Ku nkengero z’Ikiyaga cya Ruhondo, hagiye kubakwa umujyi uzatwara miliyari zisaga 400 z’amafaranga y’u Rwanda, umushinga uri kunonosorwa hagamijwe kurushaho kwagura ubukerarugendo bukorerwa kuri iki kiyaga no kubuteza imbere.
Abakora Irondo ry’Umwuga bo mu Kagari ka Mpenge, mu Murenge wa Muhoza Akarere ka Musanze, bahawe ibikoresho bagiye kujya bifashisha mu kazi kabo ka buri munsi, aho bemeza ko bizaborohereza mu gukumira ibikorwa bihungabanya umudendezo w’abaturage.
Bamwe mu bagore bo mu Mirenge ya Kinigi na Nyange, bavuga ko bagiye gushyira imbaraga mu kuvugurura uturima tw’igikoni mu buryo tuba utwihagije mu bwoko bw’imboga zinyuranye bityo babashe guhangana n’ibibazo by’imirire mibi.
Imiryango yari yarabuze uko yiyubakira inzu zo kubamo bitewe no kutabona itaka ryo kubumbamo amatafari n’iryo guhomesha, yatangiye kurishyikirizwa, ibona ubwiruhutsa ingaruka zo kubaho isembera mu baturanyi no kunyagirirwa mu birangarizwa.
Abagore baturiye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ku ruhande rw’Imirenge ya Kinigi na Nyange mu Karere ka Musanze, bavuga ko igihe kigeze ngo na bo bagaragaze uruhare rwabo rufatika mu gukumira ibikorwa byangiza ibidukikije, kugira ngo Pariki igire ubuhumekero buhagije nk’imwe mu mpamvu yagabanya ingaruka z’imihindagurikire (…)
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yibukije Intore z’Indangamirwa ko ubutore nyabwo, bushingiye ku kuba intangarugero mu myitwarire n’ibikorwa, kuko biri mu by’ingenzi bigeza bigeza igihugu kuri byinshi byifuzwa.
Inkongi y’umuriro yatewe n’iturika rya Gaz, yibasiye inzu iherereye mu Mudugudu wa Nyarukurazo Akagari ka Kamatama mu Murenge wa Jabana Akarere ka Gasabo, umuntu umwe akomereka bikomeye, n’ibyarimo birashya.
Hirya no hino mu Turere, mu gihe hari imihanda bigarara ko ifatiye runini abaturage ndetse igahoramo urujya n’uruza rw’abanyamaguru n’abatwara ibinyabiziga, bakomeje kwinubira ko iyangirika ryayo, usibye kubacyereza mu bikorwa byabo birimo mihahiranire n’imigenderanire, bikomeje no kubadindiza mu iterambere.
Mu Karere ka Musanze abanyamabanga nshingabikorwa b’Imirenge yako, bahinduriwe iyo bayoboraga, bimurirwa mu yindi ariko n’ubundi y’aka Karere.
Abana b’abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye, bo muri imwe mu Mirenge igize Akarere ka Musanze, barimo kongererwa ubumenyi mu gukora za Robot zikoranywe ikoranabuhanga, zishobora kwifashishwa mu mirimo itandukanye.
Abafite aho bahuriye n’iterambere ry’ubworozi mu Rwanda, bakangurirwa gukumira ba rushimusi b’amafi no kubafasha mu bituma barushaho kuzamura imyumvire yo gukora uburobyi b’umwuga, kugira ngo bifashe mu kongera umusaruro w’amafi n’isambaza byo mu biyaga, imigezi n’ibyuzi.
Abishora mu bikorwa byo gutunda, gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge mu Karere ka Burera, ubuyobozi n’inzego z’umutekano bubagaragaza nk’inzitizi ku iterambere ryihuse ry’imiryango, bukaburira abakibirimo ko hari ibyaha byinshi bihanwa n’amategeko bibishamikiraho bagasabwa kwitandukanya na byo, bakayoboka indi mirimo.
Abambutsa abantu n’ibicuruzwa bya magendu banyuze mu nzira za panya ku ruhande rw’Akarere ka Burera bazwi ku izina ry’Abafozi, basabwa gucika kuri iyo ngeso, ahubwo bakayoboka indi mirimo yemewe, mu kwirinda gukomeza gutiza umurindi ikibazo cy’icuruzwa ry’abantu.
Mu gihe imirimo yo kubaka umuhanda wa kaburimbo Base-Butaro-Kidaho ikomeje, abaturage bo mu Karere ka Burera n’abakagenderera, bari bamaze imyaka myinshi banyotewe no kugira umuhanda uri kuri uru rwego, ngo ubu icyizere ni cyose cyo kuba mu gihe kidatinze uzaba wamaze kuzura, bakoroherwa n’ubuhahirane.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera, bavuga ko biteguye kongera imbaraga zose zishoboka, mu gushyira mu bikorwa ibikubiye muri Manifesto y’uyu Muryango, muri iyi manda y’imyaka itanu iri imbere Perezida Paul Kagame aherutse gutorerwa kongera kuyobora Igihugu.
