MENYA UMWANDITSI

  • Ubwo batahaga inzu ya Kuramukobwa

    Gicumbi: Kuramukobwa yahawe inzu, atandukana no guhora acumbika

    Kuramukobwa Aline wo mu Mudugudu wa Kabacuzi, Akagari ka Gatobotobo mu Murenge wa Giti, yashyikirijwe inzu yubakiwe n’abagize Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Gicumbi, ifite agaciro ka miliyoni zirindwi, ndetse banamuremera ibiribwa n’ibikoresho byo mu rugo hamwe n’imashini yo kudoda.



  • Perezida Kagame na Gen Muhoozi bitabiriye Car Free Day

    Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame na Gen Muhoozi Kainerugaba uri mu ruzinduko mu Rwanda, bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo rusange imenyerewe nka Car Free Day.



  • Bishyuriye mituweli abantu 200 batishoboye

    Nyarugenge: Rotary Club Kalisimbi yishyuriye mituweli abantu 200 batishoboye

    Umuryango Rotary Club Kalisimbi wishyuriye mituweli abantu 200 batishoboye bo mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, ndetse utanga n’inkunga y’ibitabo 100 mu bigo by’amashuri byo muri uwo Murenge.



  • Polisi ivuga ko abamotari bakunze guteza impanuka

    Abamotari 5,013 bakoze impanuka mu kwezi kumwe

    Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda ivuga ko mu ibarura yakoze ry’impanuka zabaye mu muhanda, kuva muri Kanama kugera muri Nzeri 2022, basanze umubare munini ari uw’abamotari.



  • Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi bashya batatu

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku wa Gatanu tariki 14 Ukwakira 2022, yakiriye ba Ambasaderi bashya batatu, baje gutangira inshingano zabo mu Rwanda.



  • Mu bafite uburwayi bwo mu mutwe harimo benshi barwaye agahinda gakabije

    Imibare itangwa n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC) igaragaza ko mu barwaye indwara zo mu mutwe, harimo benshi bibasiwe n’agahinda gakabije. Dr Jean Damascene Iyamuremye ukuriye ishami rishinzwe kwita ku buzima n’indwara zo mu mutwe muri RBC avuga ko ibarura ryakozwe mu mwaka wa 2018 ryagaragaje ko umubare w’abantu (…)



  • Gen Kainerugaba yasabye imbabazi Perezida William Ruto wa Kenya

    Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Museveni wa Uganda, yasabye imbabazi Perezida William Ruto wa Kenya kubera ubutumwa aheruka kwandika kuri Twitter avuga ko we n’abasirikare be byabatwara iminsi irindwi gusa bagafata umurwa mukuru wa Kenya, Nairobi.



  • Ntigisanzwe: Igitabo kirimo inkuru zisomerwa abana bakiri mu nda

    Ikigo Ikibondo cyanditse ibitabo bisomerwa abana bakiri mu nda ya nyina kuva bagisamwa kugeza ku myaka itandatu. Munyurangabo Jean de Dieu, umuyobozi w’ikigo Ikibondo, avuga ko bagize igitekerezo cyo kwandika ibitabo bisomerwa abana nyuma yo kumenya amakuru y’uko umwana uri mu nda ya nyina yumva.



  • Ibishyimbo byatangiye kuma

    Imyaka bahinze yatangiye kuma kubera izuba ryinshi

    Abahinzi bo hirya no hino mu Gihugu baravuga ko bazahura n’igihombo batewe no kubura imvura imyaka bahinze ikaba yaratangiye kuma. Bamwe mu baganiriye na Kigali Today batangaje ko izuba ryamaze kwangiza imyaka yabo mu mirima ku buryo nta cyizere cy’umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi bizeye muri kino gihembwe cy’ihinga.



