Ku wa Gatatu tariki 12 Nyakanga 2023, nibwo abagize ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abangavu batarengeje imyaka 16 mu mukino wa Basketball, bageze i Monastir muri Tunisia aho basanzeyo basaza babo nabo batarengeje imyaka 16, aho bagiye kwitabira imikino nyafurika ya FIBA U16 AFRICAN CHAMPIONSHIP 2023.
Ikipe y’igihugu ya Uganda y’abagore mu mupira w’amaguru Crested Cranes inganyije ibitego 3-3 n’iy’u Rwanda mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali.
Umutoza w’umukino wa Volleyball, Umunya-Brazil, Paulo De Tarso Milagres, yasesekaye mu Rwanda mu gicuku cyo kuri uyu wa Mbere ushyira igitondo cyo ku wa Kabiri tariki 4 Nyakanga 2023, aho aje gutoza amakipe y’Igihugu y’u Rwanda.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB), ryateguye irushanwa ryo kwizihiza umunsi wo kwibohora (Liberation Cup 2023), kuva tariki ya 8-9 Nyakanga 2023.
Guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Kamena 2023, mu Rwanda harabera irushanwa ngarukamwaka rya Volleyball rifite intego yo kwibuka abahoze ari abayobozi, abakinnyi ndetse n’abakunzi b’uyu mukino bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 na 25 Kamena 2023, i Kigali harabera irushanwa ngarukamwaka rya Volleyball ryo kwibuka abahoze ari abakinnyi, abayobozi n’abafana b’umukino wa Volleyball, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru tariki ya 24 na 25 Nyakanga i Kigali haratangira irushanwa ngarukamwaka rya Volleyball ryo kwibuka abahoze ari abakinnyi, abayobozi n’abafana b’umukino wa Volleyball bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino wa Basketball mu bagabo, iri mu gihugu cya Tanzania mu mikino y’akarere ka gatanu mu rwego rwo gushaka itike yo gukina imikino ya Afurika yiswe AFROCAN, iteganyijwe kubera muri Angola tarikiya 8 kugeza tariki ya 17 Nyakanga 2023, ikaba yatsinzwe n’u Burundi.
U Rwanda binyuze mu kigo cy’igihugu gishinzwe itermbere (RDB) bongereye amasezerano n’irushanwa rya basketball rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo (BAL) yo gukomeza gutegura no kwakira imikino ya kamarampaka n’imikino ya nyuma mu gihe kingana n’imyaka 3 iri imbere.
Ku Cyumweru tariki 11 Kamena 2023, mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye mu Iseminari nto yo ku Karubanda (Petit Seminaire Virgo Fidelis), hasojwe irushanwa ryo kwibuka Alphonse Rutsindura wari umwarimu n’umutoza wa Volleyball muri iryo shuri, wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu ishuri ya Lycée de Kigali, habereye umuhango wo guha ibikoresho amashuri yatoranyijwe muri gahunda y’umushinga wa ‘ISONGA-AFD’, ugamije guteza imbere impano z’abakiri bato mu mikino itandukanye binyuze mu bigo by’amashuri binyuranye, wari umaze imyaka ibiri waratangijwe ariko udakora.
Ku Cyumweru tariki 4 Kamena 2023, mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Muhanga, mu rwunge rw’amashuri rwa St Joseph i Kabgayi, hasorejwe shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu mukino wa Volleyball.
Kuva tariki ya 10-11 Kamena, mu Karere ka Huye muri Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare, harongera guhurira ibihanganjye mu mukino wa Volleyball mu irushanwa ngarukamwaka ryitiriwe kwibuka nyakwigendera Alphonse Rutsindura (Memorial Rutsindura), irushanwa rizaba ku nshuro ya 19.
Ku bufatanye n’ishyiramwe y’imikino ngororangingo mu Rwanda (FERWAGY), ishuri ryigisha imikino itandukanye rya The Champions Sports Academy ryatangije ku mugaragaro ikipe y’imikino ngororangingo nyuma y’umwaka umwe bitegura.
