Muri batandatu bageze kuri finale y’irushanwa rya The next pop star, Jasmine Kibatega niwe utahanye intsinzi.
Umuhanzi Cécile Kayirebwa yishimiye kuba indirimbo ye, ‘None Twaza’ yashyizwe mu cyiciro gisoza mu irushanwa mpuzamahanga ry’indirimbo zanditse neza ‘International Songwriting Competition’ ritegurirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Patrick Mazimpaka ufite ubumuga bw’uruhu avuga ko akaga yahuye nako mu mikurire ye yatewe n’ubwo bumuga, katahagaritse inzozi ze zo kuzaba icyamamare muri muzika.
Umuhanzi John Ntawuhanundi wamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘Inyanja’, yitabye Imana ku cyumweru tariki 7 Werurwe 2021, aguye mu bitaro bya CHUK, akaba asize indirmbo nyinshi yiteguraga gusohora.
Icyamamare mu njyana ya ’Country music’, Dolly Parton, wamenyekanye cyane mu ndirimbo zitandukanye zirimo Jolene, Think about me n’izindi nyinshi, yahawe urukingo rwa Covid-19, nyuma yo gukangurira abandi gukurikiza urugero rwe bongera gutekereza imwe mu ndirimbo ze yakunzwe ya ’Jolene’.
Nyuma y’amezi asaga 12 atagaragara mu ruhando rw’umuziki, umuhanzi nyarwanda Eric Senderi Nzaramba, uzwi cyane nka Senderi International Hit, agarukanye indirimbo nshya ngo yongere ashimishe abafana be.
Nyuma yo kubazwa cyane ku mbuga nkoranyambaga n’abafana niba bararetse umuziki, abahanzi bagize itsinda rya Urban Boys bashubije bavuga ko umuziki bakiwurimo, ariko ko wadindijwe na COVID-19 ndetse n’imishinga ya studio ikomeje muri uyu mwaka.
Munyabugingo Pierre Claver umaze kumenyekana nka Padiri MPC, yasohoye indirimbo “Byarakaze” nyuma yo gushegeshwa n’ibibazo yumvanye inshuti ze, afata icyemezo cyo kubiririmba no gutanga inama nk’umuti wabyo.
Umuhanzi Patrick Nyamitari wamenyekanye cyane aririmba indirimbo z’Imana akaza guhindura akaririmba izisanzwe, yavuze ko yabitewe n’uko mu rusengero yumvaga hadatuma yisanzura uko bikwiye kandi ari umuhanzi munini.
Abakobwa b’impanga, Ange Ndayishimiye na Pamela Bamureke baririmba injyana ya gakondo, bakoze indirimbo bise “Ndamurika” bashimira abahanzi ba gakondo babafashije kugera aho bari.
Nyuma y’igihe gisaga ukwezi irushanwa The Next Pop Star risubitswe mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, iryo rushanwa ryongeye gusubukurwa, mu kwezi gutaha hakazamenyekana abaryegukanye.
Umuhanzi Twizerimana Christian uzwi ku izina rya The Bless ukomoka mu Karere ka Musanze yasohoye indirimbo ‘Police woman’, ashimagiza ubwiza bw’abapolisikazi b’abanyarwanda, ndetse anasaba ko batanga urukundo.
Umuhanzi Bruce Melodie uzwi mu njyana ya RnB na Afrobeat yatandukanye n’umujyanama we witwa Kabanda Jean de Dieu bari bamaranye igihe, ahita asinyana amasezerano n’undi mushya witwa Ndayisaba Lee, kugira ngo abone uko yinjira neza ku isoko rya muzika ryo muri Afurika y’Iburasirazuba.
Album y’umuhanzi Icyizere Ismael ukoresha izina rya Zilha mu muziki, iriho indirimbo zirimo iyitwa Kagame Money, Inkotanyi Cyane, Twubahwe n’izindi. Zilha yasobanuye impamvu yayise Inkotanyi cyane n’agaciro imufitiye we nk’umuhanzi n’urubyiruko muri rusange.
Mu ndirimbo ye nshya yise ‘Papa’, Knowless abwira umusore wateye inda umukobwa batabiteganyije ko ubuzima buhindutse, akagira inama urubyiruko yo kwishimisha ariko batekereza ku ngaruka byagira ku buzima bwabo.
