Abakora uburaya bo mu Karere ka Rulindo, baratangaza ko gusobanukirwa icyo amategeko ateganya ku gukuramo inda, byatumye bafata umwanzuro wo kutazongera kuzikuramo mu buryo bwa magendu, dore ko byanabagiragaho ingaruka zirimo ubumuga, urupfu cyangwa indwara zidakira.
Abakuriye amadini n’amatorero mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko guhishira ihohoterwa rikorerwa mu ngo cyane cyane irikorerwa abana b’abakobwa, bikomeje kugira uruhare mu kubangiza, kwica umuco no kudindiza ahazaza h’igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwabaye buhagaritse kwakira ababugana n’inyandiko zishyikirizwa Akarere, bushishikariza abaturage kwifashisha ikoranabuhanga.
Umuyobozi w’Akarereka Rulindo Kayiranga Emmanuel, yahamije amakuru avuga ko ibitaro bya Kinihira ubu bitakiri kwakira abaturage bajya kuhivuriza nk’uko byari bisanzwe, kubera ko bizajya byakira abarwaye Covid-19.
Abafite abana biga mu marerero yo ku rwego rw’imidugudu igize umurenge wa Remera (ECDs) mu Karere ka Musanze, baranenga bamwe mu bayakuriye batanze ifu yari igenewe abana bitanyuze mu mucyo, kuko hari aho bayihaye abatari ku rutonde.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko umusaruro w’iki gihembwe cy’ihinga wagabanutseho 5% bitewe n’ibiza biheruka kuba, bikibasira uduce tumwe na tumwe.
Benjamin William Mkapa wayoboye igihugu cya Tanzaniya guhera mu mwaka wa 1995 kugeza 2005 yitabye Imana afite imyaka 81 y’amavuko.
Abatwara ibinyabiziga n’abagenzi bo mu Karere ka Musanze, bavuga ko babangamiwe no kuba umuhanda uturuka mu mujyi rwagati wa Musanze ugana Rubavu, nta hantu hemewe imodoka zishobora guparika, mu gihe hari umugenzi ukeneye kujyamo cyangwa kuvamo uretse muri gare gusa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizwe ku rutonde rw’abayobozi bo ku isi, bari gukoresha cyane urubuga rwa Twitter muri iki gihe isi ihanganye in’icyorezo cya Covid-19.
Abaturage bo muri imwe mu midugudu itaragezwamo amashanyarazi yo mu Karere ka Musanze bavuga ko bamaze igihe mu gihirahiro batewe no kuba bataragezwaho umuriro w’amashanyarazi, nyamara abo mu yindi midugudu bihana imbibi bo baramaze kuyabona.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal, aratangaza ko mu nsengero zibarizwa muri aka Karere, rumwe rwonyine ari rwo rwujuje ibisabwa mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, rukaba ari na rwo rwahawe uburenganzira bwo gufungura imiryango.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 18 Nyakanga 2020, imodoka yari irimo Sembagare Samuel wahoze ayobora Akarere ka Burera yakoze impanuka, we n’abo bari kumwe barakomereka ariko ntawitabye Imana.
Nyuma y’aho Inama y’Abaminisitiri iteranye ku wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 ikemeza ko insengero zongera gufungura, abakuriye amadini n’amatorero bo mu Ntara y’Amajyaruguru bishimiye uyu mwanzuro, baboneraho no kwizeza Abanyarwanda ko biteguye kuba icyitegererezo mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa (…)
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2020 yemeje ko ingendo hagati mu Karere ka Rusizi ku bahatuye zemewe, ariko iziva muri ako Karere zijya mu tundi zikaba zitemewe.
