Ikipe ya Police FC itsinze ikipe ya Le Messager de Ngozi yo mu Burundi ibitego 4-1, mu mukino wa gicuti.
Mu gihe hirya no hino mu Rwanda hakomeje kubakwa ibikorwa remezo bijyanye n’igihe bizafasha imikino itandukanye gukinira ahantu heza kandi hagezweho, i Kigali hagiye kuzura indi nyubako izajya yakira imikino ikinirwa mu nzu.
Mu irushanwa rya Mapinduzi Cup 2024 rikomeje kubera mu gihugu cya Zanzibar, ikipe yo mu Rwanda ya APR FC yatsinze iya JKU SC yo mu gihugu cya Tanzania ibitego 3-1, yiyongerera amahirwe yo gukomeza mu cyiciro gikurikira.
Ku wa Gatandatu tariki ya 30 Ukuboza 2023, nibwo hasojwe shampiyona y’abakozi aho ikigo cy’igihugu gishinzwe abinjira n’abasohoka (Immigration) cyihariye ibikombe mu byiciro bitandukanye.
Mu gihe hashize iminsi micye amakipe y’Igihugu mu mukino wa Volleyball yo ku mucanga abonye itike yo gukina imikino nyafurika (All African Games), bagenzi babo bakina Volleyball yo mu nzu (Indoor Volleyball) bashobora kutitabira iyi mikino kubera ingengabihe yatinze kumenyekana.
Clare Akamanzi uherutse gusimburwa ku buyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) yahawe inshingano nshya, akaba yagizwe Umuyobozi Mukuru (CEO) wa NBA Africa izwiho kuzamura no guteza imbere abakinnyi bafite impano mu mukino wa Basketball muri Afurika.
Ku wa Gatandatu tariki ya 23 ukuboza 2023, mu gihugu cya Kenya mu mujyi wa Mombasa, hasojwe irushanwa ryo ku rwego rw’akarere ka gatatu mu gushaka itike y’imikino Olempike izabera mu gihugu cy’u Bufaransa muri Kanama umwaka utaha, ndetse n’imikino nyafurika (All African games 2024).
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 18 Ukubiza 2023, amakipe y’Igihugu mu mukino wa volleyball yo ku mucanga, yerekeje muri Kenya mu irushanwa ryo gushaka itike y’imikino Olempike ya 2024 izabera mu Bufaransa.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya FIBA AFRICA WOMEN BASKETBALL LEAGUE, REG Women Basketball Club, iresurana na Kenya Ports Authority (KPA WBBC) mu mukino wa 1/2.
Kuva tariki ya 16 na 17 Ukuboza, i Kigali hazabera irushanwa rya volleyball yo kumucanga (Beach Volleyball) ryateguwe n’abahoze bakina volleyball mu Rwanda aho bazarihuriramo n’abagikina uyu mukino.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika REG WBBC, kuri uyu mubgoroba iracakirana na Equity Bank yo muri Kenya.
Mu mpera z’icyumweru gishize, i Kigali habereye inama y’inteko rusange idasanzwe y’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda aho bemeje amatariki y’itangira rya shampiyona y’umwaka wa 2024 ndetse hongerwa n’umubare w’abakinnyi bemewe bakomoka hanze y’u Rwanda.
Mu gihe habura ukwezi kumwe gusa ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Volleyball mu Rwanda itangire, ikipe ya REG Volleyball Club yamaze kubona umutoza mushya.
Irushanwa rya CECAFA U18 CHALLENGE CUP 2023 ryaberaga mu gihugu cya Kenya ryasojwe kuri uyu wa Gatanu aho ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabaye iya kane, naho Uganda itwara igikombe itsinze Kenya.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Ukuboza 2023, nibwo abahagarariye shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda mu cyiciro cya mbere (Rwada Premier League), basinyanye amasezerano na StarTimes, yo kwerekana shampiyona.
