Abana bari mu kigero cy’imyaka hagati 9 na 15 bakina umukino wa Tennis mu Mujyi wa Musanze batangaza ko bakunda uwo mukino kandi bawuha agaciro kuko ari umukino umukuru w’igihugu akina.
Ishyirahamwe rihuza za kaminuza zigenga riratangaza ko rigiye gushyiraho amakipe ashobora gukina muri shampiyona zinyuranye mu Rwanda.
Isiganwa ry’amamodoka risoza umwaka wa 2014 rihagaritswe mbere y’igihe nyuma y’impanuka ikomeye ihitanye Dusquene Christopher wari umwe mu bitabiriye isiganwa.
Ikipe ya Police HC yizeye kwitwara neza ku mukino wayo wa kabiri w’irushanwa ngarukamwaka rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri aka karere ka Afurika y’iburasirazuba.
Abakinnyi 30 bari mu mamodoka 15, ni bo bamaze kwemezwa kuzitabira isiganwa rizwi nka Rally des Milles Collines rizakinirwa mu ntara y’iburasirazuba tariki 12-13/12/2014.
Visi perezida wa kabiri ushinzwe amashyirahamwe y’imikino muri komite olimpike, Elie Manirarora ni we ugiye gukora imirimo umunyamabanga mukuru yakoraga nyuma yaho Ahmed Habimana wari usanzwe kuri iyi mirimo yeguye ku mpamvu ze bwite.
Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare ku isi (UCI), Brian Cookson, abaye undi muntu ufite izina rikomeye ushimiye Ndayisenga Valens Rukara, watwaye isiganwa rizenguruka u Rwanda ku magare (Tour du Rwanda 2014).
Ikipe ya Cricket ya Right Guards ni yo yaraye yegukanye irushanwa rya UAE Exchange & Xpress money ryari rimaze iminsi ribera ku kibuga cya Kicukiro.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Rugby mu Rwanda ryaraye ryemeje ko Alex Araire ari we perezida mushya waryo nyuma y’amatora yabereye kuri sitade Amahoro kuri iki cyumweru tariki ya 09/11/2014.
Minisitiri wa siporo n’umuco Ambasaderi Habineza yatangije siporo ya benshi (sport de masse) mu karere ka Rutsiro akaba yabwiye abanyarutsiro gukora siporo kuko ari nziza ndetse anabasaba kubyaza umusaruro imisozi miremire bityo bakaba bazana n’imidali itandukanye.
Itsinda ry’abakinnyi 10 bakina imikino itandukanye mu bahungu no mu bakobwa, nibo bazahagararira u Rwanda mu mikino ihuza urubyuruko rwo ku isi izabera i Nanjing mu Bushinwa kuva tariki ya 16-28/8/2014.
Umujyi wa Muhanga ukomeje gutera imbere mu birebana n’imikino, ndetse n’imyidagaduro, ahanini kubera ibikorwa remezo bikomeje kwiyongera nk’ibibuga, amazu akorerwamo kunanura imitsi n’ibindi ku buryo usanga haravutse amatsinda menshi y’abakuze akora imikino na siporo, ariko ugasanga ay’abana bato akiri makeya.
Mu mikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza ‘Commonwealth Games’ yasojwe i Glasgow muri Ecosse ku cyumweru tariki 3/8/2014, abakinnyi 21 bari bahagarariye u Rwanda batashye ari nta mudari n’umwe begukanye nk’uko byagenze mu mikino yaherukaga kubera i New Delhi mu Buhinde mu mwaka wa 2010.
Disi Dieudonné, umwe mu bakinnyi bafite inararibonye mu mu gusiganwa ku maguru mu Rwanda kandi wari witezweho umudari mu mikino ya Glasgow irimo guhuza ibihugu bikoresha uririmi rw’icyongereza ‘Commonwealth Games’ yaje ku mwanya wa 18 mu gusiganwa ‘Marathon’ yabeye ku cyumweru tariki ya 27/7/2014, ananirwa atyo intego (…)
Rumwe mu rubyiruko rutuye mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Burera rutangaza ko kuba rutabona aho kwidagadurira cyangwa se aho rukinira imikono itandukanye biri mu bituma rwishora mu ngeso mbi zirimo kunywa ibiyobyabwenge.
Joseph Habineza wigeze kuba minisitiri w’umuco na Sport kugeza muri Gashyantare 2011 ubwo yeguraga kuri iyo murimo ku mpamvu ze bwite, yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora iyo minisiteri, ubwo havugururwaga guverinoma kuri uyu wa kane tariki 24/7/2014.
