Umuturage witwa Hakuzimana Venuste wo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, yaciwe amande y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50, nyuma yo gufatwa afunguye akabari mu gihe amabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus abibuza.
Mu gihe Abanyarwanda bakomeje gushishikarizwa kuguma mu ngo no kwirinda kujya muri gahunda zitihutirwa, hirindwa ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus, hari uduce tw’Umujyi wa Musanze turi kugaragaramo urujya n’uruza rw’abantu benshi.
Abororera amafi mu byuzi biri mu Murenge wa Kinoni mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko bateganya kuvugurura ubu bworozi, buheruka gushegeshwa n’imvura yaguye mu mezi ashize, ikangiza bimwe mu byuzi bororeramo, bigabanya umusaruro w’amafi.
Abikorera bo mu Turere twa Burera na Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru baravuga ko gahunda bamaze iminsi batangiye yo kwegereza abaturiye imipaka ibicuruzwa ku giciro gito ikomeje, kandi ko itigeze ikomwa mu nkokora n’icyorezo cya Coronavirus.
Mu bice bitandukanye by’igihugu cyane cyane mu mijyi, hari kugaragara abantu bambaye udupfukamunwa (Masks) n’uturindantoki (gants), aho bavuga ko bari kubikora mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus gitera indwara ya Covid-19, ihangayikishije ibihugu by’isi n’u Rwanda rurimo.
Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza ku wa gatanu tariki 13 Werurwe 2020 rwategetse ko abantu batandatu bafungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Abagabo batanu n’umugore umwe bo mu Karere ka Musanze bakekwaho gutwikira abana babiri mu nzu, kuwa kabiri tariki ya 10 Werurwe 2020 batangiye kuburanishwa n’Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza.
Umuyobozi mukuru wungirije w’Urwego rw’igihugu rw’imfungwa n’abagororwa, DCG Ujeneza Chantal, arasaba abagore b’imfungwa n’abagororwa bo mu magereza yo mu Rwanda kubakira ku burere mboneragihugu n’ubumenyi bahabwa mu bijyanye n’imyuga, bagaharanira kuzarangiza ibihano bari ku isonga mu kurinda uruhembe rw’iterambere.
Abaturage bo mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, bifuza ko ibagiro rya kijyambere bamaze igihe barijejwe ryakubakwa. Ni nyuma y’uko aho iryahoze mu Kagari ka Ruhengeri rimaze igihe ryarahagaritswe gukorerwamo kubera ko ryari rishaje, ryimurirwa mu murenge wa Gataraga.
Ubuyobozi bwa WASAC ishami rya Musanze, buvuga ko ikibazo cy’ibura ry’amazi kimaze iminsi kigaragara mu bice by’Umujyi wa Musanze, kiri guterwa no kuyasaranganya no gusimburanya amatiyo ashaje.
Abikorera bo mu turere twa Burera na Gicumbi batangiye uburyo bwo gukwirakwiza ibicuruzwa mu ma centre yegereye umupaka uhuza u Rwanda na Uganda.
Mu masaha y’umugoroba w’ejo kuwa gatandatu tariki 22 Gashyantare 2020, ni bwo mu Mudugudu wa Marantima, Akagari ka Rwebeya mu Murenge wa Cyuve, abana barimo b’abakobwa umwe w’imyaka itatu n’undi w’imyaka ibiri batwikiwe mu nzu, umwe ahasiga ubuzima undi arwariye bikomeye mu bitaro bya Ruhengeri.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze kuwa gatanu tariki 21 Gashyantare 2020, basoje ibikorwa bari bamazemo icyumweru birimo gutunganya imihanda, kubakira abatishoboye, kubumba amatafari no gusana urukuta rwa Pariki y’Igihugu y’ibirunga hirindwa ko inyamaswa zonera abafite imirima ihegereye.
Itsinda ry’abasirikari b’Abaholandi ku wa kane tariki 20 Gashyantare 2020 bagiriye uruzinduko mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) kiri i Nyakinama mu Karere ka Musanze, bagaragarizwa uruhare rw’iki kigo mu gutanga amahugurwa agenerwa abasirikari, abapolisi n’abasivili boherezwa kubungabunga amahoro mu (…)
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Masahiro Imai, yishimiye ko ubufatanye bw’igihugu cye n’ikigo cya Mutobo bwagize uruhare mu guha ubumenyi abatahuka bitandukanyije n’imitwe yitwara gisirikari iri mu mashyamba ya Kongo Kinshasa.