Nyuma yo gutsindwa n’ikipe y’Igihugu y’ingimbi ya Uganda igitego 1-0, u Rwanda ruragaruka mu kibuga kuri uyu wa Gatanu rucakirana n’ikipe y’igihugu y’ingimbi ya Tanzania mu guhatanira umwanya wa gatatu mu irushanwa rya CECAFA U18 CHALLENGE CUP 2023.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 18 (Amavubi U18), isoje imyitozo ya nyuma mbere yo guhura n’ikipe y’igihugu ya Uganda mu mukino wa ½ cya CECAFA U18 CHALLENGE CUP 2023 ikomeje kubera muri Kenya.
Kuri uyu wa Gatandatu mu mujyi wa Kigali hasojwe irushanwa ngarukamwaka ry’abato ry’abatarengeje imyaka 15 rya Jr NBA League, aho amakipe ya Lycée de Kigali mu bagabo na GS Marie Reine Rwaza mu bagore ari bo begukanye ibikombe.
Ikipe y’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu Rwanda Energy group (REG VC) yongeye gukora mu jisho amakipe bahanganye muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda isinyisha abakinnyi 2 bakomeye mu karere.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu na APR VC, Gisubizo Merci yahagaritswe mu bikorwa bya volleyball byose umwaka wose nyuma y’imyitwarire mibi yagize mu irushanwa rya Zove V riherutse ku bera mu Rwanda.
Guhera kuri uyu wa Kane mu Rwanda hatangiye irushanwa ryo koga rihuza ibihugu 10 bivuye mu Karere ka gatatu (Africa Aquatics Zone 3 Swimming Championship 2023).
Abakunzi b’umukino wa Volleyball mu Rwanda bongeye kubona uburyohe bwa Volleyball ku rwego rwo hejuru mu irushanwa ry’Akarere ka gatanu ryabereye i Kigali kuva tariki ya 13 kugeza tariki 19 Ugushyingo 2023.
Ku wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, mu nyubako y’imikino ya BK Arena, hatangiye irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Volleyball rihuza amakipe yo mu karere k’iburasirazuba, aho amwe mu makipe yo mu Rwanda yitwaye neza.
Ku Cyumweru tariki 12 Ugushyingo 2023, mu nyubako y’imikino ya BK ARENA, hasojwe irushanwa ngarukamwaka ryo gushimira abasora mu mukino wa Volleyball (Taxpayers Appreciation Volleyball Tournament).
Nyuma yo gusoza shampiyona y’umwaka wa 2023, Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda, ku bufatanye n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Zmahoro (RRA), bateguye irushanwa ryo gushimira abasora.
Ikipe ya REG VC yamaze kongeramo imbaraga mu bakinnyi, nyuma y’aho yari yatakaje abakinnyi yagenderagaho harimo aberekeje muri Kepler University
Nyuma yuko shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mukino wa Volleyball ishyizweho akadomo, amakipe acyeneye kwiyubaka yo yamaze guhaha, mu gihe REG VC yo yamaze gutakaza abakinnyi 6 bari inkingi za mwamba.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 6 Ugushyingo ni bwo hasojwe shampiyona ya Volleyball mu cyiciro cya mbere, aho amakipe ya Rwanda Revenue Authority (RRA VC) mu cyiciro cy’abagore na GISAGARA VC mu bagabo ari yo yegukanye shampiyona.
Mu irushanwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku magare mu misozi ribera mu Rwanda, Abadage Daniel Gathof na Bart Classens bakinira Ikipe ya Shift Up for Rwanda 1, begukanye agace ka gatatu nyuma yo gukoresha amasaha 03 iminota 08 n’amasegonda 24 ku ntera y’ibilometero 71,5.
Mu irushanwa ryo gushaka itike y’imikino nyafurika ya FIBA Africa Women Basketball League, ikipe ya REG WBBC itsinze ikipe ya JKL Lady Dolphins yo muri Uganda amanota 66 kuri 65, mu mukino wa nyuma mu itsinda ihita inasoza ku mwanya wa kabiri.