Mu mahugurwa y’iminsi ibiri yahawe abunzi bo mu Karere ka Gicumbi bijejwe ko ibibazo by’ubumenyi n’imikorere mu kazi bigiye gukemuka.
Umuryango utegamiye kuri Leta “Transformation Leadership Center” wazanye uburyo bushya bwo guhinga mu Karere ka Gicumbi bise “Guhinga mu buryo bw’Imana”.
Nsabibana Jean Damasce, ku mugoroba wo ku wa 17 Kamena 2016 yatawe muri yombi akekwaho urupfu rwa Mugabo Theoneste wo mu Karere ka Gicumbi wishwe atemwe ijosi.
Umusore w’imyaka 40 y’amavuko witwa Mugabo Theoneste wo mu Karere ka Gicumbi yishwe atemwe ijosi n’abantu bataramenyekana.
Niyirora Gaudence wo mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi yabyaye umwana amuta mu musarane bamukuramo akiri muzima.
Ibitaro byo mu Murenge wa Mukarange muri Gicumbi byafashije abahatuye no mu nkengero zawo kutakiremebera mu rugo kuko serivisi z’ubuzima zabegerejwe.
Ikigo Nderabuzima cyo mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Gicumbi cyugarjwe n’umwanda wo mu bwiherero budakorerwa isuku bikabangamira abarwayi.
Abamugaye 79 bahawe amagare mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko bagiye gukoresha ayo mahirwe mu kuyakoresha mu bikorwa bibateza imbere.
Minisiteri y’Ubuzima (Minisante) izaha umuti w’inzoka zo mu nda abana bagera kuri enye muri uku kwezi kwahariwe ubuzima bw’umwana n’umubyeyi.
Abaturage bo mu Murenge wa Rutare mu Karere ka Gicumbi barifuza ko amateka y’ahatabarijwe (ahashyinguwe) abami yasigasirwa kugira ngo atazasibangana burundu.
Afaranga y’u Rwanda miliyoni 68 n’ibihumbi 25 na 948 yakusanyijwe muri iki cyunamo mu Karere ka Gicumbi ngo azizifashishwa mu gusana amazu y’abarokotse Jenoside.
Abarokotse Jenoside barasaba ko urwibutso rwo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi rusanw,a kuko ruva amasanduku bashyinguyemo akangirika.
Abatuye Akarere ka Gicumbi basabwe gutanga amakuru kugira ngo imbiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itaraboneka ishyingurwe mu cyubahiro.
Mu karere ka Gicumbi hatangijwe umushinga “Mureke Dusome”, ugamije kuzamura ireme ry’uburezi cyane ku bana bo mu mashuri abanza n’abarezi hamwe n’ababyeyi.
Umuryango Imbuto Fondation wongeye gutanga ibihembo ku bana b’abakobwa bahize abandi mu mitsindire y’amasomo, ubasaba kwirinda gutwara inda zitateganijwe.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gicumbi basaba komite nshya gukosora no kuzuza ibitarakozwe neza na komite icyuye igihe.
Abaturage 300 bo mu Karere ka Gicumbi barasaba ubuyobozi bw’akarere kubishyuriza amafaranga agera muri miliyoni 9 ngo bambuwe na rwiyemezamirimo batereye ibiti.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi ntibavuga rumwe mu kuvugurura itegeko rihana abacanye inyuma, kuko basanga bizarushaho gusenya ingo.
Abanyeshuri bane n’Umuyobozi ushinzwe Amasomo mu Kigo cy’Amashuri Yisumbuye cya Miyove muri Gicumbi batawe muri yombi kubera urupapuro ruriho ingengabitekerezo ya Jenoside.
Bamwe mu batagira ubwisungane bwo kwivuza mu Karere ka Gicumbi bavuga ko bahora bikanga indwara kuko batazi uburyo babyifatamo barembye.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yasabye abayobozi bashya batorewe kuyobora uturere n’abagize za Njyanama zatwo gukorera hamwe no kwihutisha iterambere ry’abaturage.
Imvura yasenye ibyumba by’amashuri abanza ya Karambi mu Murenge wa Rushaki mu Karere ka Gicumbi inangiza ibitabo bigishirizagamo.
Abacururiza mu Mujyi wa Byumba basanga kuvugurura inyubako z’ubucuruzi zikongerwaho izindi nzu hejuru bizabafasha kwagura ubucuruzi bwabo no kubateza imbere.
Abatuye mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko bibasiwe n’indwara zituruka ku mwanda kubera kuvoma amazi mabi.
Amatora y’inzego z’ibanze yabaye tariki ya 8/2/2016, mu karere ka Gicumbi abayobozi batowe basabwe gufasha abaturage kurwanya ubujura buciye icyuho.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gicumbi batagira igikoni cyo gutekamo bavuga ko ari yo mpamvu batabungabunga ibidukikije bubaka rondereza.
Mu kagezi kitwa Waruhara wo mu Murenge wa Shangasha mu Karere ka Gicumbi hatoraguwe umurambo w’umusore witwa Bahati.
Abaturage bo mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi bahagurikiye guhinga imboga z’ubwoko butandukanye ndetse n’imbuto kugira ngo barandure Bwaki.
Mu birori by’umunsi w’Intwari z’u Rwanda byabereye mu karere ka Gicumbi, abaturage basabwe gukomeza kubumbatira umutekano intwari z’u Rwanda zaharaniye.
Abahinzi ba kawa bo mu Karere ka Gicumbi baravugako bahura n’imbogamizi zo kubura ibikoresho bibafasha gukorera Ikawa kugira umusaruro wiyongere.