Nyuma y’aho bigaragariye ko Umurenge wa Gataraga uri inyuma y’indi Mirenge igize Akarere ka Musanze mu kwitabira Ingo Mbonezamikurire y’Abana bato, abaturage bo muri uyu Murenge ubarizwa mu Karere ka Musanze, bavuga ko igihe kigeze bakitandukanya n’imyumvire yatumaga batazijyanamo abana babo, mu kwirinda gukomeza kubavutsa (…)
Abaturage bubatse Ubwiherero rusange buzajya bwifashishwa n’abagana ibiro by’Umurenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze ndetse na santere y’Ubucuruzi byegeranye, barataka ubukene nyuma y’uko rwiyemezamirmo wabakoreshaga, ngo yaba yarabasinyishije inyandiko zigaragza ko bahembwe, nyamara bitarakozwe; ibintu baheraho bamushinja (…)
Mu myaka 20 ishize u Rwanda rugaragara mu ruhando rw’ibihugu bigira uruhare mu butumwa bwo kugarura amahoro ku Isi no kuyabungabunga. Umwihariko w’ibikorwa biranga abarimo Ingabo ndetse na Polisi by’u Rwanda boherezwayo, biri mu bikomeje kugaragazwa nk’inkingi ikomeye mu gutuma ahenshi mu hakorerwa ubwo butumwa bwo (…)
Umugabo witwa Ndahayo Casmir, wari Umuyobozi ushinzwe Umutekano mu Mudugudu wa Gashangiro, Akagari ka Kabeza mu Murenge wa Cyuve, Akarere ka Musanze, bamusanze yapfuye bikekwa ko yakubiswe inkoni kugeza ashizemo umwuka.
Abatuye mu Murenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke, bibaza impamvu inyubako yagombaga gukorerwamo n’icyahoze ari Akarere ka Bugarura irinze isaza nta kintu na kimwe kiyikorewemo nyamara yarashowemo amafaranga menshi mu kuyubaka.
Mu Karere ka Musanze hatangiye kubakwa uruganda rugiye kujya rukora ibyuma mu mabuye y’Ubutare, rukaba rwitezweho kugabanya ingano y’ibyatumizwaga hanze y’u Rwanda n’akayabo k’amafaranga byatwaraga.
Umuyobozi w’Ikigo cy’amashuri yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho icyaha cyo gufata ku ngufu umuhungu w’imyaka 19.
Imiryango 1000 yo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, yatangiye gutera ibiti by’imbuto za Avoka mu ngo zayo, bikaba byitezweho ko mu myaka ibiri iri imbere, bizaba byatangiye gusarurwaho imbuto za avoka zeze neza, iyo miryango ikabasha kwihaza mu biribwa igakumira imirire mibi kandi igasagurira n’amasoko.
Imihigo Akarere ka Musanze kahize gushyira mu bikorwa muri uyu mwaka w’Ingengo y’Imari wa 2024-2025 uko ari 112, ubuyobozi bwako hamwe n’inzego zishinzwe umutekano, bwayimurikiye abaturage, buboneraho gukebura abishoraga mu bikorwa birimo nk’ubusinzi n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kwitandukanya nabyo, kuko bikurura (…)
Abakoresha umuhanda wa Kaburimbo Kigali - Musanze, batanga impuruza z’umusozi uyu muhanda wubatseho, mu gace kazwi nko kuri ‘Buranga’, ukomeje kwangirika mu buryo bukomeye kandi busatira cyane uwo muhanda, ku buryo haramutse nta gikozwe mu maguru mashya ngo hasanwe, uwo muhanda ushobora kuzaridukira mu manga, ubuhahirane (…)
Abaturage bo Murenge wa Muko Akarere ka Musanze bafite impungenge z’icuraburindi bakomeje kubamo, ndetse ngo icyizere cyo gucana umuriro w’amashanyarazi gikomeje kuba gike, cyane ko n’amapoto yashinzwe, arinze amara imyaka isaga ibiri atarashyirwamo insinga z’amashanyarazi zakabaye ziborohereza kubona umuriro.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari two mu Karere ka Gakenke bashyikirijwe Moto nshya, zitezweho kuborohereza mu kazi kabo ka buri munsi aho bemeza ko nta rundi rwitwazo bagifite rutuma badashyira umuturage ku isonga.
Imiryango itishoboye yo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze yakuwe mu byayo n’ibiza bikomoka ku mazi ava mu birunga, irasaba kubakirwa amacumbi yemerewe, igatandukana no gukomeza kugorwa n’imibereho yo gucumbikirwa mu bukode.
Abana babiri biga ku Ishuri Ribanza rya Ngara (EP Ngara) barwaniye mu ishuri umwe bimuviramo gupfa. Abo bana uko ari babiri b’imyaka 12 y’amavuko, bigaga kuri icyo kigo giherereye mu Mudugudu wa Birembo, Akagari ka Ngara mu Murenge wa Bumbogo, mu Karere ka Gasabo.
Abagize itsinda ‘Twite ku buzima’ rihuriwemo n’abigeze kugira uburwayi bwo mu mutwe, bo mu Murenge wa Kinoni mu Karere ka Burera, bavuga ko nyuma yo kwitabwaho, ubu bagaruye icyizere cy’ubuzima, babikesha guhuriza hamwe imbaraga, mu kunoza umushinga wo gukora inkweto.
Musaneza Françoise, kuri ubu ufite imyaka 45 y’amavuko, igice kinini cy’imyaka amaze abonye izuba, yakimaze mu buzima avuga ko bwari buruhije kandi bushaririye, ubwo yari mu babarizwaga mu mutwe w’inyeshyamba wa FDLR.
