Abasore batatu b’Abanyarwanda bagize itsinda ry’abaririmbyi ryitwa “Active” batangaza ko mu buhanzi bwabo baharanira gukora cyane kugira ngo bazageze Muzika Nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.
Umuririmbyi wo mu Rwanda, Bruce Melody, atangaza ko adashyigikiye ibyo kwigana indirimbo z’abandi baririmbyi, ari byo mu Rwanda bakunze kwita “gushishura”, ngo kuko kubikora bituma umuririmbyi atagaragaza ubuhanga bwe mu guhanga ibishya.
Umuhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana, Dominic Nic Ashimwe, aratangaza ko adateganya gushyira hanze alubumu mu gihe cya vuba bitewe n’uko ashaka ko indirimbo yamaze gusohora zabanza zikamenywa zose.
Senderi International Hit ngo arifuza kuzashaka umugore muri uyu mwaka wa 2014, bityo haramutse hari umukobwa umukunda yatinyuka akabimubwira maze nawe akamuhundagazaho urukundo asigaranye kuko ngo ariwe yarubikiye.
Ku cyumweru kuva saa yine kugeza saa tanu z’ijoro kuri televiziyo Rwanda hatambuka ikiganiro “Be Blessed” benshi bemeza ko ari impinduka mu ndirimbo zihimbaza Imana (Gospel) mu Rwanda.
Umuhanzi uririmba injyana ya Afrobeat akaba n’umunyamakuru kuri KFM, Uncle Austin, biravugwa ngo ari mu maboko ya polisi azira sheki y’amafaranga 500 000 itazigamiwe yahaye uwamufashije mu kugura imodoka ye yo mu bwoko bwa Benz.
Igiterane ngarukamwaka "Women Destiny” kigaragaramo abari n’abategarugori banyuranye mu rwego rwo gukangurira bagenzi babo kwigirira ikizere kigiye kuba ku nshuro ya kabiri.
Umuhanzikazi akaba n’umunyamakuru kuri KFM, Uwimana Aisha uzwi ku izina rya Ciney, yashyize ku isoko karendari y’uyu mwaka wa 2014 igaragaza amafoto ye mu bihe bitandukanye biranga umuco nyafurika ndetse anashyiraho n’ubutumwa butandukanye bujyanye na buri kwezi k’umwaka.
Nyuma y’amakuru amaze iminsi avugwa ko Paccy akora cyane ariko ntahabwe amahirwe yo kuba yaserukira u Rwanda ndetse no mu bindi bitaramo byinshi hano mu Rwanda nk’uko bimeze kuri Knowless, Paccy yatangaje ko kuri we abona ari igihe cye kitari cyagera.
Umuhanzi Senderi International Hit wamenyekanye mu njyana ya “Afro beat” aratangaza ko uyu mwaka mushya wa 2014 ashaka kwegerana n’abafana be ku buryo butigeze bukorwa na buri wese.
Kuri Bonane hateganyijwe igitaramo cyo guhuriza hamwe abahanzi bafite uburambe mu muziki ndetse n’abahanzi bakiri bato, ibi benshi bakaba bemeza ko ari ikintu cyiza cyane kuko hazabaho kuzuzanya k’umuziki nyarwanda wa cyera n’uw’ubu.
Umunyamakuru Dj Adams umaze kumenyekana cyane nk’umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kuzamura muzika nyarwanda, yateguye igitaramo cy’umwimerere cyo gusoza umwaka yise “2013 to 2014 Full Live Countdown party” iki gitaramo kikaba kizagaragaramo abahanzi bakora injyana y’umwimerere gusa.
Umunyarwenya nakaba n’umushyushyarugamba (MC) Ramjaane Niyoyita yateguriye abana bato igitaramo cyo kwidagadurana nawe ku munsi wa Noheli aho kwinjira bizaba ari ubuntu.
Itsinda ry’abahanzi ryitwa Lovers Group ntabwo ryabashije kumurika indirimbo zaryo, nk’uko byari byitezwe ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 22/12/2013 bitewe n’umuriro washize muri cash power y’akarere, kugura undi muriro bikananirana.
Umuririmbyi w’umunyarwanda Lil G yasusurukije abaturage bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, barabyina biratinda ubwo yari ari muri kampanye yo kwigisha abo baturage gukoresha agakingirizo mu rwego rwo kwirinda SIDA.