Ikipe ya Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri ni yo yegukanye irushanwa rya BAL 2023, itsinze ikipe ya AS Douane yo muri Senegal ku manota 80 kuri 65.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tari 26 Gicurasi 2023, mu Nzove ku kibuga cya Rayon Sports yubakiwe n’umuterankunga wayo, Rayon sports y’abagore yamurikiye abafana n’ubuyobozi bwa Skol igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya 2 iherutse kwegukana.
Minisiteri ya siporo u Rwanda yasinyanye amasezerano n’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball ku mugabane wa Afurika (FIBA-AFRICA ) yo gutegura no kwakira igikombe cya Afurika mu bagore (FIBA Women AfroBasket 2023) giteganyijwe muri Kamena 2023
Amakipe ya Association Sportive des Douanes, ikipe ikomoka mu gihugu cya Senegal na Al Ahly Basketball Club yo mu Misiri, zigeze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya BAL (Basketball Africa League), nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya ½.
Ikipe ya Kiyovu Sports ntiyahiriwe n’umunsi wa 29 wa shampiyona nyuma yo gutsindwa na Sunrise igitego kimwe ku busa, bituma itakaza umwanya wa mbere.
Ikipe ya Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu, REG Basketball Club, yongeye gusezererwa muri 1/4 mu mikino ya nyuma ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu mikino ya Basketball muri Afurika, BAL 2023.
Amakipe ya APR VC y’abagore na REG VC y’abagabo ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Volleyball CAVB Club Championship, yose, yasezerewe atarenze kimwe cya kane (¼), inzozi zo kwegukana umudari zishyirwaho akadomo.
Mu gihe habura iminsi itageze no ku kwezi ngo irushanwa mpuzamahanga ngaruka mwaka ryo gusiganwa ku maguru ryitiriwe amahoro rya Kigali ribe, hamenyekanye bimwe mu bihangange bitegerejwe I Kigali.
Mu irushanwa rihuza amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane wa Afurika, CAVB CLUB CHAMPIONSHIP rikomeje ubera mu gihugu cya Tuniziya, amakipe ahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa yamaze kwerekeza mu cyiciro gikurikira nyuma yo kwitwara neza mu matsinda.
NESPAL GIDEON ANGIRO ukomoka mu gihugu cya Uganda yamze kwerekeza mu ikipe ya APR VC ikina mu cyiciro cya mbere muri shampoyona ya hano mu Rwanda.
Mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo CAVB club championship 2023 ikomeje kubera mu gihugu cya Tunisiza, Ikipe ya APR y’abagore (APR WVC) yabonye itsinzi mu gihe ikipe ya REG VC yo itahiriwe n’umunsi wa 2.
Mu mpera z’icyumweru gishize, mu Karere ka Nyaruguru hasojwe irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu mukino ukomatanyije unzwi nka Triathlon ryiswe ‘Race to Remember Nyaruguru Duathlon Challenge 2023’, aho Ngendahayo Jérémie na Mutimukeye Saidat bari mu bitwaye neza.
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu mupira w’amaguru w’abagore itsinze ikipe y’Indahangarwa kuri penariti 4-3 mu mukino warangiye ari igitego 1-1 kuri Stade ya Bugesera.
Mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu mukino wa Volleyball muri Afurika 2023 CAVB club championship ikomeje kubera mu gihugu cya Tunisia, ikipe ya APR y’abagore ntiyahiriwe no gutangira kuko yatsinzwe n’igihanganjye cyo mu misiri Zamalek.
Ku mugoroba wa tariki ya 11 Gicurasi 2023, Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Munyangaju Aurore Mimosa, aherekejwe n’Umunyamabanga uhoraho muri iyo Minisiteri, Niyonkuru Zephanie, basuye ikipe ya REG Basketball Club aho iri mu mwiherero.
Ikipe ya REG VC ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’ afurika CAVB CLUB CHAMPIONSHIP 2023 yisanze mu itsinda rya kane (Group D) iri kumwe na Mouloudia Sportive de BouSalem yo mugihugu cya Tunisia.