zirindwi, none amasezerano yarangiye nta n’igiceri bahawe mu gihe imbuto zasaziye mu buhombekero.
Abaturage bo mu Mirenge ya Kigarama na Gikondo mu Karere ka Kicukiro bahangayikishijwe n’abajura biba insinga z’amashanyarazi, aho baherutse kwiba izo ku muhanda Nyanza-Rebero-Miduha, none batewe impungenge n’ikizima gihari.
Mu Karere ka Kamonyi Abasukuti n’Abagide bafatanyije n’abaturage baho biganjemo urubyiruko, bateye ibiti 2000 birimo ibiribwa n’ibivangwa n’imyaka mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije.
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu, CP John Bosco Kabera, asaba Abanyarwanda bakunda gutega moto kwirinda ubwira buterwa no gukererwa muri gahunda zabo, bagategeka umumotari kwihuta cyane kuko bishobora guteza impanuka.
Umwe mu myanzuro yavuye mu biganiro byahuje intumwa z’u Rwanda n’iza Uganda byabereye i Kigali ku wa gatanu tariki 14 Gashyantare 2020, ni uko buri gihugu kirekura abenegihugu b’ikindi cyaba gifunze bitarenze ibyumweru bitatu.
U Rwanda ruvuga ko amasezerano ya Luanda yo kugarura umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi atubahirijwe, cyane ko hakiri Abanyarwanda benshi bagifungiye muri Uganda, icyo gihugu kigasabwa guhita kibarekura.
Minisiteri y’Ibidukikije itangaza ko igihe cyahawe abacuruza, abakora, n’abatumiza ibikoresho bya pulasitiki ngo babe babihagaritse cyarangiye, bityo ko abatarabireka bagiye gutangira kubihanirwa nk’uko itegeko nimero 17/2019 ryo ku wa 10 Kanama 2019 ribiteganya.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB), Dr Irénée Ndayambaje, avuga ko ibijyanye n’uburyo bwo gushyira abarimu mu myanya barimo kureba uko byakemuka burundu.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Mukunguri kiri hagati y’Akarere ka Kamonyi n’aka Ruhango, bibumbiye muri koperative COPRORIZ, barataka igihombo baterwa n’iteme ryacitse, bigatuma abo ku ruhande rwa Ruhango bibagora kugeza umusaruro kuri koperative.
Abashakashatsi bavuga ko indwara yiswe ‘Text neck syndrome’ cyangwa ‘Syndrome du Cou Texto’, ifata uruti rw’umugongo kubera guheta igikanu amasaha menshi umuntu areba kuri telefone, ihangayikishije muri iki gihe ikoranabuhanga ryifashishwa cyane.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiti n’ibiribwa (Rwanda Food and Drugs Authority -Rwanda FDA), cyagaragaje urutonde ruriho ibicuruzwa 1,534, ahanini bijya mu mubiri w’umuntu, mu kanwa ndetse n’ibyo kwisiga, gishyiraho n’amafaranga yo kwandikisha buri bwoko bw’igicuruzwa, ndetse kikaba cyaranashyizeho itariki ntarengwa ya 31 (…)
Abahanga mu myigire y’abana bahamya ko kubakundisha umuco wo gusoma bakiri bato bituma badata umwanya wabo barangarira mu bidafite akamaro, ahubwo bakiyungura ubwenge.
Mu bitaro bya gisirikare bya Kanombe hubatswe ikigo cy’icyitegererezo kivura kanseri (RCC), kikaba cyatashywe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa kabiri tariki 4 Gashyantare 2020.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Fidèle Ndayisaba, ntiyemeranya n’abavuga ko Inkotanyi zateye u Rwanda, ahubwo ngo zararurwaniriye kuko zaruzanyemo amahoro.
Umuryango Imbuto Foaundation ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), bagiye gushyiraho ingo mbonezamikurire ibihumbi bitanu zizafasha abana bato gukura neza.
Ambasaderi mushya w’u Buyapani mu Rwanda, Masahiro Imai, aremeza ko igihugu cye kigiye kongera ishoramari mu Rwanda kubera ko umubano hagati y’ibihugu byombi wifashe neza.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruvuga ko 10% by’ingengo y’imari yarwo ijya mu bikorwa remezo hagamijwe ko abari muri gereza babaho neza.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko mu Rwanda kuva muri 2015 yakajije ingamba zo kurwanya malariya kuko yari yabaye nyinshi bituma abo ihitana bagabanukaho 60%.
Ikigo kizwi kuva kera nko kwa Gisimba giherereye mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, gifite abana bacyirirwamo buri munsi ariko bagataha mu miryango yabo, bagahamya ko bibarinda ubuzererezi kuko bafashwa muri byinshi.
Dr James Vuningoma uherutse kwitaba Imana yasezeweho bwa nyuma kuri uyu wa gatandatu tariki 25 Mutarama 2020.
Banki ya Kigali (BK) imaze gutanga sheki ya miliyoni 200 z’amafanga y’u Rwanda azagura telefoni ibihumbi bibiri , nk’uruhare rwayo muri gahunda izwi nka ‘Connect Rwanda’ .
Umuhanzi Nyarwanda Turatsinze Prosper, uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Mico The Best, yahagurukiye kurwanya indwara y’igituntu kuko ngo yasanze hari abantu batayifiteho amakuru.
Mushimiyimana Laetitia wize siyansi mu mashuri yisumbuye, ntiyahisemo kubikomeza ahubwo yahise ajya kwiga umwuga wo gusudira n’ibindi bigendanye, akavuga ko yizeye akazi nta gushidikanya.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irasaba Abanyarwanda bakora ingendo zijya mu Bushinwa kwirinda kujya mu Mujyi wa Wuhan, kuko hateye indwara yandura kandi yica vuba yitwa ‘Novel Coronavirus’.
Minisitiri w’Ubutabera w’igihugu cya Norvège, Jøran Kallymr uri mu ruzinduko mu Rwanda, avuga ko yababajwe n’ibyabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko anashima iterambere rugezeho.