Minisitiri w’Umuco na Siporo Protais Mitali arasaba abanyamakuru b’imikino mu Rwanda ubufatanye mu kazi kabo ka buri munsi, mu gushishikariza Abanyarwanda gukunda no gukora siporo.
Ikipe y’Akarere ka Gicumbi yagarutse muri shampiyona y’igihugu y’umukino wa hand ball, tariki 24/02/2013, nyuma y’imyaka ibiri yari imaze itayitabira.
Ubuyobozi bwa federation y’umukino wa handball mu Rwanda buravuga ko mu minsi micye bwitegura gutangiza amakipe y’abana batarengeje imyaka umunani “Mini Handball”, bazajya bakina umukino wa handball.
Ubuyobozi bwa federation y’umukino wa Handball mu Rwanda buravuga ko bugiye kwifashisha uburyo bw’umukino wo mu muhanda “street handball” mu rwego rwo kumenyekanisha uyu mukino wa handball.
Mu mwaka wa 2012 mu Rwanda habaye ibikorwa byinshi by’imikino yitabiriwe n’amakipe y’u Rwanda ibera mu gihugu imbere ndetse no hanze. N’ubwo imikono yabaye ari myinshi, turagaruka ku y’ingenzi yabaye bitewe n’buremere yari ifite.
Ikipe y’abafite ubumuga ya sitting volley ball y’akarere ka Gisagara yatwaye igikombe ku rwego rw’igihugu mu marushanwa yateguwe mu rwego rwo kwizihizi isabukuru ya FPR, ndetse bikanahuzwa n’umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga wizihijwe tariki 03/12/2012.
Umukino uzwi ku izina rya Damu (jeu de dames) ni umwe mu mikino ifite amategako ayigenga yoroshye kuyafata kandi n’imikinire yawo ikaba itagoranye cyane nubwo abahanga bavuga ko bisaba ubwitonzi no gutekereza ku mukinnyi wifuza gutsinda.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 08/12/2012, mu karere ka Huye na Gisagara mu ntara y’Amajyepfo, hazabera isiganwa ngarukamwaka ry’amamodoka ryiswe ‘Huye Rally’ rikazazenguruka ibice bitandukanye bigize utwo turere.
Abarimu bagiye kwigisha abanyeshuri umukino wa sitball maze abafite ubumuga babashe gukina n’abandi mu bihe by’ikiruhuko. Mbere wasangaga abana bafite ubumuga biga ku bigo by’amashuri bifite gahunda y’uburezi budaheza, babura imikino bahuriraho n’abandi.
Ikigo cya COBANGA (College Baptiste de Ngarama) giherereye mu Murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo ni kimwe mu bigo byigenga bititabira imikino muri ako karere kubera ko hari ikibuga kimwe gusa nacyo cya Volleyball.
Kuri uyu wa kane tariki 01/11/2012, Minisitiri wa Siporo n’umuco, Protais Mitali n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda FERWACY Aimable Bayingana barasura abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bari mu myitozo i Musanze bitegura kwerekeza mu isiganwa rizabera Ouagadougou muri Burkina Faso.
Adrien Niyonshuti, Abraham Ruhumuriza, Hadi Janvier na Biziyaremye Joseph ni bo banyarwanda bazahagararira igihugu muri shampiyona nyafurika yo gusiganwa ku magare (Tour de Faso) izaba mu kwezi kwa 11 muri Burkinafaso.
Uruganda rukora imyambaro n’inkweto bya siporo Nike Inc. rwatangaje ko ruhagaritse amasezerano rwari rufitanye na Lance Armstrong, umunyonzi w’indashyikirwa mu isiganwa ry’amagare warwamamarizaga imyenda.
Rwabukwandi Orcella Marie Christelle w’imyaka 10 y’amavuko yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yo koga mu Kivu mu karere ka Karongi tariki 14/10/2012.
Umunyarwanda Disi Dieudonné yatsindiye umudari mu irushanwa Sedan-Charleville mu gihugu cy’u Bufaransa mu mukino wo gusiganwa ku maguru. Yahawe umudari yongererwaho igihembo cy’amayero 9000 na tike y’indege.
