Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien, agaragaza ko umutekano n’iterambere by’umuryango bidashobora kugerwaho mu buryo busesuye, umugore atabigizemo uruhare.
Amafaraga y’u Rwanda asaga Miliyari imwe, agiye gushorwa mu bikorwa bizatuma abahinzi b’ibirayi, imboga n’imbuto barushaho kuzamura imyumvire mu birebana no kwita ku buhinzi bw’ibyo bihingwa, no kubukora mu buryo bubungabunga ibidukikije bityo n’umusaruro ndetse n’ireme ryawo birusheho kwiyongera.
Ubutaka buri ku buso bwa Ha 12 bwo ku gice cyegereye igishanga cy’Urugezi mu Kagari ka Rwambogo, Umurenge wa Gatebe, mu gutangiza igihembwe cy’ihinga 2024 B, bwateweho igihingwa cy’ingano, maze abaturage bashishikarizwa kurushaho gushyira imbaraga mu kwirinda ibikorwa byose byatuma cyangirika, kugira ngo umusaruro uzarusheho (…)
Abarezi n’abanyeshuri bo mu bigo by’amashuri byo mu Karere ka Burera, bakomeje kuba mu ihurizo ryo kunoza isuku na gahunda yo gufatira ifunguro rya saa sita ku ishuri, bitewe no kutabona amazi meza mu buryo bworoshye.
Abanyamuryango 130 ba Koperative Ubumwe n’Imbaraga, bakorera ubucuruzi bw’ibihangano by’indirimbo na film by’abahanzi mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zaho barashinja bamwe mu bahoze bayobora iyi Koperative, kunyereza Miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda, kugeza ubu bakaba bakomeje kuba mu gihirahiro bibaza iterambere (…)
Abaturage bo muri imwe mu Mirenge yo mu Karere ka Nyabihu bahangayikishijwe n’abajura bakomeje kwigabiza amashyamba yabo bagakokora amababi y’ibiti bakayagurisha abashoramari bashinze inganda ziyakamuramo umushongi w’amavuta bivugwa ko yaba yifashishwa mu buvuzi.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Musanze, basanga ubumenyi mu ikoranabuhanga bungutse, hari urwego bugiye kubagezaho mu kurushaho guhanga udushya no kunoza umurimo.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera, ruvuga ko nta nyungu na nke rwigeze rukura mu bikorwa rwishoragamo bya magendu, no kwambukiranya imipaka mu buryo butemewe n’amategeko, kuko inshuro zose bagiye babigerageza batasibaga gufungwa bya hato na hato, ndetse bakanamburwa ibyo babaga binjije mu gihugu, bakisanga batagifite na (…)
Urubyiruko rwibumbiye muri Koperative yitwa ‘Imboni z’Impinduka’, rwo mu Murenge wa Kagogo Akarere ka Burera, Polisi ndetse n’Ingabo by’u Rwanda barushyikirije Miliyoni eshanu z’Amafaranga y’u Rwanda, yo kurwunganira mu kwagura ibikorwa by’umushinga warwo, kugira ngo urusheho kubabyarira inyungu binatume barushaho kuba (…)
Umusore witwa Manirarora Faustin wo mu Karere ka Gakenke, yafatiwe mu cyuho arimo asambanya umwana ahita atabwa muri yombi.
Polisi ifatanyije n’Ingabo z’u Rwanda batangiye kubaka Ingo Mbonezamikurire z’abana bato mu Turere tumwe na tumwe tw’Igihugu, bituma abaturage bakomoza ku rugendo rw’iterambere ry’imibereho myiza bakesha izi nzego, kimwe n’izindi zishinzwe umutekano bifatanya muri iyi myaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye.
Abatuye hafi y’umugezi wa Kinoni mu Karere ka Nyabihu, bahangayikishijwe n’amazi yawo akomeje kwangiza ubutaka bwo ku nkengero zawo, bigatuma asatira inzu zabo n’umuhanda wa kaburimbo Musanze-Rubavu, hakaba hari impungenge z’uko nta gikozwe mu maguru mashya ngo ashakirwe inzira anyuramo, bazisanga hasigaye amatongo ndetse (…)
Umugabo witwa Munyaziboneye wo mu Kagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, yahiriye mu nzu yabagamo bimuviramo gupfa.
Nkubana Jean Bosco uri mu bakekwaho kugira uruhare mu kwica umusore witwa Nshimiyimana Daniel bakamuta mu bwiherero yatawe muri yombi. Nkubana Jean Bosco w’imyaka 37 y’amavuko, akaba akomoka mu Murenge wa Shyorongi, Akagari ka Bugaragara, Umudugudu wa Rwintare, yafatiwe mu Mudugudu wa Rukurazo, Akagari ka Kigarama mu (…)
Mu gihe imibare y’inzego zikurikiranira hafi iterambere ry’ubuzima mu Rwanda igaragaza ko hari intambwe igenda iterwa mu kugabanuka kw’umubare w’abagore bapfa babyara, kuri ubu hagaragara ubwiyongere bw’umubare w’abagore bapfa bazize ingaruka zikomoka ku kubyara babazwe.
Ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Ruhengeri buvuga ko imirimo yo kubaka ibi bitaro mu buryo bugezweho iri hafi gutangira, bikazashyira iherezo ku ngaruka zaturukaga kuri serivisi zitanoze kubera inyubako zishaje zabyo, ibikoresho bidahagije ndetse n’ubuke bw’abaganga.
Abantu batatu batawe muri yombi bakekwaho kwica umusore witwa Nshimiyimana Daniel bakamujugunya mu bwiherero, hakaba harimo gukorwa iperereza ku rupfu rwe, nyuma yo umurambo we muri ubwobwiherero.
Umuhanda wa kaburimbo Musanze-Gakenke wagwiriwe n’inkangu yatewe n’imvura yaguye ari nyinshi, mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, ariko hahita hakorwa ubuitabazi ku buryo ubu utangiye kugendwa.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke rusoje amasomo y’ikoranabuhanga y’igihe gito, bahawe impamyabushobozi biyemeza kubakira ku bumenyi bungutse bagateza imbere ikoranabuhanga cyane cyane mu bice by’icyaro, mu rwego rwo kurinda abaturage baho gusiragira bajya kure gushaka serivisi zijyanye naryo.
Bamwe mu bagore batwite, abafite abana bari munsi y’amezi atanu hamwe n’abana bafite hagati y’amezi 6 na 23, bagaragaza ibimenyetso biganisha ku kugarizwa n’imirire mibi bo mu Karere ka Musanze, barimo guhabwa ifu ya Shisha Kibondo.
Karamaga Thadée, avuga ko indangagaciro y’ubumuntu no kwitangira abandi, ziri mu bikenewe nk’impamba yafasha urubyiruko mu rugendo rurimo rwo gusigasira ibyo Igihugu cyagezeho, mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.
Abari mu gikorwa cyo gucukura ahagomba kunyuzwa umuyoboro wa Internet babonye umubiri bikekwa ko ari uw’umuntu wazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abagize Koperative yitwa ‘Ayera Dairy’ ikusanya Umukamo w’amata mu borozi bo mu Murenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, bavuga ko iterambere ryabo rikomeje kudindizwa n’umwenda w’amafaranga bamaze igihe bishyuza uruganda rwa Burera Dairy, ariko rukaba rutayabishyura; bakifuza ko rwabakura mu gihirahiro rukayabishyura (…)
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yakomoje ku kuntu Abatutsi bagiye bavutswa uburenganzira mu nzego harimo n’Uburezi kugeza n’aho ubutegetsi bwariho mbere ya Jenoside, muri politiki y’imitegekere yabwo, yari ishishikajwe no kuvana Abatutsi mu mashuri ikimiriza imbere (…)
Umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka 28, abaturage bawusanze umanitse mu giti, bakeka ko yaba yiyahuye.
Banki ya Kigali yamurikiye abakiriya bayo inyubako y’Ishami rya Musanze, yavuguruwe mu buryo bujyanye n’igihe, ikaba yitezweho kurushaho kunoza serivisi iha abayigana.
Mu gihe mu mujyi wa Musanze hakomeje kugaragara umubare utari muto w’ibibanza, bimaze imyaka myinshi hategerejwe ko ba nyirabyo babyubaka ariko ntibabikore, harimo gutekerezwa uko byatunganywa bigaterwamo ubusitani ahashoboka hakagirwa Parikingi.
Bamwe mu bana bahoze mu buzererezi bo mu Karere ka Musanze, bakabukurwamo n’abagize Urwego rwunganira Akarere ka Musanze mu gucunga Umutekano (DASSO) bagasubizwa mu ishuri, bavuga ko byabafunguriye icyizere cyo kuzakabya inzozi nziza bifitemo.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera bifuza ko abatubura imbuto y’ibirayi kinyamwuga biyongera, kugira ngo ingano yazo yiyongere, biborohere kuyibonera hafi kandi badahenzwe.
Mu kwizihiza Umunsi w’Intwari, abaturage bo mu Karere ka Gakenke bagaragaje ko ibikorwa by’indashyikirwa bakomeje kwegerezwa, byashowemo za Miliyari z’Amafaranga y’u Rwanda, batari kubigeraho iyo Intwari zititangira Igihugu.