Nduwayesu Elie washinze ishuri Wisdom School aravuga ko kubakira ku murimo unoze bituma uwukora ava ku rwego rwo hasi akagera kure kandi heza.
Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda, Hon Harerimana Fatou, aravuga ko bagiye gukora ubuvugizi ku kibazo cy’amazi ava mu birunga akangiza imyaka y’abaturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera.
Abaturage bo mu Mirenge ya Busogo na Gataraga mu Karere ka Musanze baravuga ko batitabira kuboneza urubyaro, babitewe n’amakuru y’urujijo bakura muri bagenzi babo yo kuba uwahawe iyi serivisi agerwaho n’ingaruka z’imihindagurikire y’umubiri cyangwa uburwayi.
Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi, avuga ko urubyiruko rw’ubu nirwirinda amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside u Rwanda ruzabasha gusohoza neza umugambi warwo mu iterambere ry’igihugu n’abagituye, kuko amaboko y’abenegihugu bagizwe ahanini n’urubyiruko azaba ahugiye mu bikorwa bizamura ubukungu bw’igihugu.
Itsinda ry’abantu 120 bo mu kagari ka Cyabararika mu murenge wa Muhoza bahagarariye abandi, ku wa gatatu tariki ya 9 Mata 2019 ryasuye urwibutso rwa Bisesero.
Akarere ka Musanze karatangaza ko kagiye kubaka urwibutso rushya rwa Muhoza mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 bo mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze bari kwifashisha ubukorikori kugira ngo barwanye ubukene no guhangana n’ihungabana.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu batuye mu mudugudu wa Susa mu karere ka Musanze, bishimiye ko mu minsi iri imbere, bazajya babona amafunguro agizwe n’imboga z’ubwoko bwose mu buryo buboroheye kubera imirima y’imboga (uturima tw’igikoni) yatangiye gutunganywa.
Abanyeshuri 300 bigishijwe amasomo y’umwuga w’ubudozi n’uruganda rwitwa Burera Garment Ltd ku bufatanye na Rwanda Polytechnic, ku wa kane tariki ya 28 Werurwe 2019 bahawe impamyabushobozi biyemeza gukoresha ubumenyi bahawe n’uru ruganda mu kurufasha gukora imyenda ikorerwa mu Rwanda kandi ikoranywe ubuhanga.
Abarwaye indwara y’amaguru yitwa ‘imidido’ n’abafite ubumuga buyikomokaho bo mu turere twa Musanze na Burera, basanga bidakwiye ko umuntu uyirwaye asabiriza cyangwa ngo aheranwe n’ubukene.
Mu gihe bamwe mu bahinzi bagaragaza ko uko iterambere rigenda ryihuta ari nako hakenerwa ubundi bumenyi bushya haba mu gufata neza umusaruro w’ubuhinzi no gukoresha ikoranabuhanga, bamwe mu badepite bagize inteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EALA) basanga hagakwiye kuzamura ingengo y’imari ku (…)
Abakobwa bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera batewe inda bakabyara bakiri bato bavuga ko ubukene mu miryango n’amakimbirane bikigaragara bituma hari abananirwa kubyihanganira, bikabatera kugwa mu bishuko.
Abasirikari, abapolisi n’abasivile 21 baturutse mu bihugu umunani byo ku mugabane wa Afurika bari mu kigo cy’igihugu cy’amahoro Rwanda Peace Academy giherere I Nyakinama mu karere ka Musanze aho bari gutyaza ubumenyi mu birebana n’ubwirinzi bw’abakozi boherezwa mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro.
Abanyeshuri biga mu ishuri ‘Wisdom School’ riherereye mu Karere ka Musanze baratangaza ko umuco wo kugira ubupfura no gukunda igihugu batozwa n’iri shuri byuzuzanya n’intego bifitemo yo kubaka igihugu.
Abanyamuryango ba AVEGA Agahozo bo mu karere ka Musanze biyemeje ko buri kwezi bazajya bakora siporo kuko byagaragaye ko siporo ari ingirakamaro mu gukumira indwara zitandura nka diyabete n’umutima, binabafashe guhangana n’ihungabana.
