Umwaka wa 2015, umwaka waranzwe n’intsinzi mu mukino w’amagare,umupira w’amaguru biranga,gusa waje kurangwa n’inkuru z’akababaro ku ba sportifs bagiye bitaba Imana
Minispoc na Mineduc binyuze muri WDA basinye amasezerano y’ubufatanye yo gushyiraho ibigo byigisha imikino mu Rwanda kuva intangiriro za 2016
Kuri uyu wa Gatanu i Nyamata harabera isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Rally des milles collines,isiganwa rizakoresha Milioni zigera kuri Milioni 50
Ubwo bizihizaga umunsi w’abafite ubumuga tariki 3/12/2015, abafite ubumuga bo mu Karere ka Huye bamurikiwe kandi bishimira igikombe cyegukanywe n’ikipe y’abatabona.
Kuri uyu wa Gatandatu,mu karere ka Nyamagabe hasojwe icyumweru cyahriwe imikino,ibirori byahuriranye no gusoza ukwezi kw’imiyoborere myiza
Umunyarwanda Nsengimana Bosco yegukanye Tour du Rwanda 2015,isiganwa mpuzamahanga ryari rimaze iminsi 8 ribera nu Rwanda
Amakipe 12 azakina CECAFA izabera muri Ethiopia kuva taliki 21/11 kugera taliki ya 06/12/2015 yamaze gushyirwa mu matsinda 3 .
Ikipe y’abakobwa biga mu ishuri ryisumbuye ry’Indangaburezi mu karere ka Ruhango, bashimiwe tariki 28/10/2015 nyuma y’uko bazanye igikombe cya FEASSA.
Icyumweru gishize gisize u Rwanda rwegukanye imidari mu ruhando mpuzamahanga mu mikino nyafurika,gusa mu Rwanda mu mupira w’amaguru ntibyakunze
Bamwe mu bafite ubumuga bo muri Nyamasheke baravuga ko kwitinya kubera kubura bimwe mu bice by’ingingo zabo bidindiza iterambere ryabo.
Mu mpera z’iki cyumweru kuri Petit Stade Amahoro harakinirwa amarushanwa ya Taekwondo aterwa inkunga n’ambassade ya Korea,akazitabirwa n’abagera ku ijana.
Ikipe y’ingabo z’u Rwanda mu mukino wa Handball yegukanye igikombe gihuza ingabo muri Afrika y’iburasirazuba,mu mikino yaberaga muri Uganda
Mu gihe ishyirahamwe ryo kumasha mu Rwanda rimaze igihe gito ritangiye,abakinnyi icumi baratoranijwe ngo bitabire amahugurwa azabafasha gutoza abandi bakinnyi.
Mu mikino ihuje abasirikare bo mu bihugu by’Afurika y’Iburasirazuba yatangiye kuri iki cyumweru tariki 16 z’ukwa munani 2015,abakinnyi bahagarariye u Rwanda batangiye begukana intsinzi aho mu mukino wa Basketball na Handball batangiye batsinda naho Netball baza kunyagirwa na Uganda,mu mikino izasozwa taliki ya 28 Kanama 2015.
Umuryango mpuzahamahanga wa Action Aid ku bufatanye n’umuryango nyarwanda ugamije guteza imbere i Busoro (APIDERBU) bumvikanishije uburemere bw’ikibazo cy’abana bata ishuli mu buryo bw’ubukangurambaga bwifashishije imikino.
Kuri uyu wa mbere nibwo abakinnyi bagera ku ijana na mirongo icyenda (190) batangiye amarushanwa yiswe Umubano Hotel Open Tennis and swimming tournament",aho ku munsi wa mbere hakinwe umukino wa Tennis.
Guhera taliki ya 10 Kanama kugeza taliki ya 15 Kanama 2015,kuri Hotel Novotel Umubano harabera amarushanwa yateguwe n’iyo Hotel,amarushanwa yiswe "Umubano Hotel Open Tennis and swimming tournament",azahuza abakinnyi bakina umukino wa Tennis ndetse no koga
Amakipe y’abakobwa mu mukino wa Volley ball ane yabaye aya mbere ari mu cyiciro cya mbere, kuri uyu 01/07/2015, yahuriye mu karere ka Ruhango guhatanira igikombe,mu mikino izwi ku izina rya playoffs.
Umunyamerika Floyd Mayweather Jr, ukina umukino w’iteramokofe, niwe uyoboye urutonde rw’abakinnyi b’imikino itandukanye ku isi, bafite amafaranga menshi, nyuma yo gutsinda umuteramakofe mugenzi we, Manny Pacquiao wo muri Filipine.
Ku wa 17 Gicurasi 2015, mu Karere ka Nyanza hasojwe amarushanwa y’imikino itandukanye mu bigo by’amashuri, maze mu mupira w’amaguru mu bahungu igikombe cyegukanwa n’ishuri ryisumbuye rya Nyanza, naho mu bakobwa kijyanwa n’ishuli rya Ste Trinité.
Ikipe y’igihugu y’ u Rwanda y’umukino wa Volleyball ikinirwa ku mucanga ( Beach Volleyball) yabonye itiki yo kwerekeza mu mikino izwi nka All African Games nyuma yo gutsinda Kenya amaseti 2-0.
Murera Zacharie, umusaza wo mu kigero cy’imyaka nka 70 wo mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Masoro yegukanye umwanya wa gatatu mu bantu umunani basiganwaga mu irushanwa ryo gutwara amagare.
Federasiyo y’umukino wa Taekwondo mu Rwanda yateguye irushanwa rizwi nka Gorilla Open rizahuza ibihugu bitanu guhera ku wa gatandatu tariki ya 07/03/2015.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 27 Gashyantare 2015, abakinnyi batatu bagize Ikipe y’Igihugu ya Karate, berekeje mu Misiri kwitabira amarushannwa yo ku rwego mpuzamahanga azwi nka Karate open Champion’s League.
Abatoza 36 nibo basabye gutoza ikipe nkuru y’igihugu Amavubi nyuma y’aho umutoza Stephen Constantine asezereye kuri uyu mwanya akajya gutoza ikipe y’igihugu y’ubuhinde.
Ikipe y’abafite ubumuga ya Sitting Volleyball mu Karere ka Ruhango iri mu myiteguro yo kuzitabira amarushanwa yateguwe na NPC ku rwego rw’igihugu.
Umunyarwanda wakinaga umukino wo gusiganwa ku mamodoka atangaza ko nyuma yo kuganira n’umuryango we yasanze ari ngombwa gufata icyemezo cyo guhagarika uyu mukino nyuma yo gukora impanuka ikomeye mu mpera z’umwaka ushize.
Urubyiruko rutuye mu cyaro rwifuza ko impano zarwo zakwitabwaho mu bijyanye n’imikino nk’umupira w’amaguru aho usanga bitezwa imbere mu mijyi mu cyaro ntibihagere, kandi hari urubyiruko rwifitemo impano zo gukina umupira w’amaguru.
Kuva kuri uyu wa kane tariki 8/1/2015 kugeza kuwa gatanu tariki 9/1/2015 abanyamakuru b’imikino mu Rwanda barimo bahabwaga amahugurwa abongerera ubumenyi ku mukino w’amagare.
Uwari umukinnyi ukomeye mu mukino wa Tennis Gasigwa Jean Claude yitabye Imana kuri uyu wa kane tariki 8/1/2015 ubwo yarimo akora imyitozo isanzwe ku kibuga cya Cercle Sportif mu Rugunga.