Didier Drogba wahoze ari rutahizamu wa Chelsea ubu akaba ari mu Rwanda ku butumire bw’abateguye Youth Connekt Africa 2019, kimwe n’umuhanzi Patoranking, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, basobanurirwa amateka akarishye yaranze u Rwanda yatumye haba Jenoside yakorewe Abatutsi, banaboneraho gusiga ubutumwa (…)
Nyuma y’uko abasizwe iheruheru na Jenoside bari bubakiwe inzu, ariko nyuma y’imyaka irenga 20 zikaba zarashaje, zimwe zaranaguye, mu Karere ka Huye batangiye kububakira inzu nshya.
Abaturage b’Akagari ka Nyarutarama mu Mudugudu wa Kangondo ya kabiri mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali bihaye intego yo gusura inzibutso zitandukanye kugira ngo barusheho kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’umwihariko wa buri gace.
Ku cyumweru tariki ya 30 Kamena 2019, ibitaro bya Kacyiru byatanze inka 10 i Bitare mu Karere ka Nyaruguru, zagenewe abarokotse Jenoside bahatuye batishoboye.
Jenoside yakorewe Abatutsi yibasiye bamwe mu bari ibirangirire kubera imyuga yabo. Hari bamwe mu bana babo biyemeje kugera ikirenge mu cy’ababyeyi babo.
Mizero Irené uvuka mu karere ka Ngororero, avuga ko akimara kumenya amakuru y’uko ababyeyi be bombi bafungiye icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yabayeho mu buzima bubi aho yakuranye ibikomere n’ipfunwe yatewe n’ibyo ababyeyi be bakoze.
Abagore mirongo icyenda na babiri (92) bahagarariye abandi ku rwego rw’Akarere no ku rwego rw’imirenge mu muryango FPR Inkotanyi bo mu Karere ka Musanze, biyemeje kwigira ku makosa abandi bagore bakoze, bakayakosora kugira ngo Jenoside itazongera kuba.
Abacuruzi bakorera i Remera muri Gare no hafi yaho, hamwe n’abakora mu bigo bitwara abagenzi mu modoka nini n’intoya mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo bakomeje gahunda ngarukamwaka biyemeje yo gusura inzibutso no kumenya byimbitse amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abanyeshuri bo muri Nyabihu TVET School na Rwanda Coding Academy, bafashe ingamba zo kwiga bashaka ubumenyi bufite n’indangagaciro z’ubumuntu, nyuma yo gusobanurirwa amateka ya Jenoside n’uburyo yateguwe n’abanyabwenge.
Abakecuru n’abasaza batatu bo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza borojwe inka za kijyambere zifite ubwishingizi kugira ngo ziramutse zigize ikibazo zizishyurwe.
Mu rwego rwo kwifatanya n’abandi Banyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango ‘Akazi Kanoze Access’ wasuye urwibutso rwa Kamonyi unaremera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi babiri bo mu murenge wa Kayenzi.
Umuryango “Ndayisaba Fabrice Foundation” washinzwe na Ndayisaba Fabrice, urasaba abana biga mu mashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbuye kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside no gukunda bagenzi babo, bakabikora binyuze mu mikino n’imyidagaduro.
Abaturage b’Akarere ka Nyabihu 63 bari mu byiciro bitandukanye bavuga ko gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi ari umwanya ukomeye utuma barushaho kubona ububi bwa Jenoside, bityo baharanire kurwanya amacakubiri hagati yabo.
Ubuyobozi bw’ishuri rya IFAK (Institut de Formation Apostolique de Kimihurura) buvuga ko kwigisha abana umuco w’amahoro n’urukundo ari inzira nziza yo guhindura amateka mabi igihugu cyanyuzemo, yakigejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Senateri Tito Rutaremara atangaza ko Leon Mugesera yibeshyaga ubwo yashishikarizaga Abahutu kwica Abatutsi bakabaroha muri Nyabarongo ngo basubire iwabo muri Etiyopiya.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amahugurwa mu by’imicungire y’Abakozi n’Umutungo (RMI) Hon. Sen. Gasamagera Wellars aratangaza ko imbaraga zishyirwa mu kwigisha ubumwe n’ubwiyunge zikwiye kujyana n’amateka y’agace runaka muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umwanditsi Dr. Oscar Gasana avuga ko ubutwari Abanyabisesero bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bahangana n’abicanyi, bukwiye kubera urugero rwiza Abanyarwanda bose.
Diogène Bideri wanditse igitabo cyitwa “Rwanda 1994, La Couleur d’un Génocide” (Ibara rya Jenoside), avuga ko yashakaga guha umwanya ndetse n’uruvugiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kuko batabonye uburyo babara inkuru y’uko byabagendekeye.
Abayislamu bo mu bihugu 24 bari mu Rwanda basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi tariki 13 Kamena 2019 bavuga ko gusura urwibutso byabafashije kumenya uko Jenoside yakozwe.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze, baravuga ko bitandukanyije n’abagore babaye ibigwari mu gihe cya Jenoside, baba imbarutso y’urupfu rw’Umututsi wa mbere wishwe muri ako gace.
Uwababyeyi Honorine, wari ufite imyaka umunani mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko yakorewe iyica rubozo muri Jenoside, aho yamaze iminsi myinshi agaburirwa amazi avanze n’amaraso bafurishaga imyenda bavuye kwica.
Mu ruganda rw’icyayi rwa Shagasha mu Karere ka Rusizi, umwe mu bagize uruhare muri Jenoside yatanze ubuhamya maze bamwe mu barokotse bavuga ko bahoraga bavunwa n’uko ari bo gusa batanga ubuhamya mu bihe byo kwibuka none ngo ibi biratuma imitima yabo iruhuka.
Ikimenyetso cy’amateka cyanditseho amazina asaga 800 y’Abatutsi bazize Jenoside mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango kimaze kuzura, kikaba kizatuma abatuye uyu Murenge babasha kuhibukira ababo.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bagihangayikishijwe n’imibiri y’ababo bakoraga mu ruganda rwa Gisakura bakaza kwicwa muri Genocide ariko imibiri yabo bikaba bikekwa ko yaba ikiri muri Nyungwe cyangwa mu mirima y’icyayi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) Dr Jean Damascene Bizimana aranenga abana bavuka mu miryango y’abari abayobozi ku Ngoma ya Habyarimana kuba badashaka guhinduka.
Umukozi wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) ushinzwe gutegura inyigisho zo gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside, ihakana n’ipfobya ryayo, Gatabazi Claver, avuga ko kwigisha abana amateka ya Jenoside nubwo ahanda ari inshingano.
Abanyamakuru bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika biganjemo abagore bamaze iminsi mu Rwanda, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali bashengurwa n’ibyo babonye bajyaga babwirwa.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasaba ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gashirabwoba rwashyirwa ku rutonde rw’umurage w’isi rwa UNESCO (ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku burezi,ubumenyi n’umuco).
Mu yahoze ari Komini Kinigi mu karere ka Musanze, ni hamwe muhabereye igeragezwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, aho kugeza ubu imibiri y’Abatutsi 136 ishyinguye mu rwibutso rwa Kinigi, bose bishwe mbere ya 1994.
Abarokokeye Jenoside I Rukumberi bavuga ko gutuzwa ahameze nk’ikirwa byafashije Interahamwe kubica vuba mu buryo bworoshye.