Nyuma y’imikino ya ½ muri kamarampaka, nyuma kandi y’uko amakipe ya APR VC na Police VC ageze ku mukino wa nyuma mu byiciro byombi, abagabo baratangira gukina mu mpera z’iki cyumweru.
Mu mpera z’iki cyumweru bizaba ari ibirori n’urusobe rw’amahitamo ku bakunzi b’imikino, aho Stade Amahoro, BK Arena na Petit Stade zose zizakira imikino itandukanye ku munsi umwe.
Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo hakinwe umunsi wa mbere wa kamarampaka (playoffs) mu mukino wa volleyball, aho amakipe ya POLICE na APR yatanze ibimenyetso byo kugera ku mukino wa nyuma.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu rwanda (FRVB), ryamaze gushyira hanze ingengabihe y’imikino ya kamaparanka izwi nka (Playoffs).
Ku Cyumweru tariki 9 Werurwe 2025, mu rwunge rw’amashuri rya Butare (Groupe Scholaire Officiel de Butare) hasojwe irushanwa ngarukamwaka ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel, aho amakipe ya APR VC mu bagore na Gisagara VC mu cyiciro cy’abagabo, aribo begukanye ibikombe.
Amakipe ya APR VC mu bagabo n’abagore, ku nshuro ya mbere mu mateka yayo, yegukanye ibikombe by’irushanwa ry’Akarere ka gatanu (CAVB Zone V Club Championship 2025) ryaberaga i Kampala muri Uganda.
Mu gihe irushanwa rihuza amakipe yo mu karere ka gatanu (CAVB Club Championship) ritangira none i Kampala muri Uganda, Amakipe ahagarariye u Rwanda yamenye amatsinda aherereyemo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 25 Gashyantare 2025, amakipe ahagarariye u Rwanda mu mukino wa volleyball, APR VC (Abagabo n’abagore) Police VC ndetse na REG VC arahaguruka i Kigali yerekeza mu gihugu cya Uganda mu irushanwa ry’akarere ka gatanu rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, ‘CAVB Club Championship 2025’ rizabera i Kampala.
Ikipe ya REG Volleyball Club yatsinze ikipe ya Gisagara Volleyball Club amaseti 3-1, amahirwe yo kuza mu makipe ane ya mbere arayoyoka.
Mu kiganiro ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwagiranye n’itangazamakuru kuri uyu Gatanu tariki ya 7 Gashyantare 2025, bwasobanuye byimbitse ibibazo n’impinduka zivugwa muri iyi kipe.
Abategura Tour Du Rwanda ndetse n’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY), bahumurije abazitabira isiganwa ngarukamwaka ry’amagare, ko umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo (DRC), igihugu gihana imbibi n’u Rwanda ko ntaho bihuriye n’u Rwanda bityo ko isiganwa rya Tour Du Rwanda ry’uyu mwaka, rizaba nta (…)
Amakipe y’abagore ya Police VC na Kepler VC mu cyiciro cy’abagabo, ni yo yegukanye irushanwa ry’umunsi w’Intwari (#Ubutwari2025).
Ku wa Gatanu tariki 31 Mutarama 2025, nibwo hasojwe irushanwa ry’Intwari mu cyiciro cya gisirikare mu mupira w’amaguru, aho Ishuri ry’Imyitozo ya Gisirikare rya Gabiro (Combat Training Center/CTC) ryegukanye igikombe ritsinze Special Operations Force (SOF) kuri penaliti 4-3.
Mu gihe habura iminsi micye ngo twizihize umunsi w’Intwari z’Iguhugu, nk’uko kandi buri mwaka bikorwa mu mikino itandukanye hakinwa irushanwa ry’Intwari ‘Heroes Tournament’, dore uko imikino iteye mu mpera ziki cyumweru.
Mu mpera z’icyumweru gishize, i Kigali intero yari volleyball nyuma yo kuzuza Petit Stade ku buryo budasanzwe, dore ko bamwe mu bantu bari bitabiriye uyu mukino, byabaye ngombwa ko banahagarara.
Kuri uyu wa 25 Mutarama, mu karere ka Huye, intara y’amajyepfo hasojwe imikino ngarukamwaka y’abakozi aho amakipe ya MINECOFIN yigaragaje naho RBC yongera kwegukana igikombe.
Umwaka urashize umukinnyi ukiri muto Kategaya Elia, avuye mu ikipe ya Mukura VC yerekeje muri APR FC, aho uyu musore wazamukiye mu Ntare atisanze mu kibuga cya ‘Nyamukandagira mu kibuga kikarasa imitutu’, kuko amaze kuyikinira umukino umwe rukumbi mu mezi asaga 12.
Shampiyona ya volleyball mu cyiciro cya mbere, iragaruka kuri uyu wa gatanu taliki ya 17 Mutarama 2025 hakinwa imikino yo kwishyura (return leg)
Ikipe ya Paul Akan ukomoka muri Ghana ukinana na Koita Jahara we ukomoka muri Gambia, n’iya Munezero Valentine ukinana na Mukandayisenga Benitha, ni bo begukanye irushanwa rya Beach Volleyball National Tour ryaberaga kuri King Fisher ku Rwesero.
Abakinnki babigize umwuga mu mukino wa volleyball yo ku mucanga, Ntagengwa Olivier afatanyije na Akumuntu Kavalo, ndetse na Munezero afatanyije na Mukandayisenga Benitha, begukanye irushanwa rya Mamba Beach Volleyball Tournament ryasojwe ku cyumweru.
Mu nama y’inteko rusange idasanzwe yateranye kuri uyu wa gatandatu taliki ya 21 Ukuboza, Mugwiza Desire yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA).
Tariki ya 21 Ukuboza 2024, hateganyijwe amatora ya Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA). Mugwiza Désiré wari usanzwe uyobora iri shyirahamwe, ni we mukandida rukumbi ku mwanya wa Perezida.
Mu mukino wa Kung Fu mu Rwanda hagiye gushyirwaho amakipe y’igihugu (Club National) ahoraho, yaba mu mirwanire ndetse n’imyiyereko mu byiciro bitandukanye, abagabo ndetse n’abagore.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 06 muri Sitade nto y’i Remera (Petit Stade Amahoro) harakomeza shampiyona ya Volleyball hakinwa umunsi wa gatanu, aho imikino yose iteganyijwe kuri uyu munsi iri bugire impinduka ku rutonde rwa shampiyona.
Mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona, ikipe ya Rayon Sports itsinze Muhazi United ibitego 2-1, yuzuza imikino icyenda itsinda ndetse ikomeza no kuyobora shampiyona by’agateganyo mbere yo guhura na mukeba kuri uyu wa Gatandatu.
Ikipe ya APR FC inganyije na Police FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona, mbere y’uko iyi kipe y’Ingabo ikina na Rayon Sports mu mukino w’amateka.
Mu mpera z’icyumweru twasozaga, shampiyona y’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda, yarakomezaga hakinwa umunsi wa kane, aho wasize amakipe ya APR VC yongeye gutakaza naho RRA WVC ifata umwanya wa mbere.
Myugariro Niyigena Clement, yafashije APR FC gutsinda AS Kigali igitego 1-0 nyuma y’imyaka itandatu yari ishize iyi kipe y’Ingabo idatsinda Abanyamujyi muri shampiyona.
Ikipe ya Rayon Sports inyagiye ikipe ya Vision FC ibitego 3-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona n’amanota 26 n’imikino umunani yikurikiranya idatsindwa.