Kuri uyu wa gatatu tariki 23/7/2014 mu mugi wa Glasgow muri Scotland, hatangiye imikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza (Commonwealth Games), ikaba yaritabiriwe n’ibihugu 71 byo hiryo no hino ku isi byibumbiye muri uwo muryango.
Umunya Serbia Novak Djokovic yagukanye igikombe cya Wimbledon ku nshuro ya kabiri mu mateka ye ubwo yatsindaga ku mukino wa nyuma igihanganye Roger Federer amaseti 6-4, binamuhesha guhita afata umwanya wa mbere ku isi, awusimbuyeho Rafael Nadal.
Ubuyobozi bwa komite y’Igihugu y’imikino y’abafite ubumuga (Nationa Paralympic Comity) buravuga ko kuva hatangizwa imikino y’abana bafite ubumuga mu karere ka Ngororero, byatinyuye ababyeyi bagiraga ipfunwe ryo gusohora abana babo bafite ubumuga ubu Imibare yabo ikaba ikomeje kwiyongera.
Umunyarwanda Muvunyi Hermas Cliff w’imyaka 26 ufite umudari w’isi mu mukino wo kwiruka metro 800 mu bafite ubumuga, ubwo yari mu karere ka Ngoma kuri uyu wa 24/06/2014 yahamagariye abafite ubumuga kutigunga no gukunda sport.
Mushambakazi Zura, umukobwa wo mu kigero cy’imyaka nka makumyabiri ukina umukino wa Taekwondo akaba ageze ku rwego rwo gukina mu marushanwa ku rwego rw’isi avuga ko kuba umukino wa Taekwondo ari umukino wo kurwana kandi ukaba usaba ingufu nyinshi bidatuma ataba umukobwa w’umutima nk’abandi.
Mu Karere ka Karongi hatangirijwe icyumweru cy’imikino ya Olempike cyangwa Olympic Games mu Ntara y’Uburengerazuba maze berekana imikino mishya yinjijwe mu Mikino Olempike ari yo Tayikondo (Taekwondo), Ubwirinzi cyangwa Fencing ndetse no kumasha bita mu Cyongereza Archery.
Nyuma y’uko komite y’igihugu y’imikino y’ abafite ubumuga (NPC) itangiriye ubukangurambaga mu kugaragaza ko n’abafite ubumuga bafite uburenganzira bwo kwidagadura n’abandi nta kubaheza, bamwe mu bafite ubumuga bashima iki gikora.
Ikipe y’ababana n’ubumuga y’umukino wa Seat Ball yo mu karere ka Burera itangaza igikeneye ibikoresho by’ibanze bijyanye n’uwo mukino kugira ngo bawukine neza babe bagera ku rwego rwo hejuru, ibe yaserukira ako karere.
Mu mikino ihuza urubyiruko yaberaga i Gaborone muri Botswana, u Rwanda rwahavanye imidari ibiri ya Bronze ndetse amwe mu makipe n’abakinnyi ku giti cyabo bahavana itike yo kuzakina imikino Olymique izabera i Nanjing mu Bushinwa muri Kanama uyu mwaka.
Itsinda ry’abantu 67, harimo abakinnyi 41 n’abayobozi, berekeje i Gaborone mu murwa mukuru wa Botswana kuri uyu wa kabiri tariki 20/5/2014 mu mikino nyafurika ihuza urubyiruko, ikaba inagamije gushaka itike yo kuzakina imikino Olympique y’Urubyiruko izabera mu Bushiwa muri Kanama uyu mwaka.
Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite Ubumuga (National Paralyimpic Commity/ NPC) yatangiye umushinga wayo wo kugeza sport y’abafite ubumuga mu cyaro mu karere ka Ngororero kuri uyu wa 08 Gicurasi 2014.
Mu gihe utundi turere turi kugira amakipe y’umupira w’amaguru akomeye mu cyiciro cya mbere n’icyiciro cya kabiri, ndetse utundi turere tukagira amakipe y’imikino y’intoki nka volleyball na basketball, akarere ka Nyamasheke karashaka kugira umukino wo gusiganwa ku maguru nk’imwe mu mikino ikomeye mu Rwanda.
Mu gihe u Rwanda rurimo kwibuka ku nshuro ya 20 abazizie Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu mikino naho hateganyijwe iyo gahunda izakorwa muri Kamena nk’uko bitangazwa na Minisiteri ya Sport n’Umuco ari nayo ibitegura.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) rifatanyije n’umushinga witwa World Bicycle Relief, watangije gahunda yo gutanga amagare ku banyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu rwego rwo gutegura ahazaza h’umukino w’amagare mu Rwanda.