Ikipe y’Igihugu y’abagore ya Volleyball iherereye muri Cameroon, yabonye intsinzi ya gatatu yikurikiranya nyuma yo gutsinda iya Uganda amaseti 3-0.
Mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali Pelé Stadium mu irushanwa rya CAF Champions League mu mukino w’ijonjora ry’ibanze, ikipe ya APR FC yanganyije na Gaadiidka FC yo muri Somalia igitego 1-1 mu mukino ubanza.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze iya Gasogi United ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru 2023-2024, ihita inafata umwanya wa mbere. Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatanu Triki 18 Kamena 2023, kuri Kigali Pelé Stadium.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball, yiyongereye amahirwe yo kwerekeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Afurika nyuma yo kwisasira ikipe y’igihugu ya Burkina Faso iyitsinze amaseti 3-0 (25-8, 25-7, 25-14).
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Volleyball, ntiyahiriwe n’umunsi wa mbere w’Igikombe cy’Afurika CAVB NATIONS CHAMPIONSHIP 2023, nyuma yo gutsindwa na Kenya ameti 3 ku busa.
Kuri iki cyumweru taliki ya 13 Kanama ni bwo imikino ya shampiyona y’umwaka w’imikino muri basketball mu Rwanda yashyirwagaho akadomo mu mikino ya nyuma ku ngengabihe, aho REG BBC yegukanye intsinzi n’amanota 73 kuri 72 ya PATRIOTS BBC.
Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 13 Kanama 2023, ubwo hatangizwaga iserukiramuco rya Giants Of Africa ndetse ryanahujwe no kwizihiza imyaka 20 uyu muryango umaze ushinzwe, Perezida Paul Kagame yibukije urubyiruko rwa Afurika ko bagomba kuba ibihangange, kandi ko kuba igihangange nta kindi bisaba usibye kubihitamo.
Mu gihe ibikorwa by’iserukiramuco rya Giants of Africa birimbanyije hano mu Rwanda, ndetse hanizihizwa imyaka 20 umuryango wa Giants of Africa umaze ushizwe, kuri iki cyumweru mu mudugudu wa ‘Agahozo Shalom Youth Village’ mu Murenge wa Rubona, mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba, hatashywe ibibuga 2 by’umukino wa (…)
Ku wa Gatandatu tariki 12 Kanama 2023, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa volleyball, yakinnye umukino wa mbere wa gicuti n’ikipe y’igihugu ya Maroc, mu rwego rwo gukomeza kwitegura imikino y’Afurika.
Mu ijoro ryacyeye rishyira kuri uyu wa kane, ikipe y’Igihugu y’abagore mu mukino wa volleyball, yahagurutse i Kigali yerekeza i Yaoundé muri Cameroon.
Ikigega Iterambere Fund gicungwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibigega by’Imigabane ku Ishoramari mu Rwanda (Rwanda National Investment Trust-RNIT), gikomeje kwegera aba siporutifu mu rwego rwo gukomeza kubashishikariza ibyiza byo kwizigamira, bateganyiriza ejo hazaza kandi bidasabye gushora byinshi, Rayon Sports ikaba ishima (…)
Ibirori by’umunsi w’igikundiro kubakunzi ba Rayon Sports byasojwe nabi nyuma yo gutsindwa na Police Kenya 1-0.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball itahanye umwanya wa kane nyuma yo gutsindwa na Mali mu guhatanira umwanya wa gatatu.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 03 Kanama 2023, yahuye n’abagize ikipe y’u Rwanda y’abagore y’umukino wa Basketball, abashimira kuba barabashije kugera muri 1/2 mu irushanwa nyafurika ririmo kubera mu Rwanda.
Abatuye mu Karere ka rubavu n’abakagenda barabarira iminsi ku ntoki, aho ubu habura ibiri gusa irushanwa rya IRONMAN 70.3 rikongera kubera muri aka karere ku nshuro ya 2, nyuma yo kuhabera umwaka ushize nanone mu kwezi nk’uku.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Basketball, ikatishije itike yo gukina imikino ya 1/2 nyuma yo gutsinda abagande amanota 66 kuri 61, umukino wanarebwe na Perezida Paul Kagame.
