Inama njyanama y’akarere ka Rutsiro yateranye kuwa 14/03/2014 yemeje ko ubuyobozi bw’akarere bwatangira gutegura uko hashyirwaho amakipe akomeye azajya ahagararira akarere mu marushanwa atandukanye cyane cyane ko ako karere kiyujurije sitadi.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu turere two mu ntara y’Iburasirazuba bavuga ko imikino ari kimwe mu bituma ufite ubumuga yiyumvamo icyizere igihe awukina ndetse bikaba akarusho igihe habayeho amarushanwa ku rwego rw’igihugu.
Mu mukino ihuza urubyiruko rwo muri Afurika izabera i Gaborone muri Botswana kuva tariki ya 22 Gicurasi 204, u Rwanda ruzoherezayo abakinnyi 49, barimo abakobwa 30 n’abahungu 19, bakazaba bahagarariye amashyirahamwe 12 y’imikino.
Inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza Elizabeth wa II iri mu Rwanda kuva tariki 15-18/01/2014 yasesekaye mu karere ka Nyanza yakiranwa ubwuzu kuri uyu wa 16/01/2014 ahagana saa sita n’igice z’amanywa.
Inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza Elisabeth II yageze mu Rwanda ivuye muri Uganda, ikaba irimo kuzenguruka ibihugu biri mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza “Commonwealth’ mu rwego rwo kwamamaza imikino izahuza ibyo bihugu izaba muri Nyakanga uyu mwaka i Glasgow muri Ecosse.
Umwaka wa 2013 urangiye, wabayemo ibikorwa byinshi by’imikino ariko hari ibyavuzweho cyane kurusha ibindi bitewe n’ibigwi byaranze amakipe cyangwa se abakinnyi ku giti cyabo, cyangwa se igihe ibyo bikorwa by’imikino byatwaye, bigatumwa bigarukwaho cyane.
Ikigo cy’Urubyiruko cya Ngororero (NGORORERO YOUTH FRIENDLY CENTER; NYFC) kimaze icyumweru (15- 23 Ukuboza 2013) muri gahunda yitwa “Talent Detection” aho cyari kigamije gushakisha impano z’urubyiruko mu mikino inyuranye n’imyidagaduro.
Mu marushanwa ngarukamwaka ahuza imigi yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yabereye i Bujumbura mu Burundi mu mpera z’icyumweru gishize, umugi wa Kigali wegukanye ibikombe bitandatu, uba ari nawo mugi wa mbere witwaye neza kurusha iyindi yose muri iyo mikino.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Goalball yegeze muri ½ cy’irangiza mu mikino y’igikombe cya Afurika irimo kubera i Kasarani muri Kenya, nyuma yo gutsinda Maroc amanota 15-14.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Goalball ukinwa n’abafite ubumuga bwo kutabona, yerekeje i Nairobi muri Kenya mu mikino y’igikombe cya Afurika izaba kuva kuwa mbere tariki ya 2-7/12/2013.
Mu rwego rwo kunoza imikorere no kugera neza ku nshingano aba yariyemeje, amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda agiye kujya asinyira imihigo imbere y’Ishyirahamwe ry’imikino Olympique mu Rwanda (RNOC), kugirango hajye hanabaho uburyo bw’igenzura ry’imikorere.
Alexis Nzeyimana mu bagabo na Epiphanie Nyirabarame mu bagore, nibo begukanye imyanya ya mbere mu gusiganwa ku maguru muri MTN Kigali Half Marathon yabaye ku cyumweru tariki 20/10/2013.
Mu gihe umuyobozi w’akarere ka Rwamagana aherutse gutangaza ko muri ako karere hagiye gushyirwaho umugenzuzi uzakurikirana uko abakozi ba Leta bitabira siporo bakora kuwa gatanu nyuma ya saa sita, abakozi bavuganye na Kigali Today bayitangarije ko bitazaborohera kubahiriza ayo mabwiriza.
Ikipe y’igihugu y’Ubudage niyo yegukanye igikombe cy’isi mu mukino wa Sitball nyuma yo gutsinda u Rwanda ibitego 49-47 ku mukino wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku wa gatandatu tariki 12/10/2013.
Ikipe y’u Rwanda ya sitball niyo iri ku mwanya wa mbere mu mikino y’igikombe cy’isi irimo kubera mu Rwanda, ikaba yafashe umwanya wa mbere kuri uyu wa gatandatu nyuma yo kwigaragaza igatsinda imikino myinshi yakinnye.