Abaturage bamaze iminsi bubaka Maternité ku Kigo nderabuzima cya Karwasa giherereye mu Karere ka Musanze, barataka inzara no kunanirwa kubeshaho abo mu miryango yabo, nyuma y’uko bamaze amezi atatu badahembwa amafaranga bakoreye.
Abatembereza ibicuruzwa mu mihanda yo mu mujyi wa Musanze bazwi nk’Abazunguzayi, bavuga ko bari barijejwe guhabwa imyanya yo gucururizamo mu isoko rishya ry’ibiribwa rya Musanze, kugira ngo bave muri ubwo bucuruzi butemewe, none ubu bahangayikishijwe n’uko ntayo bigeze bahabwa, ndetse ubu birasa n’aho batagifite icyizere cyo (…)
Mu marushanwa amaze iminsi abera mu Karere ka Burera ku kwimakaza umuco w’isuku n’isukura ndetse no kurwanya imirire mibi, Umurenge wa Butaro wahize indi, unegukana igihembo cya Moto ndetse n’amafaranga angana na miliyoni imwe yashyikirijwe Akagari ka Rusumo, nk’akahize utundi ku rwego rw’utugize Akarere ka Burera.
Amafaranga angana na Miliyoni 759 y’u Rwanda mu minsi ishize, Ikigo LODA cyari cyagaragaje ko akibitswe kuri kuri Konti z’Uturere tugize Intara y’Amajyaruguru, nyamara yakabaye yarahawe abagenerwabikorwa ba gahunda ya VUP; ibintu bamwe mu bakozi b’iki Kigo bagaragaje ko bitari bikwiye, kuko uko kuyagumishaho ntakoreshwe ibyo (…)
Nyuma y’uko inkongi y’umuriro yibasiye inzu ibarizwamo Bar, Resitora, salle na sitoke bya Hotel Muhabura ikayangiza ndetse n’ibyarimo byose bigakongoka, nyiri iyi Hotel akaba n’Umuyobozi mukuru wayo Rusingizandekwe Gaudence, avuga ko n’ubwo ari igihombo gikomeye, bidashyize iherezo ku mwihariko yari ifite mu gusigasira (…)
Itegeko No 057/2024 ryo ku wa 20/06/2024 rigenga Amakoperative mu Rwanda ryitezweho guca akajagari mu micungire no gusigasira ubukungu bw’amakoperative, cyane ko mu bikubiyemo rigena ko abaziyobora n’abakozi bazo bazajya bamenyekanisha imitungo yabo kandi inakorerwe igenzurwa.
Nyuma y’uko inkongi y’umuriro yibasiye Hoteli Muhabura mu buryo butunguranye ikangiza byinshi birimo na zimwe mu nyubako zayo, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, yabwiye Kigali Today ko bimwe muri byo harimo ibyumba bitanu, Bar, Resitora, Ububiko bwayo n’ibyarimo byahiye birakongoka.
Iyo nkongi y’umuriro yibasiye Hoteli Muhabura mu ma saa yine y’ijoro ryo ku wa mbere Tariki 14 Ukwakira 2024, ngo yaba yahereye ahagenewe gutegurirwa amafunguro nk’uko amakuru agera kuri Kigali Today abivuga.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice, yagaragaje ko iterambere ry’ama Koperative ridashobora kugira aho rigera zitaranzwe n’imikorere ishyize imbere imiyoborere n’imicungire inoze.
Abakorera bimwe mu bigo nderabuzima byo mu Turere two mu Rwanda, bavuga ko bari mu ihurizo ry’uburyo hari ibizamini bafatira abarwayi n’imwe mu miti baha ababigana, babikorera raporo na fagitire zishyuza RSSB, hakaba ibyo itemera kwishyura nyamara ngo biba biri ku rutonde rw’ibiba bigomba kwishyurwa.
Mu Karere ka Nyabihu hatangirijwe ku mugaragaro Ukwezi kwahariwe ibikorwa by’Urubyiruko rw’Abakorerabushake ku rwego rw’Igihugu, aho urwo rubyiruko guhera kuwa gatatu tariki 9 Ukwakira 2024, rwatangiye kwegera abaturage no gufatanya na bo gukora ibikorwa bitandukanye, bibafasha kwigobotora ibibazo byari bibugarije, mu rwego (…)
Ababyeyi ndetse na bamwe mu bana b’abakobwa basambanyijwe bikabaviramo guterwa inda no kubyara imburagihe, harimo abagifite imyumvire yo guhishira ababahohoteye bakanabatera inda banga kwiteranya na bo, iki kibazo kikaba gikomeje kubakururira uruhurirane rw’ingaruka zirimo no kuba hari abavutswa ubutabera.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Musega, Akagari ka Kivugiza umurenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, bari mu gahinda nyuma y’urupfu rw’abantu babiri n’abandi bantu 24 bajyanwe mu bitaro nyuma yo kumererwa nabi biturutse ku muceri bariye bikekwa ko wari uhumanye.
Aborozi b’ingurube bo mu Karere ka Gakenke, basanga uburyo bwo kubegereza intanga z’ingurube hakoreshejwe ikoranabuhanga ry’utudege duto tutagira Abapilote ‘Drone’, hari urwego rufatika bimaze kubagezaho; bigaragarira kuba umubare w’ingurube borora ubu ugenda urushaho kwiyongera ugereranyije na mbere.