Mugihe imikino y’igikombe cya Afurika mu bagore mu mukino wa basketball (FIBA WOMEN AFROBASKET 2023) irimbanyije, nyuma kandi yo gusoza imikino yo mu matsinda ndetse na kamarampaka ku makipe ataraboneye itike mu matsinda, ubu hatahiwe imikino ya ¼ ku makipe yakomeje harimo n’u Rwanda.
Mu gihe habura iminsi 17 ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru ya 2023-2024 itangire, amakipe arimo Police FC yatangiye gukina imikino ya gicuti mu rwego rwokwitegura umwaka w’imikino.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball mu bagore, itsinzwe na Angola amanota 74 kuri 68 ariko yerekeza mu cyiciro gikurikira.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Basketball, yatangiye neza itsinda igihugu cya Côte d’Ivoire ku munsi wa mbere, amanota 64 kuri 35.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Nyakanga i Kigali mu Rwanda hatangiye irushanwa nyafurika rya Basketball mu cyiciro cy’abagore (FIBA WOMEN AFROBASKET 2023) aho ibihugu 12 ari byo bizahatanira iki gikombe kigiye gukinwa ku nshuro ya 26 kikaba gikinwa rimwe mu myaka ibiri.
Kuva tariki ya 14 kugeza tariki ya 25 Kanama 2023, ikipe yigihugu y’abagore mu mukino wa Volleyball izitabira imikino y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroon.
Hashize iminsi hatutumba umwuka n’amakuru avuga ko umutoza w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi Stars’, Umunya-Espagne Carlos Alós Ferrer, yaba yarasabye gusesa amasezerano yo gutoza iyi kipe nyuma y’amezi atatu gusa yongereye imyaka ibiri, ariko Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS) ikavuga ko irabona ibaruwa ye.
Umunyarwandakazi akaba n’umutoza w’umukino wa Tennis mu Rwanda, Umulisa Joselyne, yatangije umuryango Tennis Rwanda Children’s Foundation, uje kuzamura impano z’abana bakiri bato muri Tennis mu Rwanda.
Guhera tariki ya 28 Nyakanga kugeza tariki ya 5 Kanama 2023, mu Rwanda harabera irushanwa ry’igikombe cya Afurika cy’abagore mu mukino wa Basketball (Women’s AfroBasket 2023).
Ikipe y’Igihugu y’umukino wa Basketball mu bagabo yasesekaye i Kigali, nyuma yo kwegukana umwanya wa 3 mu irushanwa rya afurika AFROCAN.
Ku mugoroba wo kuri iki cyumweru, i Luanda mu gihugu cya Angola ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa basketball yaraye yegukane umwanya wa 3 mu irushanwa rya AFROCAN 2023 ihigitse igihugu cya Congo cyari kibitse iki gikombe ku manota 82 kuri 73.
Umutoza w’ikipe z’Igihugu z’u Rwanda mu mukino wa Volleyball, umunya Brazil Paulo De Tarso Milagress, yahamagaye abakinnyi, abagabo n’abagore bagomba gutangira imyitozo bitegura imikino y’igikombe cy’Afurika, African Nations Championship 2023, iteganyijwe mu kwezi gutaha.
Ikipe y’Igihugu ya Basketball nkuru yamaze kwerekeza muri ½ cy’irushanwa nyafurika, AFROCAN 2023, nyuma yo gutsinda ikipe ya Angola amanota 73-63.
Ku wa Gatatu tariki 12 Nyakanga 2023, nibwo abagize ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abangavu batarengeje imyaka 16 mu mukino wa Basketball, bageze i Monastir muri Tunisia aho basanzeyo basaza babo nabo batarengeje imyaka 16, aho bagiye kwitabira imikino nyafurika ya FIBA U16 AFRICAN CHAMPIONSHIP 2023.