Mu muhango wo gutaha ku mugaragaro inyubako y’ibiro nshya by’Akarere ka Burera, yuzuye itwaye Miliyari 2 na Miliyoni 996, abaturage bagaragaje ko babyitezeho imitangire ya serivisi itabasiragiza kuko noneho yo ijyanye n’igihe ndetse ikaba inagutse.
Abasore n’inkumi bitabiriye irushanwa ry’isiganwa ry’abatwara abagenzi ku magare rizwi nka “Visit Musanze Tournament 2024” bo mu Karere ka Musanze, bahize abandi bashyikirijwe ibihembo, biyemeza kurangwa n’imyitwarire ibahesha agaciro, bagakuraho urujijo ku bafata umwuga wabo nk’akazi kadafite icyo kamaze.
Umusore witwa Dufitumugisha Desiré, bamusanze hafi y’igisimu cyahoze gicukurwamo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti yamaze gushiramo umwuka.
Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga basanga hari imbogamizi zikomeye zituruka ku kuba ururimi rw’amarenga rutaremerwa gukoreshwa mu Rwanda ku rwego rumwe n’izindi ndimi zemewe, kuko hari serivisi nyinshi n’uburenganzira batabona mu buryo bwuzuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buratangaza ko guhera ku wa Kane tariki 13 Kamena 2024, buzaba buri gukorera mu nyubako nshya yubatswe mu buryo bujyanye n’igihe, iheruka kuzura mu Kagari ka Kabona mu Murenge wa Rusarabuye.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, avuga ko abagihisha amakuru y’ahari imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro y’Abatutsi bazize Jenoside, ari abo kunengwa kuko babangamira inzira y’Ubumwe, Kwiyubaka n’Ubudaheranwa abanyarwanda bahisemo.
Ubuyobozi bwa IBUKA mu Karere ka Musanze, burakangurira abaturage kugendera kure ingengabitekerezo ya Jenoside, no gukumira abagifite imyitwarire iganisha ku gusubiza inyuma ibyo abanyarwanda bagezeho, mu rugendo bamazemo imyaka isaga 30, rwo kubaka igihugu.
Banki ya Kigali (BK) na VIEBEG Medical Ltd, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye, agamije kongerera ubushobozi ibigo byigenga by’ubuvuzi no kubyorohereza mu buryo bwo kujya bibona ibikoresho nkenerwa muri serivisi bitanga, mu rwego rwo kurushaho kuzamura serivisi z’ubuzima mu Rwanda.
Urubyiruko rwari rumaze amezi atandatu rukarishya ubumenyi mu bijyanye n’Ubutetsi ku rwego rw’amahoteli(Food and Beverage Operations), rwo mu Karere ka Musanze, kuwa gatatu tariki5 Kamena 2024, rwasoje ayo masomo rwihaye intego yo guhindura ibitagenda neza, binyuze mu kwimakaza imitangire ya serivisi inoze.
Imirimo yo kubaka Isoko rya kijyambere ry’ibiribwa rya Musanze, riherereye mu mujyi wa Musanze iri kugana ku musozo aho igeze ku kigero kiri hejuru ya 96% ishyirwa mu bikorwa, ndetse imyiteguro yo gutangira kurikoreramo igeze kure.
Umusore witwa Habanabakize Etienne wo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, aravugwaho kunigwa n’inyama ikamuheza umwuka, bimuviramo gupfa.
Abatuye mu Kagari ka Mpenge mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze, basanga umuntu wese wirengagiza ubugome, ubukana n’ingaruka Jenoside yakorewe Abatutsi yagize ku muryango Nyarwanda, ari uwo kugawa, kandi ko bagomba gukora ibishoboka bakamukumira ngo hato igihugu kitazongera kwisanga mu icuraburindi ry’amateka mabi (…)
Nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Musanze, bagasobanurirwa amateka y’uburyo Jenoside yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, Abagize Ihuriro ry’Inganda zitunganya Umuceri bo mu Rwanda bahagarariye abandi, batangaje ko bahakuye isomo ryo kurushaho gushyigikira ubumwe bw’Abanyarwanda birinda amacakubiri, (…)
Ibicuruzwa bibarirwa mu gaciro ka Miliyoni zirindwi z’amafaranga y’u Rwanda utabariyemo inyubako ubwayo, ni byo byangijwe n’inkongi y’umuriro iheruka kwibasira ububiko bw’ibicuruzwa bwa Magerwa, buherereye ku mupaka wa Cyanika mu Karere ka Burera.
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, bavuga ko baburaga amahitamo y’icyo bakwiye gukora mu kwita ku bana babo kubera ubumenyi bucye n’amikoro adahagije, bikabaviramo kugira imirire mibi n’igwingira.
