Mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze abacunda bagemura umukamo w’amata ku ikusanyirizo ry’amata rya Kinigi (CCM Kinigi), baratangaza ko bahitamo kuyagurisha ku masoko atemewe, kubera ko iri karagiro ritabishyura neza ayo baba bahagemuye, nyamara na bo biba byabasabye kurangura uwo mukamo mu borozi.
Miliyari esheshatu na miliyoni 500 z’amafaranga y’u Rwanda ni zo zigiye gushorwa mu kubaka amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (TVETs) atanu mu turere twa Burera, Musanze na Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.
Itsinda ry’Abanyarwanda 40 baba mu mahanga (Diaspora) mu bihugu byo hirya no hino ku isi baravuga ko aho u Rwanda rugeze mu birebana n’ishoramari mu bikorwa bitandukanye hatanga icyizere gishimishije.
Mu karere ka Musanze habarurwa umubare munini w’abagore bageza igihe cyo kubyara batarigeze bipimisha ngo bamenye ubuzima bw’abana batwite n’ubwabo uko buhagaze. Abakora ibi ngo baba bahisha ko batwite, kugira ngo ababazi cyangwa abaturanyi babo batabimenya bakabaseka cyangwa bakabagirira nabi.
Abagore n’urubyiruko 42 barangije ibihano bo muri gereza ya Musanze n’iya Nyagatare bahawe ibikoresho by’imyuga bigizwe n’imashini zidoda, izikoreshwa mu bubaji, gusudira, izitunganya imisatsi n’ibindi byifashishwa mu myuga itandukanye.
Abatuye mu Mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo bavuga ko batewe impungenge n’abana b’inzererezi bagaragara ku mihanda cyane cyane mu masaha ya nijoro basabiriza abahisi n’abagenzi.
Humura Elvin w’imyaka 11 y’amavuko uheruka kuba uwa mbere ku rwego rw’igihugu mu kizamini cya leta gisoza amashuri abanza avuga ko agiye gukomeza kwiga afite umwete, kugira ngo bizamufashe gukabya inzozi zo kuba umuhanga mu by’ubutabire (chemistry).
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney aratangaza ko nta Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wo muri iyi ntara uzongera gukurwa mu murenge yayoboraga ngo yoherezwe kuyobora uwundi.
Abagore 300 bo mu Mirenge ya Muko, Muhoza na Cyuve yo mu Karere ka Musanze, bagiye kwigishwa gusoma no kwandika binyuze mu matsinda 17 y’abakora imyuga y’ububoshyi n’ubudozi, ubuhinzi n’ubucuruzi.
Ubuyobozi bwa Koperative CVM y’abatwara abagenzi ku magare (Abanyonzi) mu Karere ka Musanze, buravuga ko bugiye kuvugurura imikorere, umutungo w’iyi Koperative ukazajya ukoreshwa mu nyungu z’abanyamuryango.
Bamwe mu bamaze igihe barwariye mu bitaro bikuru bya Ruhengeri baravuga ko batangiye kugarura icyizere cyo gukira indwara bamaranye igihe kirekire, nyuma y’uko bafashijwe kwishyurirwa ikiguzi cy’ubuvuzi bari barabuze uko bishyura kubera ubukene.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro IPRC-Musanze, baravuga ko bari kubakira ku ikoranabuhanga kugira ngo bace intege abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside n’imigambi yo gupfobya cyangwa guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB), sitasiyo ya Musanze, burakangurira abahinzi kujya bapimisha ubutaka mbere yo kubuhinga, kuko ari bwo buryo bwonyine butuma bamenya intungabihingwa ziri mu butaka, ubwoko n’ingano y’ifumbire ibihingwa bikeneye kugira ngo bikure neza, binatange umusaruro mwinshi.
Aba Ofisiye bo mu gisirikari cy’u Rwanda (RDF Officers) bari bamaze ibyumweru bibiri bahugurirwa mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama mu Karere ka Musanze, kuwa gatanu tariki 13 Ukuboza 2019 bayasoje biyemeje gufasha bagenzi babo kongera ubumenyi bubategura koherezwa kubungabunga amahoro mu (…)
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi irakangurira Abahinzi n’Aborozi kwitabira gahunda yo gutanga ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo, kuko ari bwo buryo bwiza bwo kwirinda ibihombo bituruka ku iyangirika ryabyo.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Musabyimana Jean Claude, avuga ko izamuka ry’igiciro cy’ibishyimbo ku masoko ryatewe n’imihindagurikire y’ikirere mu karere u Rwanda ruherereyemo, bituma yaba kubyinjiza mu gihugu cyangwa kubyohereza hanze bihenze.
Abaganga n’abakozi b’ibitaro bya Kabaya biri mu karere ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba barasaba kwishyurwa amafaranga y’agahimbazamusyi bamaze amezi icyenda badahabwa.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe guteza imbere ibaruramari mu Rwanda, ICPAR, buratangaza ko guteza imbere ubukungu bw’igihugu bitashoboka mu gihe hatari ababaruramari b’umwuga bahagije.
Mu Kagari ka Mburabuturo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze ubwanikiro bwubakiwe kwanikwamo umusaruro w’ibigori, bumaze igihe bubumbirwamo amatafari ya rukarakara.
Mu ijoro ryakeye rishyira kuri uyu wa kane tariki 5 Ukuboza 2019, ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu Karere ka Musanze byibasiye inzu n’imyaka y’abaturage biganjemo abo mu mirenge ya Muko, Kimonyi na Nkotsi mu karere ka Musanze.
Abahinzi n’abatubuzi b’imbuto y’ibirayi babikora mu buryo bw’umwuga bo mu turere duhinga ibirayi mu ntara y’Amajyaruguru, bahangayikishijwe n’ababitubura mu buryo butujuje amabwiriza (bakunze kwitwa abamamyi).
Abaturage bo mu Murenge wa Kinoni mu Karere ka Burera, barimo abavuga ko mu ngo zabo hatazongera kurangwamo ikibazo cy’imirire mibi, bitewe n’imbuto ziribwa bajyaga babona bibasabye kuzigura ku masoko kandi bahenzwe.
Abajyanama mu by’ubuhinzi bo mu turere tweza umusaruro mwinshi w’ibigori mu bice bitandukanye by’igihugu bavuga ko nyuma y’aho batangiriye kwifashisha imitego yica ibinyugunyugu bivamo nkongwa byabafashije kugabanya izari zugarije ibihingwa mu buryo bukomeye, bituma bongera umusaruro.
Inzego zifite aho zihurira no kwita ku burenganzira bw’umwana n’imibereho ye mu Karere ka Musanze ziraburira ababyeyi n’abakoresha b’ibigo bitandukanye ko hatangiye gukazwa ingamba no kubahiriza amategeko arengera umwana ugaragaye akoreshwa imirimo ivunanye.
Mu mwaka wa 2015 nibwo abasore batatu ari bo Simbi Aimé Jules, Ndahimana Tharcisse na Nshimiyimana Eric batangije umushinga wo kongerera agaciro amakoro bayakoramo intebe, ameza n’amavazi byo mu busitani.
Urubyiruko rufite kuva ku myaka 6 kugeza kuri 30 y’amavuko ruri mu biruhuko rwatangiye kwitabira gahunda y’itorero mu biruhuko.
Abikorera bo mu ntara y’Amajyaruguru barasabwa kunoza ubuziranenge no kongerera agaciro ibyo bakora, kugira ngo ubwo ishoramari ry’isoko rusange rya Afurika rizaba ritangiye gushyirwa mu bikorwa, rizasange bihagazeho kandi biteguye kugaragaza uburyo u Rwanda rumaze kugera ku rwego rwo kongera ingano y’ibikorerwa imbere mu (…)
Mu karere ka Burera mu ntara y’Amajyaruguru, imiryango itagira ubwiherero ikunze kugorwa no kubona uko yiherera bigatuma hari abajya kubutira mu baturanyi, abandi bagakoresha ubwiherero bwubatse mu buryo bushobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, hakaba n’abadatinya kwituma ku gasozi.
Miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda agiye gushorwa mu kubaka ubwanikiro bwa kijyambere n’uruganda bitunganya kandi bikongerera agaciro igihingwa cya tungurusumu mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imicungire y’amakoperative, Rwanda Cooperative Agency (RCA), kiravuga ko politiki nshya igenga amakoperative, yitezweho kwimakaza ishoramari, ikoranabuhanga n’imikorere bigamije kwagura ibikorwa no kongera umubare w’abazigana.