Urubyiruko rugana Ibigo byarushyiriweho ngo birufashe kwihangira imirimo no kwiteza imbere bizwi ku izina rya ‘YEGO Centre’ (Youth Employment for Global Opportunities Centre) n’urugana ibigo birufasha gushaka akazi, kwihangira imirimo, kwiteza imbere no kubahuza n’abatanga akazi bizwi ku izina rya “Employment Service Center” (…)
Abakorera muri santere z’ubucuruzi zo mu mirenge yegereye imipaka mu Karere ka Burera, ngo ntibagikora ingendo ndende bajya gushaka ibicuruzwa kure, bitewe n’uko abikorera bo muri aka Karere bagera kuri 76 bishyize hamwe, bakora Ikigo gishinzwe kuhakwirakwiza ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda kandi ku giciro gito.
Gahunda yo kuvugurura santere z’ubucuruzi zo mu Karere ka Musanze iribanda ku kuvugurura inzu zishaje no gusiga amarangi asa. Iki gikorwa abacuruzi n’abafite inzu muri santere, bagitangiye kuva mu kwezi k’Ugushyingo umwaka wa 2020, nyuma y’uko zimwe mu nzu zari zarashaje, kubera kumara igihe zitavugururwa, izindi zisize (…)
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Mutarama 2021 rimenyesha abantu bose ko guhera ku wa Kane tariki 7 Mutarama 2021, igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli gihindutse.
Abakora serivisi zijyanye n’ubucuruzi bo mu Karere ka Musanze baravuga ko batatunguwe n’icyemezo cyo kuba ibikorwa by’ubucuruzi bigomba gufunga bitarenze saa kumi n’ebyiri, kuko n’ubundi ngo bari bamaze iminsi izo saha zigera bamaze gufunga imiryango y’aho bakorera, batanguranwa no kugera mu ngo zabo saa moya z’umugoroba.
Abacuruzi basaba kongererwa igihe cyo kwishyura imisoro n’amahoro, byaba na ngombwa bagakurirwaho amande y’ubukererwe, bitewe n’uko muri iyi minsi isoza umwaka bari biteze kubona abaguzi benshi, bikomwa mu nkokora n’icyorezo Covid-19 gikomeje kugaragara.
Abagabo batatu bagwiriwe n’ikirombe bacukuragamo umucanga, umwe ahita ahasiga ubuzima abandi babiri barakomereka. Ibi byabereye mu Kagari ka Murwa Umurenge wa Kivuye, mu gitondo cyo ku cyumweru tariki 27 Ukuboza 2020.
Abacururiza mu maduka yo mu mujyi wa Musanze barasaba ubuyobozi gukaza amarondo cyane cyane muri iyi minsi mikuru isoza umwaka, kuko n’ubwo muri iki gihe saa moya z’ijoro zigera abo mu Karere ka Musanze bageze mu ngo zabo; hari abatwikira ijoro bakiba iby’abandi bagahungabanya umutekano.
Mu gihe abantu bizihiza umunsi mukuru wa Noheli, abacuruza ibiribwa, imyambaro cyangwa ibikoresho by’ibanze bikenerwa muri ibi bihe, baravuga ko abaguzi bagabanutse cyane muri iki gihe ugereranyije n’indi myaka yabanje.
Abagenzi batega imodoka zikora mu muhanda Musanze-Cyanika na Musanze-Kinigi, barishimira ko imodoka nshya za Coaster, zatangiye gutwara abantu muri iyi mihanda yombi, zikaba zigiye kuborohereza ingendo bakora; kuko bazajya bagera iyo bajya batwawe mu binyabiziga bifite isuku kandi bisanzuye. Ikindi ngo ni uko izi modoka (…)
Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) ishami rya Musanze, buratangaza ko bumaze igihe butangiye gahunda yo gukwirakwiza amashanyarazi afite ingufu zihagije(triphasé), kugira ngo byongere umubare w’abakora imishinga ishingiye ku kubyaza umusaruro amashyarazi.
Icyiciro cya mbere cy’umushinga wo gukumira amazi ava mu birunga akangiza ibikorwa by’abaturage kigeze kuri 96% gishyirwa mu bikorwa. Mu bice bimwe na bimwe by’Uturere twa Musanze na Burera aho uyu mushinga watangiriye, abaturage bavuga ko batangiye kubona impinduka zishingiye ku kuba ubukana bw’amazi aturuka mu birunga (…)
Abahoze batuye n’abari bafite imirima ahari kubakwa amapiloni agize umuyoboro uzakura amashanyarazi ku rugomero rwa Mukungwa uyajyana ku ikusanyirizo ry’amashanyarazi rizwi nka (Sub-station) riri mu Karere ka Nyabihu, baratangaza ko bamaze imyaka ikabakaba ine bagerwaho n’ingaruka baterwa no gusiragira mu buyobozi, bishyuza (…)
Umuryango w’umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka ibiri n’igice mu Karere ka Musanze, urasaba ubufasha bwo kumuvuza uburwayi bw’umutima bwamuzahaje.