Inkongi y’umuriro yibasiye Ububiko bw’Ibicuruzwa bwa Magerwa, buherereye mu Murenge Cyanika mu Karere ka Burera, ibicuruzwa byarimo birashya birakongoka.
Umurenge wa Gashenyi waje ku isonga ku rwego rw’Igihugu mu kwitwara neza mu bikorwa by’Umuganda ngarukakwezi by’umwaka wa 2023-2024, biwuhesha igihembo cy’amafaranga angana na Miliyoni ebyiri y’u Rwanda.
Urubyiruko rwiga mu Ishuri Rikuru rya INES-Ruhengeri rwiganjemo abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ruvuga ko rugiye gushyira imbaraga mu kugaragaza umusanzu ufatika mu guhangana n’abagifite imvugo zibiba urwango, kuko ntaho byageza abanyarwanda mu rugendo barimo rwo kubaka u Rwanda rwifuzwa.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bikuru bya Ruhengeri, buvuga ko mu bantu umunani biheruka kwakira nyuma yo gukomeretswa n’Imbogo zatorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu cyumweru gishize, barindwi muri bo bagiye basezererwa mu bihe bitandukanye basubira iwabo mu ngo, mu gihe undi umwe ari we ukirimo kuvurirwa muri ibi bitaro.
Abagize Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Musanze (PSF), bafatanyinye na IBUKA, bari kunoza umushinga w’Ikoranabuhanga rizafasha kurushaho kubungabunga amateka y’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rw’Akarere ka Musanze, bityo n’abazabaho mu myaka y’ahazaza bazarusheho kumenya amateka nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Colonel Uwimana Alphonse wabashije gutoroka inyeshyamba z’umutwe witwaje intwaro wa CNRD/FLN urwanya Leta y’u Rwanda, ubarizwa mu mashyamba yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yishimira ko nyuma y’urugendo rw’ibirometero bisaga 600 yakoze aturutse muri ayo mashyamba, yageze mu Rwanda akakiranwa ubwuzu, ahabwa (…)
Abakozi b’Ibitaro bya Gatonde biherereye mu Karere ka Gakenke banenga abaganga n’abandi bose bakoraga mu rwego rw’ubuvuzi batatiriye inshingano zabo zo kwita ku barwayi, bagashyira imbere ugushyigikira umugambi wo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 no kuwushyira mu bikorwa. Basanga ubu ari ubugwari no (…)
Umuganda rusange usoza ukwazi kwa Mata 2024 mu Turere tugize Intara y’Amajyaruguru, wibanze ku gusana ibikorwa remezo birimo n’imihanda, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Musabyimana Jean Claude, hamwe n’abandi bayobozi mu nzego zinyuranye zirimo n’izishinzwe umutekano, bakaba bifatanyije n’abaturage muri icyo gikorwa.
Abaturage biganjemo abo mu Murenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke bahawe akazi, mu mirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kagano, kuri ubu ibyishimo ni byose ko bikomeje kubafasha kwikura mu bukene.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo gikora ubusesenguzi kuri gahunda na Politiki za Leta IPAR-Rwanda, bugaragaza ko mu Karere ka Musanze hagikenewe kongerwa ibikorwa remezo byoroshya urujya n’uruza rw’abaturage, kugira ngo biborohere kugendana n’ingamba z’icyerekezo cy’iterambere cya 2050.
Abaturage bo mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, hangayikishijwe n’amabandi amaze iminsi yigabiza amashyamba yabo, agatemamo ibiti akajya kubigurisha, bo bagasigara mu bihombo.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke bavuga ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro babufata nk’akazi k’ibanze baboneramo amafaranga menshi ugereranyije n’indi mirimo, ibi bikaba bibafasha kwikemurira ibibazo by’imibereho mibi n’ubukene bahozemo, bakiteza imbere.
Rugamba Focas uyobora Umudugudu wa Rubaya, wari hamwe n’umunyerondo witwa Habyarimana Félix akaba anashinzwe umutekano mu Mudugudu ndetse na SEDO w’Akagari ka Kabuga, mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo; ubwo bari mu nzira bajya gukemura ikibazo cy’umuturage wari ubatabaje ko yakubiswe, bahuriyemo n’insoresore (…)
Inzu 1595 mu Karere ka Musanze ni zo zabaruwe ko zikeneye gusanwa harimo n’izigomba kubakwa bundi bushya, bikaba byafasha abatishoboye kubona aho buba.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bafite ababo bajugunywe mu mugezi wa Mukungwa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bashengurwa n’uko hari amazina atigeze yandikwa ku Rukuta Ndangamateka y’Abatutsi bajugunywe muri uwo mugezi, nyamara ayo mazina azwi.