Amarangi atukura yasigwaga ku nzu z’uruganda rwa CIMERWA bamwe mubahoze ari abakozi barwo babagamo, ngo cyari ikimenyetso ko Jenoside yari yarateguwe ku rwego rwo hejuru byanatumye umubare w’abahiciwe wiyongera. Ikibabaza abaharokokeye cyane ni uko imyaka 25 ishize bataramenya aho imibiri y’abo bakoranaga yajugunywe.
Mu Karere ka Nyamasheke hari bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bavuga ko batumva impamvu nyuma y’imyaka 25 Jenoside ihagaritswe hakiri bamwe mu babahemukiye kugeza ubu bataratera intambwe ngo babasabe imbabazi bigatuma ibikomere bidakira.
Abafite inshingano zo kuyobora amadini n’amatorero bo mu Karere ka Rusizi barasabwa kubyaza umusaruro ubushobozi bafite bwo kuyobora abantu benshi kandi babumvira babakangurira kubohoka bagatanga amakuru y’ahajugunywe imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ngabonziza Luis wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi wo mu Karere ka Musanze, avuga ko yabonye ibimenyetso bya Jenoside mu mwaka wa 1991 aho ubwo yari arwaje umubyeyi we mu bitaro bya Ruhengeri, abaganga bamwambuye Serumu nyuma yo kumenya ko ari Umututsi bimuviramo urupfu.
Mu gitondo cyo ku wa 11 Mata 2019, Jeannine Nyiransabimana w’imyaka 34 y’amavuko, wo mu Karere ka Kirehe, yabyutse yitegura ngo ajye kwifatanya n’abandi kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko ntibyamuhira kuko ngo umugabo bivugwa ku ubundi bari basanzwe babanye neza, yahise amwica ngo amuhora ko atashakaga (…)
Umuyobozi muri Sosiyete y’Ubwishingizi mu Rwanda, SONARWA, ashimira Inkotanyi zarokoye abicwaga mu gihe bari batereranywe.
Ubwo hibukwakaga ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Munyiginya tariki 14 Mata 2019, abaturage basabwe kwirinda ikintu cyose cyatuma hongera kubaho Jenoside, bakumira ingengabiterezo, ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abana bavutse nyuma ya Jenoside bo mu Karere ka Musanze, bamaze gushinga umuryango Icyizere (Icyizere Family) ugamije gusana imitima y’ababyeyi bahuye n’ibibazo nyuma ya Jenoside.
Umuvugizi wa Kiliziya Gatolika mu Rwanda, Musenyeri Philippe Rukamba yatangaje ko, Kiliziya Gatolika mu Rwanda nta wakoze Jenoside ikingiye ikibaba.
Abarokotse Jenoside bo mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Kinazi barasaba ko Maitre Ntaganda Bernard afatwa agashyikirizwa ubutabera kuko bavuga ko yari yarashyizeho bariyeri yicirwagaho Abatutsi.
Festus Ndayisaba wari umukozi wa PNUD, rimwe mu mashami ya One UN mu Rwanda, ngo yategetswe kwishyura amasasu yo kwicishwa, we n’umuryango we, kugira ngo baticwa urw’agashinyaguro.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Richard Sezibera, aravuga ko abasize bakoze Jenoside bakirimo kwibeshya ko imbaraga za Perezida Kagame zashize cyangwa zagabanutse.
Abarokotse Jenoside mu Cyahoze ari Komini Kibilira bavuga ko 1990-1994, ari umwihariko w’amateka akwiye kwandikwa by’umwihariko kuko ari ho yageragerejwe.
Amadini n’amatorero y’Abaporotesitanti hamwe n’Abayisilamu bo mu Karere ka Nyanza, tariki 12 Mata 2019 bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera abakecuru batishoboye basizwe iheruheru na Jenoside.
Abiga mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri, baravuga ko biyemeje kwifashisha ikoranabuhanga, mu rwego rwo gukumira abapfobya Jenoside n’abakwirakwiza ingengabitekerezo yayo ku mbuga nkoranyambaga.
Abakorera Ikigo ‘Ignite Power’ gicuruza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba biganjemo urubyiruko bavuga ko mu gucuruza urumuri, na bo ubwabo ngo bazaba urumuri rw’abakiri mu mwijima.
Mu Karere ka Musanze guhera ku wa kane w’icyumweru gishize hatangiye kuvugwa inkuru y’umugore ukekwaho gutorokana miliyoni icyenda z’amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo guca mu rihumye abagenzuzi b’imari bari bari kumwe.
Imiryango ishingiye ku myemerere hamwe n’imiryango itegamiye kuri Leta irasabwa gufasha Abanyarwanda kwiyubaka, kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside, kubungabunga amateka ya Jenoside no kubaka ubumuntu.
Mu gihe Banki ya Kigali (BK) yibukaga abari abakozi bayo cumi na batanu bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ku wa 12 Mata 2019, imiryango yabo yishimiye ko ku nshuro ya mbere ubwo bibukaga ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, basanze kuri BK hari Urwibutso rya Jenoside ruriho amazina y’abahoze ari abakozi b’iyo (…)
Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda yasohoye itangazo igamije gusaba imbabazi kubera ibyo iherutse gusaba byo korohereza abashaje cyane n’abarwaye bafungiye icyaha cya Jenoside.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kirehe, Nduwimana Bonaventure, avuga ko Abatutsi biciwe muri Paruwasi ya Nyarubuye bariwe imitima kugira ngo amaraso y’Abatutsi atazateza ibibazo ababishe.
Ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho hashyinguye imibiri y’Abatutsi bishwe mu 1994 ibarirwa mu bihumbi 30, ariko ngo abahiciwe bari benshi kurusha.
Umujyanama wa Perezida wa Repubulika, Gen James Kabarebe, avuga ko ingengabitekerezo y’ivangura no kwikunda kwa Leta ya Habyarimana n’abazungu bamufashaga, ari byo byatumye atsindwa.
Ubuyobozi bw’itorero rya Pantekote ryo mu Rwanda (ADEPR) bwateguye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Josephine Rugambwa ni umubyeyi wubatse, ufite umugabo n’abana bane. Kuva Jenoside yaba kugeza ku itariki ya 10 Mata 2019, nta muntu wundi wari uzi akaga yahuye na ko, uretse umukobwa bari kumwe ubwo ibyo bibazo byamubagaho, na nyina ndetse na basaza be, bari kumwe.
Mu muhango wo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 25, wabereye mu ngoro y’Ubuhanzi n’Ubugeni (Rwanda Art Miseum), iherereye ahahoze ari kwa Habyarimana, hatangijwe ku mugaragaro imurikabikorwa rizamara iminsi 100, rifite insanganyamatsiko igira iti ‘Kwibuka binyuze mu bihangano’(Kwibuka through artworks) (…)
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 12 Mata 2019, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) n’Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka (MIGRATION) bibutse ku nshuro ya 25 abari abakozi ba MINIFOP, MINITRASO na MININTER bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, (…)
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène ntiyemeranya n’abasaba ko abageze mu zabukuru bahamijwe ibyaha bya Jenoside boroherezwa ibihano.
Padiri Rutinduka Laurent umwanditsi ku mateka ya Jenoside yifuza ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyagatare yakwandikwa akamenyekana kuko hari abayahakana.
Igikorwa ngarukamwaka cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyitabirwa n’Abanyarwanda n’inshuti zabo hirya no hino ku isi, kikagira ibirango usanga bizwi n’abibuka iyi Jenoside bose.