Umuhanzi Senderi International Hit atangaza ko agiye guhagurukira abamwandikaho bamubeshyera n’abanyarwenya bamusebya kuko byangiza izina rye.
Ruremire Focus, Umunyarwanda uririmba mu njyana gakondo yerekeje i Burayi mu gihugu cya Finland asanzeyo umugore we.
Umuhanzi wo mu Rwanda, Ngarukiye Daniel atangaza ko Abanyaburayi baha agaciro umuhanzi w’Umunyafurika iyo yerekana gakondo mu bihangano bye.
Ngabonziza Augustin waririmbye indirimbo zirimo iyitwa “Ancilla”, avuga ko igihe kirenga ukwezi amaze arwariye mu bitaro byamusigiye isomo ryo gufasha ababaye.
Abahanzi 56 bo mu Rwanda baririmba mu njyana zitandukanye bagiye gukora indirimbo zihamagarira abantu gusigasira ururimi rw’Ikinyarwanda.
Uwimana Jean Francois, umupadiri umaze kumenyekana mu kuririmba mu njyana ya Hip Hop, yacurangiye abakundana abahamagarira kugira urukundo rurambye.
Umuririmbyi Butera Knowless ahamagarira abakundana guhora bereka abakunzi babo urukundo aho kurubereka ku munsi w’abakundana gusa, “Saint Valentin”.
Abaharanira iterambere ry’abahanzi mu Rwanda bavuga ko ntaho byabaye ko umuhanzi agomba guha amafaranga Radio ngo ibone gucuranga ibihangano bye.
Iyumvire uko Orchestre Impala yahawe ikiraka kubera inkuru y’umusore wambuwe umukunzi na mugenzi we witwa Kaberuka, agahitamo kubishyira mu ndirimbo.
Marchal Ujeku uvuka ku kirwa cya Nkombo yahisemo kuririmba mu rurimi rwaho kugira ngo n’abahavuka bahihakana babone ko ari ahantu nk’ahandi.
Bihoyiki Deo wahanze indirimbo “Akabura Ntikaboneke” avuga ko nta muhanzi n’umwe w’ubu umwemeza ariko ngo abona bazatera imbere.
Abaririmbyi The Ben, King James na Rider Man bagiye gutaramira Abanyehuye n’Abanyarubavu mu kwamamaza serivise nshya ya Airtel yitwa “Tera Stori”.
Umuririmbyikazi Oda Paccy amaze iminsi muri Tanzaniya aho ari gukorera imishinga ye ya muzika mu nzu itunganya umuziki yitwa Wasafi Records y’umuririmbyi Diamond Platinumz.
Muri iki gihe abantu batandukanye biganjemo ibyamamare bakunze kwambara amadarubindi arinda izuba (sunglasses/fumées) ariko hari bamwe batazi inkomoko yayo.
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) bashakisha abaziga umuziki batunguwe n’impano y’umuziki basanze i Rubavu.
Umuhanzi wo hambere Buhigiro Jacques avuga ko atangazwa n’ukuntu indirimbo z’abaririmbyi b’iki gihe ziba ziganjemo amarira n’amaganya aho gutanga ubutumwa.
The Ben, umuririmbyi wo mu Rwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko kuba akunze kugaragaza amarangamutima akarira ari ibintu bimubaho atabishaka.
The Ben, umuririmbyi wo mu Rwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yageze i Kigali aho aje mu gitaramo cya "East African Party".
Abarangije mu ishuri ry’umuziki rya Nyundo batangaza ko biteguye kwerekana ubudasa mu muziki bityo muzika nyarwanda ikagera ku yindi ntera.
Umuririmbyi Tom Close atangaza ko indirimbo yise “Ferrari” yashyize hanze, ayiririmba agira inama abakundana kutagendera ku mafaranga cyangwa ubutunzi.
Mastola, ukora akazi ko gutunganya umuziki avuga ko afite inzozi zo guhindura imikorere y’umuziki wo mu Rwanda ukagera ku rundi rwego.
Umuryango wa Knowless na Ishimwe Clement wamaze kwibaruka umwana wabo w’imfura w’umukobwa ku wa kabiri tariki ya 22 Ugushyingo 2016.
Umuraperi Danny Nanone atangaza ko umukobwa yifuza wazamubera umutima w’urugo ari umukobwa w’umutima aho kuba asa n’inzobe cyangwa igikara gusa.
Bobo Bonfils atangaza ko agiye kumurika umuzingo w’indirimbo ze (Album) ku buntu mu rwego rwo gutura igitambo ashimira Imana.
Umuhanzi Danny Vumbi atangaza ko yishimira ko zimwe mu ndirimbo yandikira abahanzi batandukanye bo mu Rwanda zikundwa bigatuma n’abandi bahanzi bamwitabaza.
Bimenyerewe ko abahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda, bakorera ibitaramo mu Mujyi wa Kigali. Bamwe bavuga ko abafana b’umuziki wabo benshi baba i Kigali, abandi bakavuga ko mu zindi ntara bigoye kubona ahantu hakwakira ibitaramo hisanzuye.
Umuhanzi Senderi International Hit avuga ko yahisemo kuririmbira mu masoko nyuma yo kubona ko indirimbo ze zitagicurangwa ku maradio.
Bamwe mu bahanzi batabashije kwitabira umuganda udasanzwe w’abahanzi wabereye i Nyanza, batangaza ko kuba batarawitabiriye bahombye byinshi.
Itsinda rya Sauti Sol niryo ryegukanye intsinzi ku mwanya w’itsinda rihiga ayandi muri Afurika mu bihembo bya MTV AMAs 2016.
Abahanzi Charly na Nina batangaza ko Meddy atanga icyizere gikomeye cy’iterambere ry’umuziki nyarwanda nyuma yo kujya mu bahatanira ibihembo bya MTV AMAs.