Mu Karere ka Musanze abana bataye ishuri bagaragara bakora imirimo y’amaboko bahemberwa amafaranga y’intica ntikize, ubucuruzi bw’ibiribwa, no kuba inzererezi mu mihanda.
Mu Karere ka Musanze haracyari ibigo by’amashuri biri inyuma mu ireme ry’uburezi, kubera ko bitagira amazi meza n’umuriro w’amashanyarazi. Ibi ngo bitera abana gukererwa amasomo, kuko hari aho babanza kujya gushaka amazi yifashishwa mu isuku n’ayo gutekesha.
Aborozi b’inka n’abagize Koperative yitwa CEPTL (Cooperative des Eleveurs pour la Production du Lait) ikusanya umukamo w’amata bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, baravuga ko baciye ukubiri no kugemura amata mu gasozi no kuyacuruza mu buryo butemewe.
Mu Mujyi wa Musanze rwagati utwinshi mu duce nk’ahitwa muri Tête à gauche, mu Ibereshi, mu Kizungu n’ahandi, hagaragara inzu zishaje zituwemo, izitagituwe n’izindi zigenda zisaza zitaruzura. Hari abavuga ko kutazisana cyangwa kuzisimbuza izindi byababereye ikibazo cy’ingutu, kubera kutabibonera ubushobozi.
Abatuye mu mugi wa Musanze no mu nkengero zawo batewe impungenge n’abatwara amagare bagaragara mu mihanda ya kaburimbo bayatwayeho imitwaro iremereye cyane, bakavuga ko ari kimwe mu biteza impanuka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo buravuga ko inzu zirenga 40, imyaka yari ihinze mu mirima, n’ibindi bikorwa, ari byo bimaze kwangizwa n’imvura imaze iminsi igwa.
Abagana Ikigo nderabuzima cya Bigogwe mu Karere ka Nyabihu baravuga ko imbangukiragutabara nshya bahawe igiye kubaruhura imvune baterwaga no guheka abarwayi mu ngombyi za gakondo.
Mu birori byo kwizihiza umunsi w’Intwari byabereye mu Karere ka Gakenke, Guverineri Gatabazi JMV wari kumwe n’inzego z’umutekano ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru yifatanyije n’abo mu Mirenge ya Muzo na Janja. Ibi birori byabimburiwe n’umupira w’amaguru wahuje ikipe y’Umurenge wa Muzo n’uwa Janja.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) ruratangaza ububiko bw’isoko ryambukiranya imipaka riri mu Karere ka Burera (Burera Cross Border Market) bugiye kongerwamo ibicuruzwa biva mu mahanga n’ibikorerwa mu Rwanda, mu rwego rwo kubyegereza abaturage bo muri aka Karere n’utundi byegeranye.
Abatuye mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze bavuga ko batabona ubuvuzi bw’indwara z’amenyo ku kigo nderabuzima cya Gashaki bigatuma bajya kuyivurirza muri ba magendu.
Iyi moto yo mu bwoko bwa RMC 150 yaguzwe ku bufatanye bw’Abaturage bo mu Murenge wa Muhondo muri Gakenke. Bagiye bitanga babinyuza muri Komite z’Imidugudu, ikazajya ikoreshwa muri gahunda zo kunoza isuku n’umutekano.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere (RDB), ku itariki ya 23 Mutarama 2020 mu Karere ka Musanze rwahatangirije gahunda yo guhuza abashaka akazi n’abagatanga hakoreshejwe imodoka ebyiri za Bisi zashyizwemo imashini za mudasobwa n’ibikoresho by’ikoranabuhanga birimo interineti y’ubuntu.
Umuryango Imbuto Foundation watangije mu Karere ka Burera umushinga ugamije gusobanurira abana ubuzima bw’imyororokere, kugira ngo bibafashe kumenya imihindagurikire y’umubiri, ibintu byitezweho kuzagabanya umubare w’abana b’abakobwa baterwa inda imburagihe.
Mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, umugabo ufite uburwayi bwo mu mutwe yatemye abantu barindwi umwe ahasiga ubuzima abandi barakomereka bikomeye.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB) Sitasiyo ya Rwerere mu Karere ka Burera, buraburira abahinzi bagikoresha imbuto y’ibirayi ituburwa n’ababikora mu buryo butemewe, kuko bigira ingaruka ku musaruro n’ubutaka bahingaho.