Ubwo basuraga umurenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi, abana b’abakobwa bo mu mujyi wa Gisenyi berekanye ibitangaza n’ubugenge bwabo mu mukino wa acrobatie aho umwana umwe w’umukobwa yaryamaga bagenzi be bose bakagenda bamwuririraho kugeza ubwo yikoreye abantu bagera muri bane.
Bwa mbere mu mateka y’u Rwanda hagiye kubakwa inzu y’ihuriro ry’imikino (complexe sportif); iyo nzu izubakwa mu karere ka Muhanga; nk’uko byemezwa n’umuyobozi w’inama njyanama y’ako karere, Antoine Sebarinda.
Abanyarwanda Gasigwa Jean Claude na Habiyambere Dieudonne nibo bahura ku mukino wa nyuma wa ITF Money Circuit kuri uyu wa gatanu tariki 28/09/2012 kuri Novotel Umubano Hotel, nyuma yo gusezerera Abanya-Uganda na Botswana.
Nubwo Abanyarwanda bitabiriye imikino Olympique na Paralympique batashye ari nta mudari n’umwe begukanye, Minisitiri wa siporo n’Umuco Protais Mitali asanga baragerageje gukora ibyo basabwaga kuko bakinaga n’abahanga cyane kubarusha.
James Rutikanga na Eric Ngirinshuti bakiniraga ikipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball mu mikino Paralympique, batorokeye mu Bwongereza ubwo iyo mikino yaberaga i Londres yasozwaga tariki 09/09/2012.
Umwongereza ukomoka muri Ecosse, Andy Murray, bwa mbere mu mateka ye yegukanye igikombe cya US Open atsinze umunya-Serbia, Novak Djokovic, mu mukino w’amaseti atanu, wamaze amasaha atanu kuri uyu wa mbere tariki 10/09/2012.
Ubwo hasozwaga imikino Paralympique (ikinwa n’abamugaye) tariki 09/09/2012, kuri stade Olympique i London mu Bwongereza habereye ibirori bidasanzwe byitabiriwe na bamwe mu bahanzi bakomeye barimo Jay-Z, Rihanna n’abandi ndetse haba n’imyiyereko irimo ibikoresho bidasanzwe.
Mu mikino ihuza amakipe y’ibigo by’amashuri yisumbuye mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (FEASSA) yari imaze iminsi ibera i Bujumbura mu Burundi, u Rwanda rwabuze igikombe na kimwe mu gihe rwari rwarajyanyeyo amakipe 17 y’imikino itandukanye.
Amakipe atatu yonyine mu makipe arenga 10 y’u Rwanda yari yitabiriye imikino ihuza amakipe y’ibigo by’amashuri yo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (FEASSA) abera i Bujumbura, niyo yabashije kugera ku mukino wa nyuma.
Ikipe y’abamugaye ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Paralempike iri kubera mu Bwongereza yaserukanye umucyo mu birori byo gutangiza iyi mikino byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 29/08/2012.
Ikipe y’abamugaye igomba guhagararira u Rwanda mu mikino ya Paralempike mu gihugu cy’Ubwongereza yaraye yakiriwe ku mugaragaro muri iyi mikino iteganyijwe kuba kuva tariki 29/08/2012 kugeza tariki 09/09/2012.
Bamwe mu bana bari mu biruhuko batuye mu mujyi wa Nyanza barashinjwa n’ababyeyi babo kuba hari imikino imwe n’imwe yatangiye kubararura kugeza n’ubwo biba amafaranga y’iwabo.
Ubuyobozi bw’ Ishuri ry’imikino rya SEC (Sports Empowerment Club) riherereye Kicukiro mu mugi wa Kigali, bufite gahunda yo kubaka ikigo cy’imikino itandukanye kizatarwa Miliyoni 4,5 z’amadolari kizakubakwa mu gihe kingana n’imyaka itandatu.
Abakinnyi bane mu bakinnyi b’Abanyekongo bitabiriye imikino olympique yasojwe ku cyumweru tariki 12/08/2012 baburiwe irengero.
Ubwo habaga isiganwa ku maguru muri metero 100 mu mikino Olympique, ku cyumweru tariki 05/06/2012 hari umufana wateye icupa mu kibuga inyuma y’abasiganwaga none ubu ari mu maboko ya Police.