  • Ibishyimbi bigeze ku 1,200Frw ku kilo

    Itumbagira ry’ibiciro by’ibiribwa ryatumye hari abasigaye barya rimwe ku munsi

    Abaturage bo mu Mujyi wa Kigali baravuga ko itumbagira ry’ibiciro ku isoko, ryatumye hari abahitamo kurya rimwe ku munsi kuko ikiguzi cy’ibiribwa kiri hejuru cyane, amafaranga bavuga ko batayabona.



  • Gutanga uruhushya ku bikorwa by

    MINICOM yasubitse gutanga uruhushya ku bikorwa by’imikino y’amahirwe

    Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yasohoye itangazo rivuga ko isubitse gutanga uruhushya, rwemerera abashaka kujya mu bikorwa by’imikino y’amahirwe mu Rwanda.



  • Ebola yishe umuntu i Kampala

    Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yatangaje ko icyorezo cya Ebola cyageze mu murwa mukuru wa Kampala ndetse umuntu umwe kikaba cyamuhitanye. Minisitiri w’Ubuzima, Jane Ruth Aceng, yatangaje ko umugabo wishwe na Ebola yamuhitanye aguye ku bitaro bya Kiruddu byakira indembe i Kampala.



  • OMS yahaye Uganda miliyoni 2 z’Amadolari yo guhangana na Ebola

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), ryahaye igihugu cya Uganda inkunga ingana na miliyoni 2 z’Amadolari ya Amerika, zivanywe mu kigega cy’ingoboka mu by’indwara, kugira ngo zifashishwe mu kwita ku baturage ba Uganda bugarijwe na Ebola muri iki gihe.



  • Iyi miti ntiyemewe ku isoko ry

    Abanyarwanda barasabwa gutanga amakuru ku miti bakekaho kutuzuza ubuziranenge

    Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imiti n’ibiribwa (Rwanda FDA), kirahamagarira Abanyarwanda bose gutanga amakuru ku muti bakeka ko utujuje ubuziranenge, kugira ngo bikurikiranwe.



  • Abayobozi batatu muri RURA birukanywe ku mirimo yabo

    Abayobozi batatu bakoraga mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro(RURA) birukanywe ku mirimo yabo kubera imyitwarire n’imiyoborere idakwiye.



  • Umwana witwa Aisha na we ari mu bazize uyu muti

    Gambia: Barasaba ubutabera kubera abana babo bazize imiti itujuje ubuziranenge

    Ababyeyi batandukanye bo mu gihugu cya Gambia barasaba ubutabera nyuma y’uko abana babo bahawe umuti utujuje ubuziranenge bagapfa. Ibi ababyeyi barabisaba nyuma y’impfu z’abana 66 bapfuye mu ntangiriro z’uku kwezi k’Ukwakira bishwe n’imiti ya Syrup.



  • U Buhinde: Ingwe yarashwe nyuma yo kwica abantu 9

    Polisi yo mu Buhinde yarashe ingwe nyuma yuko yishe abantu icyenda muri Champaran, iherereye muri Leta ya Bihar mu Buhinde.



  • Munyenyezi uregwa ibyaha bya Jenoside

    IBUKA yamaganye ubusabe bwa Munyenyezi bwo kujyana abatangabuhamya mu rubanza rwe

    Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994 (IBUKA), uramagana ubusabe bwa Beatrice Munyenyezi ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bwo kujyana abatangabuhamya mu rubanza rwe.



  • OMS yasabye ko gukoresha iyi miti bihagarara

    Gambia yasabwe guhagarika imiti ivugwaho guteza urupfu

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryasabye Igihugu cya Gambia guhagarika gukoresha imiti y’inkorora ya Promethazine Oral Solution, Kofexmalin Baby Cough Syrup, Makoff Baby Cough Syrup na Magrip N Cold Syrup ikorerwa mu Buhinde kuko itujuje ubuziranenge.