Aborozi b’amatungo bo mu Karere ka Burera, bavuga ko bakomeje kugorwa no kubona ibiryo by’amatungo, kubera ko nta nganda zihagije zihaba zibitunganya.
Imiryango 48 yo mu Karere ka Musanze ifite abana bafite ubumuga bukomatanyije, igiye kujya yunganirwa mu bikorwa bituma imibereho y’abo bana igendera ku muvuduko uri ku rwego rumwe n’urwo abandi bariho.
Abaturage bo mu Karere ka Burera, bavuga ko bagenda barushaho kwitabira ubworozi bw’amatungo magufi no kwibanda ku kurya amafunguro arimo ibiyakomokaho nk’amagi, indagara, inyama n’ibindi, mu rwego rwo guhashya imirire mibi n’igwingira byari byugarije imiryango yabo.
Abanyeshuri n’abarimu bo muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami ryigisha Ubuhinzi, Ubworozi n’Ubuvuzi bw’amatungo UR-CAVM bafatanyije n’abo muri Kaminuza ya Alabama Agriculture and Mechanical University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bamaze iminsi mu bushakashatsi bugamije gukumira ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira, (…)
Imirambo y’abantu bane mu baheruka kugwirwa n’ikirombe giherereye mu Mudugudu wa Kamatongo mu Kagari ka Budakiranya mu Murenge wa Cyinzuzi Umurenge wa Cyinzuzi mu Karere ka Rulindo, yakuwemo ihita ijyanwa mu Bitaro bya Rutongo, gukorerwa isuzumwa.
Ikirombe cyaridukiye abantu umunani bagicukuragamo amabuye y’agaciro, kugeza ubu abagera kuri batatu biracyekwa ko bahise bagipfiramo, mu bo cyagwiriye hakaba hari n’abakirimo gushikishwa irengero ryabo kuko bitazwi niba bakiri bazima cyangwa bapfuye.
Abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyaruguru, bari kwigishwa uko ishoramari bakora, baribyazamo imishinga igamije kurengera ibidukikije hagamijwe kugabanya ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, nk’ikibazo gikomeje guhangayikisha isi.
Mu mirenge itandukanye y’igice cy’Umujyi wa Musanze, hari gutunganywa site zishyirwamo imihanda mishya y’ibitaka, mu rwego rwo kunoza imiturire, kandi uretse n’ibi, abafite ubutaka hafi y’aho ziri gutunganywa, bishimira ko ubutaka bwabo bugiye kurushaho kugira agaciro, ndetse imigenderanire hagati yabo ikarushaho kunoga.
Umusore witwa Nahimana Eric yapfuye nyuma yo kumara icupa ry’inzoga y’urwagwa mugenzi we yari yamutegeye, ubwo bari mu kabari bishyira abaturage mu rujijo.
Abaturage bo mu Murenge wa Mulinga mu Karere ka Nyabihu, bamurikiwe ikiraro cy’abanyamaguru cyo mu kirere, bituma biruhutsa ingorane zo kutanoza imihahirane bitewe n’amazi cyane cyane yo mu gihe cy’imvura y’umuhindo cyangwa iyo mu gihe cy’itumba, yuzuraga ntibabone aho banyura, hakaba ubwo anabateje impanuka zo kuyaburiramo (…)
Kimwe n’ahandi mu Gihugu, abaturage bo mu Karere ka Musanze bazindukiye mu gikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’abagize Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze biganjemo abo mu Mirenge ikora kuri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, bagiye borozwa amatungo magufi muri gahunda ya ‘Intama ya Mituweli’, bavuga ko bikomeje kubafasha gutangira ubwisungane mu kwivuza ku gihe, ku buryo ubu batakirembera mu ngo.
Mu gikorwa cyo kwamamaza Paul Kagame, umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Mureshyankwano Marie Rose yafashe umwanya wo kuvuga ibigwi bye yagaragaje ko ibikorwa bye by’indashyikirwa bitivugira mu Rwanda gusa ahubwo byamaze kugera ku rwego rw’Isi aho amaze kubihererwa ibihembo byinshi mpuzamahanga.
Abaturage biganjemo abo mu Mirenge ya Cyanika, Kagogo n’indi byegeranye yo mu Karere ka Burera ikora ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, basabwa kugira amakenga no kwirinda ababashora mu kunyura inzira zitemewe zizwi nka ‘Panya’ babizeza akazi n’ibindi bikorwa bibyara amafaranga yihuse, kuko ahanini bibakururira gushorwa mu (…)
Mu rugendo rw’Imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye, ugendeye ku bikorwa bikubiye mu nkingi zirimo iy’Ubukungu, Imibereho myiza n’Imiyoborere, ni byinshi abaturage bo mu Turere tugize Intara y’Amajyaruguru bemeza ko byahinduye imibereho yaho, ku buryo kuri bamwe iyo uganiriye, bakubwira ko iyo basubije amaso inyuma (…)