Shekinah Worshipteam Rubavu izamurika alubumu yabo ya mbere bise “Tawala” mu gitaramo bateguye cyo kuramya no guhimbaza Imana kizabera ku rusengero rwa Evangelical Restoration Rubavu tariki 28/12/2013.
Gatsinzi Emery uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Riderman, Umugaba Mukuru w’Ibisumizi akaba ari nawe wegukanye insinzi muri PGGSS3, kuri uyu wa gatandatu tariki 21/12/2013 aramurika alubumu ye ya gatanu yise “Igikona”.
Ku nshuro ya kane Inyarwanda Ltd yateguye igikorwa ngarukamwaka gihuza ibyamamare byo mu Rwanda n’abafana babo aho abakinnyi ba sinema, abahanzi, abanyamakuru, abaririmbyi, n’abandi bazwi cyane mu Rwanda bagera kuri 60 bamaze kwemeza ko bazitabira iki gikorwa kizwi nka “Inyarwanda Fans Hangout”.
Umuhanzi w’Umunyarwanda Alpha Rwirangira yongeye gutangaza ko kuri Noheli azataramira abana bato ba hano mu Rwanda nk’uko asanzwe abigenza mu mpera z’umwaka.
Umunyamakuru akaba n’umushyushyarugamba Anita Pendo arahakana amakuru amaze iminsi amuvugwaho ko yaba atwite, ahubwo agahamya ko kubyibuha bisanzwe aribyo abantu baheraho bavuga ko yaba atwite.
Melanie Brown w’imyaka 38 uzwi ku izina ry’ubuhanzi Mel B, waririmbaga muri Spice Girls yatangaje ko umunsi mukuru wa Noheli azawurira mu Rwanda ari kumwe n’umuryango wa Perezida Paul Kagame.
Kuri uyu wa kabiri tariki 10.12.2013, abahanzi nyarwanda bakora injyana nyafurika harimo Eric Mucyo n’abandi, bazataramira abakiriya bazaba bari muri “Le Must Pub” aho bazaririmba injyana nyafurika bari kumwe na Dj Adams ari nawe utegura iki gikorwa.
Umuhanzikazi w’amafilime, Ninon Ruheta ufite imyaka 15 gusa y’amavuko, agiye kumurika filime ye ya mbere yanditse yise “Amahirwe yanjye ni wowe” iki gikorwa kikaba kizaba ku itariki 13.12.2013 ahabera imurikagurisha i Gikondo (Expo Ground).
Umurundi Hope Irakoze w’imyaka 25 niwe wegukanye irushanwa rya Tuster Project Fame (TPF) ku nshuro yaryo ya gatandatu tariki ya 8.12.2013 ahabwa amafaranga asaga miliyoni 35 z’amafaranga y’u Rwanda.
Korali “Abaturajuru” yo mu itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi izamurika alubumu yayo y’amajwi volume 3 na DVD volume 2 y’amashusho yise “Igihugu,” kuri iki cyumweru tariki 8/12/2013.
Umuhanzi Auddy Kelly atangaza ko iby’urukundo rugaragara hagati ye na Jody mu mashusho y’indirimbo yabo “Sinzagutererana” bakoranye Atari ko biri ahubwo ko baba bari mu kazi ndetse kuri we akaba asanga bisa nko gukina filime.
Umuhanzikazi mu ndirimbo zihimbaza Imana, Uwitonze Clementine uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Tonzi , yageze mu Rwanda kuwa gatanu tariki 29.11.2013 avuye muri Amerika aho yari yaragiye kubyarira mu mpera z’ukwezi kw’Ukwakira 2013
Umuhanzi Patrick Nyamitali kuri ubu akeneye ubufasha bw’Abanyarwanda bose ngo abe yagira amahirwe yo kwegukana insinzi muri TPF6 kuko uretse kuririmba neza, mu bizashingirwaho harimo no gutorwa n’abantu benshi.
Umuhanzikazi wo mu gihugu cya Uganda witwa Shanita Namuyimbwa uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Bad Black uherutse gufatirwa mu Rwanda yashyikirijwe Polisi ya Uganda kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera.
Abaturage bo mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, bidagaduye, barishima ubwo “Tigo” isosiyete icuruza iby’itumanaho mu Rwanda ndetse n’umushinga “Ni Nyampinga” bajyaga kwerekana bimwe mu bikorwa byabo muri ako gace.