Umuhanzi wo mu Rwanda Yvan Buravan yasohoye indirimbo zitandukanye mu gihe kimwe harimo iyo ari kumwe na Dream Boyz bo muri Angola, indi ari kumwe na Gaz Mawete wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’iyo yafatanyije na A Pass wo muri Uganda.
Umunyarwanda Mike Kayihura wahataniye igihembo cya Prix découvertes RFI 2020, ariko amahirwe ntiyamusekera ngo acyegukane, yasohoye indirimbo nshya yise ‘Jaribu’ ivuga ku bihe bikomeye isi irimo kandi we arimo agerageza urukundo.
IYAKARE Wenceslas(Riqson) na NYIRANDASHIMYE Consolée, mu ntego yabo yo gusubiramo mu buryo bugezweho indirimbo zose za Karahanyuze, Riqson n’umugore we Consolée bamaze gusubiramo indirimbo 120 za karahanyuze bakazikora mu buryo bugezweho kandi intego ni uko bazaruhuka zose bazisubiyemo.
Kazigira Adrien n’abandi bafatanyije itsinda rya The Good Ones ryo ku Kamonyi, ni abahanzi bakunzwe cyane n’umugabo w’umuzungu witwa Ian, ndetse yiyemeza kubajyana mu gihugu cy’ubwongereza mu iserukiramuco birangira banaririmbye kuri Tereviziyo ya BBC muri 2013.
Umubyeyi witwa Gahongayire Marie Mativas yitabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 21 Mutarama 2021 azize uburwayi.
Abakunzi ba Tom Close bakomeje kwibaza niba azakomeza gukora umuziki cyangwa azahitamo gukora inshingano ze mu rwego rw’ubuzima gusa.
Kanseri izwi nka ‘Colon Cancer’ yibasira urura runini rushinzwe gusohora umwanda mu nda y’umuntu ikomeje kwibasira abantu batanduakanye barimo n’ibyamamare.
Abagize itsinda Iganze Gakondo batangaza ko batangiye urugamba rutazasubira inyuma mu gukundisha Abanyarwanda n’abandi bose bakunda umuco nyarwanda mu gususurutsa abawukunda no guhimba indirimbo ziwuhimbaza.
Umuhanzi Mugisha Benjamin wamamaye ku izina rya The Ben avuga ko umwaka wa 2020 utamubereye mwiza. Usibye icyorezo cya COVID-19 cyahagaritse gahunda ze nyinshi, yanapfushije mushiki we bituma ibikorwa bye byiganjemo iby’umuziki bitagenda nk’uko yari yabiteganyije.
Gerry Marsden wamenyekanye ku ndirimbo yise “You’ll never walk alone” yaje gukundwa ikaba iranga ikipe ya Liverpool, yapfuye ku myaka 78 y’amavuko.
Umwe mu bagabo bemeza ko bacuranze muri Orchestre yakunzwe mu myaka ya 1980 witwa Bihoyiki Francois uzwi nka Karangwa, ku myaka ye 63, avuga ko yazinutswe gucuranga kubera ibyo yahuriye na byo muri Pakita.
Umuhanzi w’umunyarwanda Nikuze Alain Thierry uzwi nka R. Tuty ukorera umuziki we mu Bubiligi avuga ko umwaka wa 2021 yifuza gutumbagiza ijyana Gakondo haba mu Rwanda ndetse no ku mugabane w’i Burayi by’umwihariko mu gihugu cy’u Bubiligi.
Hagati y’umwaka 1979-1983, mu Muhima wa Kigali havukiye orchestre yitwaga Les Anges, ivukira mu rugo rwa Nyakwigendera Gasana Gaetan, itangijwe n’abana be batandatu (6) mu bana icyenda (9) yarafite, nyuma haza kuzamo bagenzi babo 2 baba umunani (8), ubundi orchestre yabo bayita Les 8 Anges.
Orchestre Ingeli ni imwe mu zakanyujijeho mu Rwanda ahagana mu myaka ya za 80-90, ikaba ifite amateka maremare kandi akungahaye mu birebana n’ubuhanzi.
Nubwo icyorezo cya COVID-19 cyatumye nta birori byinshi byabaye mu mwaka wa 2020 nk’uko byari byitezwe, ntabwo byabujije abahanzi gukora indirimbo zigashimisha abantu hirya no hino mu Rwanda n’ahandi ku isi.