Kuva tariki 10-13/10/2013, i Kigali harimo kubera inama mu byiciro bitandukanye by’impuzamashyirahamwe y’imikino Olympique muri Afurika (ANOCA), zikaba zigamije gushaka uko imikino yatera imbere muri Afurika.
Mu gikombe cy’isi cy’umukino wa Sitball kizabera i Kigali kuva tariki 11-13/10/2013, u Rwanda ruzatangira irushanwa rukina na Kenya kuri Stade ntoya i Remera guhera saa cyenda z’amanywa.
Ku munsi wa mbere wa shampoyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sport yatwaye igikombe giheruka, yakuye amanota atatu imbere ya Gicumbi FC bigoranye cyane, nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-1, naho i Muhanga Mukura yahasanze AS Muhanga iyihanyagirira ibitego 4-0.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’imikino y’abamugaye mu Rwanda (NPC-Rwanda), buratangaza ko kugeza ubu batarabona amafaranga angana na miliyoni 50 akenewe ngo bakire neza igikombe cy’isi cy’umukino wa ‘Sitting Volleyball’ kigomba kubera i Kigali kuva tariki ya 11-13/10/2013.
Umutaliyani ukinira ku byangombwa by’u Rwanda Davite Giancarlo, niwe wagukanye umwanya wa mbere mu isiganwa mpuzamahanga ry’amamodoka ‘Rwanda Mountain Gorilla Rally’ ryasojwe ku cyumweru tariki 22/9/2013.
Claudette Mukasakindi, uhagarariye u Rwanda mu mukino wo gisiganwa ku maguru mu mikino ihuza ibihugu bikoresha Igifaransa (Francophonie), kuri uyu wa gatanu tariki ya 13/09/2913, yegukanye umudari wa ‘Bronze’ mu gusiganwa meteri 10.000.
Abahanzi n’abanyabugeni b’u Rwanda bitabiriye imikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa Jeux de la Francophonie2013 baratangaza ko bizeye kuzavana imidari yo kwitwara neza muri ayo marushanwa arimo kubera i Nice mu Bufaransa.
Nyuma y’aho ikipe ya Congo Brazzaville y’umupira w’amaguru yari mu itsinda rimwe n’u Rwanda itaziye mu marushanwa, u Rwanda rwayiteye mpaga, rukaba ruzakina na Canada n’Ubufaransa gusa, mu mikino y’amatsinda y’irushanwa rihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Jeux de la Francophinie 2013).
Zenith Club y’abakina umukino wo gusinganwa mu mazi mu karere ka Karongi, ku cyumweru tariki 01-09-2013 yegukanye imyanya itatu ya mbere mu marushanwa bise Triathlon.
Ikipe ya volleyball yo muri GS Indangaburezi, iya handball yo muri ES Kigoma, iya rugby n’iya handball zo muri ET Mukingi, kuri uyu wa 22/08/2013, zihagurutse mu karere ka Ruhango aho kwitabira irushanwa rya FEASSSA rizabera mu gihugu cya Uganda
Umufaransakazi Marion Bartoli waherukaga kwegukana igikombe cya Wimbledon mu mukino wa Tennis, yatunguye abantu ubwo yasezeraga burundu kuri uwo mukino, tariki 16/08/2013, nyuma yo gusezererwa ku ikubitiro n’umunya Roumaniyakazi Simona Halep mu irushanwa rya ‘Cincinnati Open” ririmo kubera muri Reta zunze ubwumwe za Amerika.
Ikipe ya Espoir Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino y’akarere ka gatanu irimo kubera mu Burundi yatangiye irushanwa yitwara neza, naho mu bagore APR BBC yo itsindwa umukino wayo wa mbere.
Umukino wo kumasha (kurasa), cyangwa se ‘Archery ‘mu rurimo rw’icyongereza wamaze gutangizwa mu Rwanda, abakinnyi b’u Rwanda bakazajya bawukina mu marushanwa haba ayo mu Rwanda, ku rwego mpuzamahanga kugeza no mu mikino Olympique.
Ikipe y’u Rwanda ya Handball mu bakobwa b’abangavu (Junior), izaba iri mu itsinda rya mbere (Poule A) ririmo igihanganye Angola, mu gikombe cya Afurika cy’abakiri bato (Junior) kizabera muri Congo Brazzaville kuva tariki 20/08/2013.
Abakinnyi b’igisoro mu karere ka Ruhango baravuga ko abantu bakwiye kumva ko gukina umukino w’igisoro atari ubunebwe ahubwo ngo ni mu rwego rwo gukomeza kubungabunga umuco nyarwanda.