Uwiduhaye Faustine umwana w’umukobwa ufite imyaka 10 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza; yanditse igitabo cyitwa “Fifi, umukobwa w’amakenga” gikubiyemo ubutumwa bushishikariza abana b’abakobwa kugira ubushishozi no kwirinda ababashuka bashaka kubashora mu ngeso mbi.
Abahoze ari inyangamugayo z’inkiko Gacaca bo mu karere ka Musanze barataka ibihombo mu makoperative yabo batewe n’imicungire idahwitse ya bamwe mu bari bayakuriye.
Impuzamakoperative atwara abagenzi mu Rwanda RFTC kuwa gatatu tariki ya 13 Gashyantare 2019 yatangije ku mugaragaro igikorwa cyo kwegurira amakoperative y’abatwara abantu imodoka zo mu bwoko bwa Coaster.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Jonston Busingye, arasaba abagororwa benda kurangiza ibihano byabo kubyaza umusaruro amasomo bahabwa akazabafasha kwiteza imbere, kubaka umuryango nyarwanda no guteza impinduka mu miryango yabo.
Itsinda ry’abasirikari bakuru b’aba ofisiye biga mu ishuri rikuru rya Gisirikari (Rwanda Defence Force Command and Staff College) risanga ikibazo cy’imirire mibi gikwiye guhagurukirwa.
Urugaga rw’abatwara abagenzi kuri moto mu Rwanda ruratangaza ko mu gihe kitarenze amezi atandatu abatwara abagenzi kuri moto bo mu gihugu hose bazaba batangiye gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga ryitwa ‘mubazi’ rituma utwara umugenzi kuri moto amenya amafaranga yishyuza uwo atwaye.
Abafite inganda zenga inzoga mu bitoki cyangwa ibindi bakabipfunyika mu macupa, bravuga ko bafite ikibazo cy’amacupa ashyirwamo inzoga ziba zamaze gutunganywa abageraho ahenze, dore ko abenshi bajya kuyagura I Kigali nabwo yatumijwe mu bihugu birimo ubushinwa n’ibyo ku mugabane w’iburayi.
Amoko atanu mashya y’ibirayi yamurikiwe abahinzi mu gikorwa cyabereye mu karere ka Musanze nyuma y’igihe ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi RAB ku bufatanye n’ikigo mpuzamahanga cyita ku gihingwa cy’ibirayi International Potato Center (CIP) bikora ubushakashatsi bwimbitse mbere y’uko ayo moko yabyo agezwa mu bahinzi.
Abayobozi b’Akarere ka Musanze bagiye kureba uko bakorana na Komisiyo ishinzwe gusezerera abasirikari no kubasubiza mu buzima busanzwe, bagakemura ikibazo cy’inzu zitagira ibikoni zatujwemo abamugariye ku rugamba.
Abatuye mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze batekereje uburyo bwaborohereza kwicungira umutekano, bakusanya amafaranga bagura imodoka igiye kubunganira mu buryo bwo kuwubungabunga
Abanyeshuri 178 barimo abarangije icyiciro cy’amashuri abanza n’icyiciro rusange mu ishuri Wisdom School riherereye mu karere ka Musanze barishimira ko uburezi bufite ireme ryabahaye ari bwo bwatumye bitwara neza mu bizamini bisoza ibi byiciro byombi mu mwaka w’amashuri wa 2018.
Abagize Koperative Umuzabibu mwiza ihuriyemo abagore bari bafite ibibazo by’imibereho itari myiza, bakora imyambaro n’indi mitako baboha mu budodo batunganya mu bwoya bw’intama.
Umujyi wa Jinhua Minicipal wo mu Bushinwa urateganya kwagura umubano hagati yawo n’akarere ka Musanze ukarenga guteza imbere urwego rw’uburezi ukagera no ku bindi bikorwa biteza imbere ubuzima rusange bw’abaturage.
Abana bari munsi y’imyaka itatu babana n’ababyeyi bari kurangiza ibihano muri gereza ya Musanze kuri uyu wa Mbere tariki 24 Ukuboza 2018 bahawe Noheli.
Ishuri Wisdom School ni ishuri mpuzamahanga riherereye mu mujyi wa Musanze rikaba ari naho rifite icyicaro, rikaba rimaze kugaba amashami mu turere twa Burera, Nyabihu na Rubavu hose ryarateye intambwe yo kuba rihafite ibyiciro binyuranye birimo amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye.