Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko abandi bantu 11 bagaragayeho icyorezo cya COVID-19 mu bipimo 1,197 byafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 02 Gicurasi 2020.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko ababyeyi bazongera bakishyura bundi bushya amafaranga y’ishuri y’igihembwe umwaka w’amashuri wongeye gutangira muri Nzeri 2020.
Muri iki gihe cyo kuguma mu rugo, umuhanzi Humble Jizzo wo muri Urban Boys arimo arashishikariza abana bari mu rugo kwihatira gusoma ibitabo birimo inkuru zibafasha kwagura ubumenyi binyuze kuri Telefone z’ababyeyi babo.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu , CP John Bosco Kabera, yatangaje ko nubwo ingamba zo kurwanya ikwirakwizwa rya Coronavirus mu baturage zorohejwe, bitavuze ko Coronavirus u Rwanda rwayitsinze, bityo Polisi ikaba itari buhagarike ubukangurambaga yakoraga bwo kwirinda iki cyorezo cyugarije isi.
Nyuma y’aho Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) igabanyirije urugero rw’inyungu yaka amabanki y’ubucuruzi kugira ngo abakiriya bayo bazahabwe inguzanyo yo kubyutsa ibikorwa, Banki ya Kigali (BK) iri mu bagiye kwigira hamwe n’abikorera uburyo bakubahiriza ubusabe bwa BNR.
Muri iki gihe cyo kuguma mu rugo kitoroheye benshi, umukinnyi wa filimi Niyitegeka Gratien yakoresheje igihe cye asoma inyandiko zirenga zirindwi anandika imikino 27 azakuramo filimi nshyashya hamwe n’imivugo mishya azashyira hanze ubwo gahunda ya #GumaMuRugo izaba irangiye.
U Rwanda rwafashe umwanzuro w’uko ibicuruzwa biba byamaze gukorerwa imenyakanisha kuri Gasutamo i Kiyanzi ariko bikaba biri bukomeze mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda (Transit Goods), ko bizajya biherekezwa kugera aho bigana.
Mu gihe igihugu cya Tanzania gikomeje kujya kugitutu cy’abagishinja kwanga gushyiraho ingamba zo kurinda abaturage kwandura icyorezo cya COVID-19, ndetse Leta igashinjwa guhisha amakuru y’abagenda bapfa bazize covid-19, Pezida John ombe Magufuli yasabye abaturage gukomeza gukora nta bwoba bafite nubwo icyorezo cyiyongera.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson, yavuze ko icyo gihugu kivuye mu bihe bigoye bityo ko batanakwirara ngo bakureho amabwiriza yose agamije kwirinda icyorezo byihuse.
Ababyeyi babyara muri ibi bihe hafashwe ingamba zo kurwanya icyorezo cya COVID-19, baragaragaza ibibazo byo kubura aho bagurira imyambaro y’impinja, bagahitamo kubambika imyambaro ishaje.
Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri mu Rwanda (Rwanda Extractives Workers Union (REWU), Mutsindashyaka André, arasaba abakoresha kubahiriza itegeko ry’umurimo ntibasese amasezerano y’akazi ndetse n’abayasubitse bakayasubukura kuko abatazabyubahiriza abazaba bishe itegeko (…)
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryahamagariye ibihugu by’Afurika kutirara ngo bikureho ingamba zikaze zo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, kabone nubwo bimwe na bimwe biri mu ntangiriro zo gukuraho gahunda ya #GumaMuRugo.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irahumuriza abarimu ba Leta batarimo gukora nk’uko bisanzwe kubera ihagarikwa ry’amashuri ryatewe na Covid-19, ko bazakomeza kubona umushahara wabo kugira ngo ukomeze kubafasha.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Soraya Hakuziyaremye aratangaza ko gusimburana kw’umubare w’abacuruzi batarenga 50% bakorera mu masoko bitazagorana.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko abandi bantu batandatu (6) bagaragayeho icyorezo cya COVID-19 mu bipimo 1,365 byafashwe ku wa Gatanu tariki 01 Gicurasi 2020.
Muri ibi bihe ibikorwa byinshi byahagaze, abantu bagasabwa kuguma mu ngo mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, aka gace ka Remera kimwe n’ahandi henshi mu Mujyi wa Kigali karakonje cyane. Muri iyi Video, Kigali Today iragutembereza mu bice binyuranye bya Remera, wirebere uko hasigaye hameze muri iyi minsi.
Itariki ya 01 Gicurasi buri mwaka, u Rwanda rwifatanya n’amahanga, mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umurimo. Muri uyu mwaka, uyu munsi wiziihijwe mu gihe Abanyarwanda basabwe kuguma mu ngo zabo, mu rwego rwo gukumira ikwirakwizwa ry’Icyorezo cya Coronavirus cyugarije u Rwanda ndetse n’isi muri rusange.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa kane tariki 30 Mata 2020, igamije kureba uko icyorezo cya Coronavirus gihagaze mu gihugu no kuba hari ibyahinduka ku ngamba zari zihari zo kuyirinda, yemeje ko amashuri mu gihugu cyose akomeza gufunga.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Rwanda, Prof. Shyaka Anastase, yatangaje ko abakorera mu Mujyi wa Kigali ariko batahatuye batemerewe kuza kuhakorera kuko amabwiriza mashya agamije kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 abuza ingendo zihuza Umujyi wa Kigali n’Intara.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko ikibazo cy’abarimu b’ibigo byigenga, Minisiteri y’Uburezi irimo kugitekerezaho, naho ku bantu barimo bafasha kubera kudakora ngo imibare y’abafashwa igiye kugabanuka.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel aremeza ko ubushakashatsi buherutse gukorwa mu gihugu hose hagamijwe kureba niba mu baturage hari indwara ya COVD-19, ngo bwasanzwe nta bwandu bushya buri mu baturage.
Icyorezo cya COVID-19 cyakomye mu nkokora abari bafite ubukwe barabuteguye. Benshi ubu barahombye, abandi amatariki arimo arabagereraho, bamwe bakaba batari bazi niba bashobora kubukora cyangwa bashobora kubusubika, cyangwa bashobora gukora ubukwe bw’abantu bakeya nk’uko abashyingura hemerewe abatarenze 30, nk’uko amabwiriza (…)
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) itangaza ko umusaruro w’igihembwe cya mbere cy’ihinga wabaye mwiza kandi n’uw’icya kabiri uzaba mwiza, kuko imvura igihari bityo ko nta kibazo cy’ibiribwa kiragaragara mu gihugu.
Amafoto y’umugore witwa Peninah Bahati Kitsao, utuye mu mujyi wa Mombasa muri Kenya atetse amabuye, yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye muri Kenya. Uyu mugore yabwiye ibitangazamakuru binyuranye ko yatetse aya mabuye kugira ngo ahe abana be 8 atunze, icyizere cy’uko baza kurya, kuko ngo COVID-19, yamuteje ubukene (…)
Umukunzi wa Kigali Today witwa Gasore Séraphin akaba Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa COTRAF-RWANDA n’Umuhuzabikorwa wa Synergie-Zamuka, yifuje gusangiza abandi basomyi iyi nkuru yagejeje kuri Kigali Today ikoze mu buryo bw’Igitekerezo (Opinion) ariko by’umwihariko kijyanye n’uyu munsi mpuzamahanga w’Umurimo.
Abanyarwanda benshi baraye bategereje itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 30 Mata 2020, ryari ryitezweho kubemerera gusohoka muri gahunda ya #GumaMuRugo cyangwa koroshya amabwiriza yari asanzwe agenderwaho.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro ku wa Kane tariki 30 Mata 2020 iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Abana ibihumbi bitandatu mu mu karere ka Gisumbi bamaze kugezwapo amagi yaguzwe na Leta muri gahunda yo gukemura ibibazo by’aborozi b’inkoko bari barabuze isoko ry’amagi no muri gahunda yo guteza imbere imirire myiza ku bana.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko abandi bantu cumi n’umunani (18) bagaragayeho icyorezo cya COVID-19 mu bipimo 1,140 byafashwe ku wa Kane tariki 30 Mata 2020.
Ifoto yashyizwe kuri Twitter y’umugabo uhetse umwana w’amezi 10 mu mugongo, mu gihe yitabiraga n’inama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga (video-conference) , yabanje kugaragara nk’aho nyirayo yashatse kunezeza abantu muri ibi bihe bari mu ngo kubera Coronavirus.