Mu karere ka Musanze, Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yaguye gitumo abantu bari gutobora inzu y’umuturage, umwe muri bo witwa Niyigena Valens w’imyaka 31, agerageza kuyirwanya akoresheje ipiki n’inyundo, iramurasa ahasiga ubuzima, naho abandi bari kumwe bahita biruka baburirwa irengero.
Abaturage bo mu mirenge 13 y’uturere twa Musanze, Gakenke na Burera mu ntara y’Amajyaruguru bahawe umuriro w’amashanyarazi, baravuga ko batangiye kuruhuka imvune baterwaga no kutagira amashanyarazi.
Umugabo witwa Karekezi Syldio wo mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze yafashe icyemezo cyo kugaruka mu rugo yari yarataye nyuma y’uko umugore we ashyikirijwe ku mugaragaro inzu yubakiwe n’Abagore bo mu rugaga rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 2 Ugushyingo 2019, iduka riri mu isoko rinini rya Musanze ryitwa ‘Goico’, ryafashwe n’inkongi y’umuriro.
Ihuriro ry’impuzamiryango itegamiye kuri leta igamije kurwanya imirire mibi ‘SUN Alliance’ ritangaza ko mu gihugu hose ubu habarurwa abana barenga ibihumbi 800, bari munsi y’imyaka itanu bugarijwe n’ingaruka z’imirire mibi no kugwingira.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase aributsa abayobozi b’inzego z’ibanze kubaka ihame ry’ubufatanye n’abafatanyabikorwa, kugira ngo byongere imbaraga n’umusemburo byubaka igihugu.
Abanyeshuri biga muri Wisdom School batangiye kwiga uburyo bw’ikoranabuhanga rishingiye ku gukora utudege duto twitwa ‘drone’ no kudukoresha mu bikorwa bitandukanye.
Mu ruzinduko yagirirye muri Kaminuza y’ubumenyingiro ya INES-Ruhengeri kuwa gatatu tariki ya 23 Ukwakira 2019, Ambasaderi w’igihugu cy’Ubudage mu Rwanda Dr. Thomas Kuvz yijeje ubuyobozi bw’iyi Kaminuza ubufatanye, buzarushaho gutanga ireme ry’imishinga igihugu cye gifatanyije n’iyi Kaminuza, kugira ngo ireme ry’uburezi (…)
Abakozi 250 ba Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (Rwanda Energy Group-REG) ku wa kabiri tariki ya 22 Ukwakira 2019 batangiye gutozwa umuco w’ubutore i Nkumba mu karere ka Burera.
Urugaga nyarwanda rw’abavuzi gakondo(AGA-Rwanda Network), ruramagana abiyitirira umwuga w’ubuvuzi gakondo, banga kwiyandikisha mu rugaga ngo bakore nk’abaganga bazwi, aho bamwe bavura batabifitiye ubushobozi bikaba bikomeje kugira ingaruka ku buzima bw’abaturage.
Umugore witwa Mujawamungu Hilarie wo mu kagari ka Mburabuturo mu murenge wa Muko mu karere ka Musanze avuga ko umugore wo mu cyaro yifitemo ububasha n’ubushobozi bwo kugira aho yigeza no gufasha abandi mu bikorwa bizana impinduka aho atuye.
Mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru hari abaturage bavuga ko bari babayeho mu buzima bwo kwishishanya, ariko babasha kubusohokamo babikesheje itorero bashinze, bose barihuriramo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19 Ukwakira 2019 nibwo uyu mugore ushinjwa kugerageza kwiba umwana yafatiwe mu bitaro. Uyu wari warabeshye abo mu muryango we n’aho yashatse ko atwite, yageze muri kimwe mu byumba ababyeyi babyaye bari baryamyemo, asaba umwe muri bo ko amutiza igitanda yari aryamyeho akamutiza (…)
Ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri ryasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Imisoro n’Iterambere (International Centre for Tax and Development-ICTD), mu rwego rwo kunoza ubushakashatsi burebana n’imisoro hagamijwe iterambere.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke barakangurirwa kwita ku buzima bw’umwana kuva agisamwa na nyuma yo kuvuka, kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi bigira uruhare mu kwangiza ubuzima bwo mu mutwe, kuko ari bwo buryo butanga icyizere cyo kugabanya ibyago byo kurwara indwara y’igicuri.
Aba Ofisiye 38 bo ku rwego rwa Kapiteni na Majoro, ku wa gatanu tariki ya 11 Ukwakira 2019 basoje amasomo y’icyiciro cya 13 bari bamazemo amezi ane mu Ishuri rikuru ry’igisirikari cy’u Rwanda riri i Nyakinama mu karere ka Musanze (Rwanda Defence Force Command and staff College).
Abanyeshuri biga muri Wisdom School mu karere ka Musanze, basobanuriwe imikorere y’inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena n’umutwe w’Abadepite bituma barushaho kumenya amahame yayo n’inshingano zayo.
Urwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB) ruratangaza ko ubukerarugendo bukorerwa muri Pariki y’igihugu y’ibirunga butigeze buhungabanywa n’igitero giheruka kugabwa mu karere ka Musanze kigahitana abantu 14.
Abantu batanu bafashwe mpiri ubwo bari bagabye igitero mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru baganiriye n’itangazamakuru ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki 06 Ukwakira 2019 bavuga ko bateye mu Rwanda bizeye gufata igihugu.
Abantu 14 ni bo biciwe mu gitero cyagabwe n’abagizi ba nabi cyabereye mu tugari twa Kaguhu mu Murenge wa Kinigi no mu Kagari ka Kabazungu mu Murenge wa Musanze mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki ya 4 Ukwakira 2019.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase aributsa abaturage b’akarere ka Musanze guca ukubiri n’amacakubiri no kwirinda ibishobora guhungabanya ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda; kuko ari wo musingi amahoro, iterambere n’imibereho byubakiyeho.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya Ecole des Sciences de Musanze batangiye kwifashisha Laboratwari zo muri Kaminuza y’ubumenyi ngiro ya INES-Ruhengeri mu rwego rwo gukarishya ubumenyi bubategura kuzasoza amashuri yisumbuye bitwaye neza.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Muhondo mu karere ka Gakenke ruravuga ko ruri gutandukana n’ubushomeri n’ubukene byari bibugarije nyuma y’aho bubakiwe ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya TVET Muhondo, batewemo inkunga n’igihugu cy’Ubuyapani.
Akarere ka Musanze kuwa gatanu 27 Nzeri 2019 kabonye komite nyobozi nshya, iyobowe na Nuwumuremyi Jeannine watorewe kuba umuyobozi w’akarere, Andrew Rucyahanampuhwe yabaye umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, hakaba na Kamanzi Axelle, watorewe kuba umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije (…)
Abagize urwego rw’umutekano rwa DASSO bageze mu zabukuru bo mu Karere ka Musanze, tariki ya 25 Nzeri 2019 batangiye gusezererwa basubizwa mu buzima busanzwe.
Abagize Koperative yitwa CEPTL (Cooperative des Eleveurs pour la Production du Lait) ikusanya umukamo w’amata y’inka ava mu borozi bo mu Murenge wa Cyanika mu karere ka Burera baravuga ko batakibona uko bagurisha umukamo mwinshi kubera ko imirimo y’uruganda Burera Daily yahagaze kugeza ubu.
Abaforomo n’ababyaza bo mu bitaro bya Butaro baravuga ko batabona aho bacumbika hafi y’ibitaro bikabagiraho ingaruka zo kutanoza serivisi batanga, na bo ubwabo bikababangamira.
Umugore ufite ubumuga bw’ibirenge byombi witwa Uwimana Chantal utuye mu mudugudu wa Mwidagaduro, akagari ka Bukinanyana mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze, arasaba ubufasha bwo kubakirwa kuko abayeho mu buzima bubi.
Muhawenimana Assouma, umugore w’imyaka 40 y’amavuko, akaba ari mu batishoboye utuye mu murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze; avuga ko yari abayeho mu buzima bugoye kuko acumbitse mu nzu akodesha akishyura amafaranga y’u Rwanda 4000 buri kwezi.
Abanyeshuri bashya batangiye umwaka w’amashuri 2019-2020 muri Kaminuza y’Ubumenyingiro ya INES Ruhengeri barasabwa kubakira ku myitwarire n’imitekerereze ibubakira ubushobozi bwo kuzashyira mu ngiro amasomo bagiye gukurikirana.