Umuhinzi ntangarugero witwa Serugendo Justin wo mu Murenge wa Kinigi Akarere ka Musanze, avuga ko gukora ifumbire y’imborera yifashisha mu buhinzi byamugabanyirije kuyigura imuhenze n’urugendo yakoraga rwa kure ajya kuyigura ahandi, ubu akaba abasha kuzigama nibura amafaranga y’u Rwanda asaga ibihumbi 700 buri gihembwe (…)
Kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Nyakanga 2020, abarimu ibihumbi 35 bo mu gihugu hose batangiye gukora ibizamini by’akazi. Ni abarimu basabye imyanya yo kwigisha mu mashuri y’incuke, abanza, ayisumbuye ndetse n’ay’imyuga n’ubumenyi ngiro.
Ku gicamunsi cyo kuwa gatandatu tariki 11 Nyakanga 2020 inkongi y’umuriro yatwitse inzu y’uwitwa Ndererimana Gaudence na Semanza Anathole batuye mu Mudugudu wa Kanama, Akagari ka Kabirizi mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, ibyarimo birashya birakongoka.
Imiryango yo mu Ntara y’Amajyaruguru ibarizwa mu cyiciro cy’abatishoboye iheruka gusenyerwa n’ibiza byabaye muri Gicurasi 2020 na mbere yaho gato, yatangiye guhabwa isakaro rigizwe n’amabati.
Hashize iminsi abaturage bo mu turere tw’igihugu bahabwa inzitiramibu nshya, muri gahunda Minisiteri y’Ubuzima ishyira mu bikorwa yo gukumira indwara ya Malariya.
Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwategetse ko Padiri Dukuzumuremyi Jean Leonard ushinjwa gusambanya umwana arekurwa by’agateganyo. Iri somwa ry’urubanza ku bujurire bw’icyaha cyo gusambanya umwana uyu mupadiri ashinjwa, ryatangiye ahagana saa kumi zo kuri uyu wa mbere tariki 15 Kamena 2020.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya leta Johnston Busingye yatangaje ko urwego rw’abunzi rusubukura imirimo yo gutanga ubutabera, bakongera gukora, ariko bubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta Johnston Busingye, arizeza abunzi ko amagare bemerewe bazayashyikirizwa mu gihe kidatinze.
Muri iki gihe cyo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 mu Karere ka Musanze abasore n’inkumi b’abakorerabushake (Youth Volunteers) 352, bari gufatanya n’ibindi byiciro by’inzego zitandukanye mu bukangurambaga bwo kwirinda iki cyorezo.
Kuva ku wa gatatu tariki 10 Kamena 2020 inzitiramibu ibihumbi 214,850 zatangiye guhabwa abaturage bo mu Karere ka Musanze. Abazihabwa birakorwa hashingiwe ku mubare w’uburyamo bwo muri buri rugo rwo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko batangiye kwikura mu bukene babikesha ibikorwa bikomatanyije bagiramo uruhare byo kubungabunga ibidukikije, binyuze muri gahunda yitwa ‘Green Gicumbi’.
Abaturiye umupaka w’u Rwanda mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko buri wese yabaye ijisho rya mugenzi we mu bijyanye no kwirinda Coronavirus.
Irindi tsinda ry’Abanyarwanda 53 bari bafungiwe muri Uganda ryageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 9 Kamena 2020.
Abantu 51 bafashwe mu masaha y’igicamunsi cyo kuri iki cyumweru tariki 07 Kamena 2020 basengera ku musozi witwa Ndabirambiwe uherereye mu Murenge wa Muhoza mu Kagari ka Cyabararika.
Abakozi ba zimwe muri SACCOs zo mu Karere ka Musanze basanga hakwiye kugira igikorwa kugira ngo ingwate basabwa na SACCOs bakorera zihagarikwe, kuko hari ingaruka nyinshi bibagiraho, zirimo no kuba hari abashobora gutakaza akazi mu gihe badatanze iyo ngwate.
Abatwara imodoka zitwara abagenzi zemerewe kongera gusubukura ingendo zigana mu zindi ntara n’Umujyi wa Kigali zivuye mu Karere ka Musanze, baravuga ko baruhutse ubushomeri bari bamazemo amezi arenga abiri n’igice, bakaba barahigiye isomo ryo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19.