Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yageze i Havana muri Cuba, aho yitabiriye inama y’iminsi 2 y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, bahuriye mu itsinda G77 rigizwe n’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere n’u Bushinwa.
Mu tugari twa Mwendo na Rwesero mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu ijoro tariki 13 Nzeri 2023, yasenye ibyumba by’amashuri bya G.S Mwendo, isenya inzu z’imiryango 12 yari ituye mu mudugu batujwemo na Leta, muri IDP Makaga Rwesero.
Ku wa Kane tariki 14 Nzeri 2023, Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda, yakiriye Ambasaderi wa Pakistan mu Rwanda, Naeem Ullah Khan, bagirana ibiganiro byibanze ku gukomeza umubano mu bya gisirikare hagati y’ibihugu byombi.
Buri zina rya buri gace mu Rwanda usanga riba rifite inkomoko yaryo ndetse amwe muri ayo mazina usanga afite igisobanuro n’impamvu yitiriwe aho hantu. Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho inkomoko y’amwe mu mazina y’ahantu hatandukanye, yabateguriye n’inkomoko y’izina ‘Kimisange’.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA), tariki 13 Nzeri 2023 cyitabye Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), kugira ngo batange ibisobanuro ku mikorere mibi yagaragaye irimo ibura ry’ifu ya Shishakibondo, amata adahagije muri gahunda (…)
Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Nzeri 2023 yashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye na kompanyi Dual Fluid Energy Inc agamije kugerageza ikoranabuhanga rishya rizakoreshwa mu kubyaza amashanyarazi ingufu za Atomike.
Minisiteri y’Uburezi ubwo yatangazaga ku mugaragaro amanota y’ibizamini bya Leta kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Nzeri 2023, yahembye abanyeshuri 10 batsinze ibizamini by’amashuri abanza ndetse n’abatsinze ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.
Minisiteri y’Uburezi kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Nzeri 2023 yatangaje amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, igaragaza ko umubare munini w’abanyeshuri bakoze ikizamini batsinze.
Imibare yatangajwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu muri Maroc ivuga ko abantu basaga 2000 ari bo bamaze kubarurwa ko bahitanywe n’umutingito, abandi basaga 1400 bakomeretse bikomeye, naho abantu 2059 bagakomereka byoroheje.
Mu muhango wo gusezera kuri Senateri Ntidendereza William wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023 mu Nteko Ishinga Amategeko, yashimiwe uruhare yagize rwo gufatanya n’abandi mu kubohora u Rwanda.
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yeguye ku nshingano ze, nyuma y’uko yemejwe ku mugaragaro nk’umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ateganyijwe tariki 9 Ugushyingo 2023.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 10 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Rania El Banna, Ambasaderi wa Misiri urimo gusoza imirimo ye mu Rwanda.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari 109 bo mu Karere ka Gicumbi, batangaza ko moto bahawe zizabafasha kunoza akazi kabo neza, umuturage agahabwa serivisi ku gihe.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’ishoramari, Investment Corporation of Dubai unakuriye ikigo cya Kerzner International, Mohammed Al Shaibani, baganira ku gushimangira ubufatanye hagati y’iki kigo n’Igihugu cy’u Rwanda.
Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yasabye abaturage b’igihugu cya Uganda kujya bagenzura ibyangombwa by’abantu batandukanye bahuriye ahantu hari abantu benshi haba mu nsengero, mu mahoteri, mu masoko no muri za Bisi zitwara abagenzi ndetse no mu bindi birori bitandukanye bihuza abantu benshi kugira ngo bagenzure (…)
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama mu Karere ka Kamonyi, Niyobuhungiro Obed, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Nzeri 2023 yasezeye ku mirimo ye yo kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge ku mpamvu ze bwite.
Mu gihugu cya Mali ibitero by’ibyihebe byahitanye abantu 64 barimo abasivili 49 n’abasirikare 15.
Abakuru b’ibihugu bya Afurika bitabiriye Ihuriro nyafurika ku ruhererekane rw’ibiribwa (AGRF), ririmo kubera mu gihugu cya Tanzania, biyemeje gukomeza kubaka ubushobozi bw’urubyiruko hamwe n’abagore no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, hagamijwe kongera umusaruro w’ubuhinzi no gufasha umugabane wa Afurika kwihaza mu biribwa.
Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yemeje kongera igihe cy’amezi atatu ku ngabo z’uyu muryango ziri mu bikorwa byo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo (RDC). Uyu ni umwanzuro wafatiwe muri iyi nama idasanzwe ya 22, yateraniye i (…)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Nzeri 2023, inkongi y’umuriro yibasiye inyubako izwi ku izina rya L’Espace iherereye ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali. Amakuru Kigali Today yamenye ni uko iyi nzu yibasiwe n’inkongi isanzwe ikorerwamo ibikorwa by’imidagaduro, igikari cyayo cyari kibitse ibintu bitandukanye birimo (…)
Ababyeyi batuye mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Ntarama, Akagari ka Kanzenze mu Mudugudu wa Cyeru, baherutse gutanga itangazo rinyuzwa ku mbuga nkoranyambaga ndetse n’ahantu hatandukanye, bashakisha umwana wabo w’umukobwa w’imyaka 6 wari watwawe n’umugabo wari waje mu rugo rw’abaturanyi ashakisha akazi.
Mu ruzinduko Perezida Kagame yagiriye i Nairobi muri Kenya, aho yitabiriye inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika, yagiranye ibiganiro na bagenzi be harimo Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo ndetse n’uwa Sierra Leone, Julius Maada Bio.
Perezida Paul Kagame yitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yiga ku bibazo by’umutekano muke uranga mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Minisiteri y’Uburezi yatangaje ingengabihe y’umwaka w’amashuri 2023-2024, igaragaza ko abanyeshuri bazatangira kwiga ku itariki 25 Nzeri 2023.
Mu nama mpuzamahanga ya 25 y’Urugaga rw’Abaganga muri Afurika, iteraniye i Kigali guhera tariki ya 4 kugera tariki 9 Nzeri 2023, yiga ku ngamba zigamije guteza imbere ubuzima, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yagaragaje ko urwego rw’ubuzima rugikeneye ibikorwa byinshi birimo kongera umubare w’abaganga ndetse bafite (…)
Umuyobozi w’ Urwego rushinzwe Kugenzura Iyubahirizwa ry’Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye hagati y’Abagore n’Abagabo mu iterambere ry’Igihugu, Umutoni Gatsinzi Nadine, kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Nzeri 2023 yarahiriye inshingano zo kuyobora uru rwego.
Gen Brice Clotaire Oligui Nguema uherutse guhirika ubutegetsi muri Gabon, yarahiriye kuyobora icyo gihugu mu gihe cy’inzibacyuho, umuhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 4 Nzeri 2023.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe, bwafashe icyemezo cyo gusenya inzu ya Mbonyumukiza Félicien nyuma yo gusanga yarayubakiye hejuru y’imyobo, irimo imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside.
Sena y’u Rwanda yatangaje ko Senateri Ntidendereza William yitabye Imana tariki ya 3 Nzeri 2023, aguye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, azize uburwayi.
Perezida w’inzibacyuho muri Gabon, Gen. Brice Oligui Nguema, uherutse guhirika ubutegetsi bwa Perezida Ali Bongo, yatangaje ko azarahira muri uku kwezi kwa Nzeri 2023, anashyireho abagize Guverinoma bagomba kumufasha mu gihe cy’inzibacyuho.