Abarerera ku ishuri ribanza rya Gashangiro ya kabiri (Gashangiro II) riri mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, bavuga ko batishimiye uko ubuyobozi bwisubiyeho ku cyemezo bwari bwafashe cyo kuhongera ibyumba by’amashuri bari bitezeho kugabanya ubucucike bw’abana.
Abagenzi n’abatwara ibinyabiziga mu Karere ka Gakenke basanga muri iki gihe, imbuga z’amazu zitakabaye ari zo zihinduka gare bategeramo imodoka kuko uretse akajagari bitera, binashobora kuba nyirabayazana w’impanuka.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon. Bamporiki Edouard, avuga ko igihe kigeze ngo buri muntu arangwe n’imikorere ishingiye ku bwenge, umutima n’amaboko; kuko ari ryo shingiro ry’ubukungu.
Abasirikari, Abapolisi n’Abasivili baturutse mu bihugu bitandatu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba uhora witeguye gutabara aho rukomeye (EASF), kuva ku wa mbere tariki 30 Ugushyingo 2020, batangiye amahugurwa abera i Nyakinama mu Karere ka Musanze.
Abagize Diaspora Nyarwanda yo mu gihugu cy’u Budage barashimirwa uruhare rwabo mu gushyigikira ireme ry’uburezi, binyuze mu kongera umubare w’ibyumba by’amashuri mu Turere twa Nyabihu na Musanze.
Abaturage bo mu Karere ka Burera barasaba inzego bireba kongera umubare w’abaforomo bakora mu mavuriro y’ibanze yo mu tugari (Poste de santé), kuko ubuke bwabo bukomeje gutera icyuho bagakora iminsi mike mu cyumweru.
Abatwara abagenzi ku magare bazwi nk’abanyonzi bo muri Koperative CVM (Cooperative des Vélos de Musanze) ibarizwa mu Karere ka Musanze, ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bwabo ku mafaranga basabwa kwishyura y’ibyangombwa bisimbura ibyo basanganywe, bavuga ko arenze ubushobozi bwabo.
Umugabo witwa Bakundukize w’imyaka 41 y’amavuko, ari mu maboko y’ Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Post ya Gatsata, akekwaho gusambanya umubyeyi we w’imyaka 65.
Abafite imitungo yegereye inkengero z’ikibuga cy’indege cya Ruhengeri kiri mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Cyuve, baratangaza ko bamaze igihe kiri hejuru y’imyaka ine batemerewe kugira igikorwa kijyanye n’ubwubatsi bakorera mu butaka bahafite, ku mpamvu z’uko hari gahunda yo kwagura iki kibuga, kikubakwa mu buryo bugezweho.
Umugabo witwa Twizerimana Innocent w’imyaka 40 wari umwalimu mu Karere ka Burera mu Murenge wa Rusarabuye Akagari ka Ndago, mu mpera z’icyumweru gishize yiyahuye akoresheje umuti wica imbeba. Birakekwa ko intandaro yaba ari amakimbirane yari afitanye n’umugore bashakanye w’imyaka 38 y’amavuko.
Abakoresha imihanda imwe n’imwe yo mu bice by’umujyi wa Musanze n’inkengero zawo bakomeje gutaka ubujura bukorerwa mu mihanda imwe n’imwe, abitwikira ijoro bakaba batega abantu bakabambura ibyabo. Ibi bikorwa bigayitse ngo hari abo biri gusubiza inyuma, bakifuza ko gahunda yo gushyira amatara ku mihanda yihutishwa.
Inzu y’ubucuruzi iherereye mu Mudugudu wa Gakoro mu Kagari ka Rwambogo mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze yafashwe n’inkongi irashya irakongoka ku buryo bukomeye, ibintu byari birimo byose birashya birakongoka.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga buratangaza ko umubare w’Abanyarwanda basura iyi Pariki wiyongereye, nyuma y’aho Urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB) rutangaje igabanuka ry’igiciro cyo gusura Ingagi.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru barasaba ababayobora kuva mu biro, bakarushaho kubegera babagaragariza ibikubiye mu mihigo baba bahize, kugira ngo babone aho bahera bagira uruhare mu kuyishyira mu bikorwa.
Abagize Koperative yitwa ‘KOGUGU’ ihinga ikanahunika imbuto y’ibirayi mu Karere ka Nyabihu, baratangaza ko aka karere kubambuye amafaranga y’ubukode bw’inzu bahoze bakoreramo, hakaba hashize umwaka urenga batishyurwa.
Hari abaturage bamaze iminsi barwariye mu bitaro bikuru bya Ruhengeri mu Karere ka Musanze, bavuga ko barambiwe gufatwa bugwate n’ibi bitaro, kubera ko babuze ubwishyu bw’ubuvuzi bakorewe bitewe n’amikoro make; bakifuza ko ibi bitaro byabarekura bagataha bakazishyura buhoro buhoro.