Tariki 28 Nzeri 2023 u Rwanda rwizihije umunsi mpuzamahanga wa Demokarasi usanzwe wizihizwa tariki 15 Nzeri buri mwaka. Uyu munsi mpuzamahanga wizihirijwe mu nteko Ishingamategeko.
Mu biganiro Perezida wa Sena y’u Rwanda, Kalinda François Xavier yagiranye na Ambasaderi wa Pakistan mu Rwanda, Naeem Ullah Khan tariki 27 Nzeri 2023, byibanze ku bufatanye hagati y’Inteko Zishinga Amategeko n’uburyo bwo kuzamura ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.
Mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Nyamiyaga, inkuba yakubise abantu barindwi, umwe ahita ahasiga ubuzima. Byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki ya 27 Nzeri 2023 aho muri aka Karere haguye imvura nyinshi irimo inkuba n’umuyaga.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwasubitse urubanza ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, rwa Prof. Jean Bosco Harelimana, wahoze ari umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Amakoperative (RCA) n’abo bareganwa, bari abakozi b’iki kigo.
Inkongi y’umuriro yahitanye abantu 113 abandi 150 barakomereka, ubwo bari bitabiriye ibirori by’Ubukwe mu ntara ya Nineveh yo mu Majyaruguru ya Iraq.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga Kazungu Denis iminsi 30 y’agateganyo, akaba akurikiranyweho icyaha cyo kwica abantu 14.
Mu mujyi wa Kigali mu muhanda munini Kigali-Rwamagana kuri uyu wa kabiri tariki 26 Nzeri 2023 habereye impanuka y’ikamyo ahitwa Bambino mu kagali ka Nyagahinga umurenge wa Rusororo, mu karere ka Gasabo, ikomerekeramo abantu bane ituma umuhanda Kigali - Rwamagana udakomeza kuba Nyabagendwa.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres arasaba ibihugu guhagarika gukora intwaro za kirimbuzi kuko ziri mu byangiza ubuzima bw’abantu.
Bimwe mu byo mwarimu akeneye kugira ngo abashe gutanga uburezi bufite ireme, harimo no kwifashisha ikoranabuhanga mu gutegura no kwigisha amasomo, nk’uko impuguke mu burezi zibigaragaza.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yagaragaje ibyashingiweho kugira ngo inzibutso 4 za Jenoside yakorewe Abatutsi, zishyirwe mu murage w’Isi na INESCO.
Abanyeshuri bo mu Karere ka Kicukiro na Gasabo na Kamonyi bitabiriye umukino wa Karate, mu gihe cy’ibiruhuko bagera kuri 84, tariki ya 23 Nzeri 2023, bakoreye imikandara bava mu kiciro barimo bajya mu kindi, abitwaye neza bahabwa n’imidari.
Ku munsi wa mbere w’uruzinduko i Marseille mu gihugu cy’u Bufaransa, Papa Francis yunamiye impunzi n’abimukira baburiye ubuzima mu Nyanja ya Méditerrané.
Mu gihe habura iminsi ibiri gusa ngo amashuri atangire tariki 25 Nzeri 2023, ababyeyi bamwe baravuga ko bahenzwe n’ibikoresho by’abanyeshuri kubera ubwinshi bw’ababikeneye, ndetse ngo hari n’aho bajya kubigura bagasanga bimwe byashize.
Perezida Paul Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i New York, aho yitabiriye Inteko Rusange ya 78 y’Umuryango w’Abibumbye (UN), yabonanye n’abayobozi batandukanye bagirana ibiganiro byibanze ku mikoranire hagati y’u Rwanda n’inzego bayoboye.
U Rwanda rwifatanyije n’Isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Amahoro, wizihizwa tariki 21 Nzeri buri mwaka. Uyu munsi wizihirijwe mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda, urubyiruko rusabwa gukomeza kubumbatira amahoro u Rwanda rufite.
Kuri uyu wa Kane tariki 21 Nzeri 2023, nibwo Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha byo kwica abantu 14 yitabye Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, yemera ibyaha byose aregwa anasobanura uko yabikoraga.
Perezida Paul Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i New York, aho yitabiriye Inteko Rusange ya 78 y’Umuryango w’Abibumbye (UN), yabonanye na Mamady Doumbouya Perezida wa Guinea ku kongera ubufatanye bw’ibihugu byombi mu bucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi mu nzego za Leta n’izindi.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ryatangaje ko urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, urwa Bisesero, urwa Murambi n’urwa Nyamata zashyizwe mu murage w’Isi.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2024 kugira ngo akomeze gukorera abaturage b’u Rwanda igihe cyose babishaka.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ryatangaje ko Pariki y’Igihugu ya Nyungwe, iherereye mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, yashyizwe ku mugaragaro mu murage w’Isi.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko gahunda yo gufasha abanyeshuri gukorera impushya za burundu mu gihe cy’amezi, abiri yarangiye abantu 117,341 babonye impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga.
Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS), watangaje ko abimukira bagera kuri 400 bibasiwe n’ibiza by’inkubi y’umuyaga uvanzemo n’imvura, biherutse guhitana abantu benshi muri Libya.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Mujyi wa New York, aho yitabiriye Inama y’Inteko rusange ya 78 ya Loni, tariki ya 18 Nzeri 2023 yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye ku bikorwa bigamije iterambere ry’ubukungu bw’Igihugu.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Nzeri 2023, kuri Ambasade ya Libya mu Rwanda, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET), Prof Nshuti Manasseh, yanditse ubutumwa bwihanganisha igihugu cya Libya ku kaga cyatewe n’ibiza byibasiye icyo gihugu.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iherutse gutangaza zimwe mu nama zafasha abantu kwirinda uburwayi bwo mu mutwe n’uburyo umuntu yakwita ku muntu wahuye n’icyo kibazo.
Umuryango w’Abibumbye watangaje ko hakenewe inkunga yo gufasha abantu barenga ibihumbi 250 bagizweho ingaruka n’inkubi y’umuyaga uvanze n’imvura uherutse guhitana abantu mu gihugu cya Libya.
Ubwo yari mu Nama Mpuzamahanga y’Ihuriro rya G77 n’u Bushinwa ibera muri Cuba, tariki 15 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yagaragaje ko gushyira ingufu mu ikoranabuhanga bizakuraho ibibazo byugarije bimwe mu bihugu bikiri mu nzira y’Amajyambere.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, tariki ya 14 Nzeri 2023 yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Cuba Bruno Rodríguez ndetse bashyira umukono ku masezerano y’imikoranire irebana no gusangira ubumenyi n’amakuru mu bya Politiki hagati y’ibihugu byombi, hanasinywa amasezerano (…)
Abantu basaga 500 ni bo bamaze kurokorwa nyuma y’iminsi ine bamaze baragwiriwe n’inkuta z’amazu nyuma y’inkubi y’umuyaga uvanze n’imvura biherutse kwibasira igihugu cya Libya.
Ku wa Kane tariki ya 14 Nzeri 2023, abapolisi 228 basoje amahugurwa y’ibanze y’ibikorwa bya Polisi byihariye (Basic Special Forces course), yari amaze amezi 9 abera mu kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba (CCTC), giherereye i Mayange mu Karere ka Bugesera, basabwa kurangwa n’ubunyamwuga.