  • Hari abafite impushya z

    Barifuza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga

    Abategereje kwiyandikisha gukorera impushya z’agateganyo n’iza burundu zo gutwara ibinyabiziga, Polisi yavuze ko igihe cyo gufungura umurongo kugira ngo abakeneye iyo serivisi bayihabwe bazakimenyeshwa vuba kuko hari ibirimo kunozwa neza kugira ngo ibibazo byari baragaragaye bitazongera gusubira.



  • Polisi igiye guteza cyamunara ibinyabiziga 530

    Polisi y’u Rwanda irateganya guteza cyamunara ibinyabiziga byafashwe birimo moto 309, imodoka 2 n’amagare 219 byafatiwe mu turere dutandatu tw’Intara y’Iburasirazuba.



  • Bonhomme yakuriye inzira ku murima abarwanya u Rwanda, ababwira ko badashobora kurufata

    Abarwanya u Rwanda ntibazarufatira kuri Zoom na Social Media – Umuhanzi Bonhomme

    Umuhanzi Bonhomme uririmba indirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi n’indirimbo zivuga ubutwari bw’Inkotanyi, yasohoye indirimbo ikubiyemo ubutumwa bugenewe abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda.



  • Zephanie Niyonkuru

    Uwari Umuyobozi Wungirije muri RDB yavanywe ku mirimo ye

    Zephanie Niyonkuru wari Umuyobozi wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) yavanywe ku mirimo ye. Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe mu izina rya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, rivuga ko Zephanie Niyonkuru yirukanywe ku mirimo ye kubera amakosa y’imiyoborere idakwiye yakomeje kugaragaza.



  • Mwarimu ari mu bantu batanga uburezi buri kumwe n

    Abarimu basabwe kuba umusemburo w’impinduka mu kuzamura ireme ry’uburezi

    Minsitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, ku munsi mpuzamahanga w’umwarimu wizihizwa tariki 5 Ukwakira buri mwaka, yabageneye ubutumwa bubashimira uruhare rwabo mu kuzamura abato mu bumenyi n’imyumvire, anabasaba kuzamura ireme ry’uburezi.



  • Abayobozi bitabiriye ibiganiro ku buringanire

    Hari abacyumva nabi ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye

    Bamwe mu baturage baracyumva nabi ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye kuko barifata nka kimwe mu bintu biha abagore gusuzugura abagabo babo ndetse abagabo bakabifata nko gutuma abagore batabubaha.



  • Urubanza rwa Prince Kid wahoze ayobora Miss Rwanda rwasubukuwe

    Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, tariki ya 5 Ukwakira 2022, rwaburanishije mu muhezo urubanza rwa Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid, uregwa ibyaha byo gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.



  • Abantu bagirwa inama yo kwipimisha nubwo baba batarwaye

    Abantu benshi bagendana indwara zitandura batabizi - RBC

    Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC), gitangaza ko abantu benshi bagendana indwara zitandura batabizi, bakagirwa inama yo kwipisha keshi ngo bamenye uko bahagaze.



  • Abatwara ibinyabiziga barasabwa kubahiriza uburenganzira bw

    Abatwara ibinyabiziga barasabwa kubahiriza uburenganzira bw’abanyamaguru

    Umuvugizi wa Polisi y’igihugu, CP John Bosco Kabera, arasaba abatwara ibinyabiziga kubaha inzira zagenewe abanyamaguru bakoresha bambuka umuhanda, ndetse no ku nkengero zawo.



  • Bigenda bite ku muntu wakatiwe n’urukiko afungiye iwe mu rugo?

    Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ruherutse gukatira Bamporiki Edouard wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, igifungo cy’imyaka ine n’ihazabu ya miliyoni 60 z’Amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo kumuhamya ibyaha byo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha mu nyungu ze bwite (…)



  • Ingabo z

    Ingabo z’u Rwanda zafashije abaturage ba Mozambique gusubira mu byabo

    Abaturage basaga ibihumbi 130 bo mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique basubiye mu byabo nyuma y’uko Ingabo z’u Rwanda zigaruye umutekano muri aka gace.



Izindi nkuru: