Mu rwego rwo guha agaciro abana bafite ubumuga, Urwunge rw’amashuri St Dominique Gihara, rwateguye amarushanwa y’umukino wa Sit ball, n’ibigo baturanye, kugira ngo uwo mukino umenyekane mu mashuri y’uburezi budaheza, bityo umwana ufite ubumuga asabane n’abandi bana.
Abana bo mu mashuri yisumbuye batangiye gutegurirwa imikino jeux olympiques kugirango nibakura bazabashe guhagararira igihugu bariteguye neza.
Umunya-Espagne Rafael Nadal yatsinze David Ferrer ku mukino wa nyuma wa Tennis muri French Open bakunze kwitwa ‘Roland Garos’ ku cyumweru tariki 09/06/2013, ahita yandika amateka yo kwegukana iryo rushanwa inshuro nyinshi kurusha abandi.
Kuva tariki 01-15/06/2013 hazaba amarushanwa yo kwibuka abari abakunzi b’imikino mu Rwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Aya marushanwa yateguwe na Minisiteri ya Siporo n’umuco ku bufatanye na Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB).
Umukinnyi wa Cricket Srinath Vardhineni w’ikipe ya Challengers yabaye umukinnyi wa mbere watsinze amanota arenga ijana mu mukino umwe, ibi yabigezeho tariki 26/05/2013 mu mukino wahuje ikipe ya Challengers Cricket Club n’Indorwa Cricket Club mu gikompe Computer Point T20 Cup.
Abanyarwanda barakangurirwa kuzitabira isiganwa ku maguru mpuzamahanga riharanira Amahoro (Kigali International Peace marathon) rizaba ku cyumweru tariki 19/05/2013, rikazitabirwa n’abazaba basiganwa bavuye mu mpande zitandukanye z’isi.
Umuryango World Vision washyikirije Diyoseze ya EAR Gahini mu karere ka Kayonza imipira 347 y’umukino wa Basket n’indi 277 y’umukino w’amaguru izifashishwa mu guhuza urubyiruko kugira ngo rukorerwe ubukangurambaga ku bintu bitandukanye.
Impuguke mu mikino wa Handball, Peter Hand Thumm, ukomoka mu Budage ari mu Rwanda akaba azamara ibyumweru bitatu yigisha umukino wa Handball abakinnyi bakiri batoya, akazanaha amahugurwa abatoza b’uwo mukino bazaturuka mu turere tw’igihugu.
Amazina y’abashaka imyanya y’ubuyobozi muri Komite y’igihugu y’imikino Olmpique (CNO) yashyizwe ahagaragara tariki 12/04/2013 ndetse banatangira kwiyamamaza hirya no hino mu bazabatora tariki 20/04/203.
Amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda arimo gutegura uko azibuka abari abakinnyi, abayobozi ndetse n’abakunzi b’imikino bazize Jenoside, ibyo bikorwa byo kwibuka bikaba biteganyijwe muri Gicurasi na Kamena uyu mwaka.
Mu nama yahuje inama njyanama y’akarere ka Muhanga, tariki 21/03/2013, bize ku kibazo cya siporo muri aka karere kuko bavuga ko isa n’iyahariwe ikipe y’akarere gusa kandi igomba kugera kuri buri muturage.
Davite Giancarlo usiganwa ukoresha imodoka yo mu bwoko bwa SUBARU Imprezza N11, ni we wegukanye isiganwa ry’amamodoka ryiswe ‘Rally de l’Est’ ryaberaga mu bice bya Rugende na Gahengeri mu turere twa Gasabo na Rwamagana kuri uyu wa gatandatu tariki 23/03/2013.
Nzeyimana Célestin ni watorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’imikino y’abamugaye mu Rwanda (National Paralympic Committee- NPC Rwanda) mu matora yabaye kuwa gatandatu tariki ya 09/03/2013.
Minisitiri w’Umuco na Siporo Protais Mitali arasaba abanyamakuru b’imikino mu Rwanda ubufatanye mu kazi kabo ka buri munsi, mu gushishikariza Abanyarwanda gukunda no gukora siporo.
Ikipe y’Akarere ka Gicumbi yagarutse muri shampiyona y’igihugu y’umukino wa hand ball, tariki 24/02/2013, nyuma y’imyaka ibiri yari imaze itayitabira.
Ubuyobozi bwa federation y’umukino wa handball mu Rwanda buravuga ko mu minsi micye bwitegura gutangiza amakipe y’abana batarengeje imyaka umunani “Mini Handball”, bazajya bakina umukino wa handball.
Ubuyobozi bwa federation y’umukino wa Handball mu Rwanda buravuga ko bugiye kwifashisha uburyo bw’umukino wo mu muhanda “street handball” mu rwego rwo kumenyekanisha uyu mukino wa handball.
Mu mwaka wa 2012 mu Rwanda habaye ibikorwa byinshi by’imikino yitabiriwe n’amakipe y’u Rwanda ibera mu gihugu imbere ndetse no hanze. N’ubwo imikono yabaye ari myinshi, turagaruka ku y’ingenzi yabaye bitewe n’buremere yari ifite.
Ikipe y’abafite ubumuga ya sitting volley ball y’akarere ka Gisagara yatwaye igikombe ku rwego rw’igihugu mu marushanwa yateguwe mu rwego rwo kwizihizi isabukuru ya FPR, ndetse bikanahuzwa n’umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga wizihijwe tariki 03/12/2012.
Umukino uzwi ku izina rya Damu (jeu de dames) ni umwe mu mikino ifite amategako ayigenga yoroshye kuyafata kandi n’imikinire yawo ikaba itagoranye cyane nubwo abahanga bavuga ko bisaba ubwitonzi no gutekereza ku mukinnyi wifuza gutsinda.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 08/12/2012, mu karere ka Huye na Gisagara mu ntara y’Amajyepfo, hazabera isiganwa ngarukamwaka ry’amamodoka ryiswe ‘Huye Rally’ rikazazenguruka ibice bitandukanye bigize utwo turere.
Abarimu bagiye kwigisha abanyeshuri umukino wa sitball maze abafite ubumuga babashe gukina n’abandi mu bihe by’ikiruhuko. Mbere wasangaga abana bafite ubumuga biga ku bigo by’amashuri bifite gahunda y’uburezi budaheza, babura imikino bahuriraho n’abandi.
Ikigo cya COBANGA (College Baptiste de Ngarama) giherereye mu Murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo ni kimwe mu bigo byigenga bititabira imikino muri ako karere kubera ko hari ikibuga kimwe gusa nacyo cya Volleyball.
Kuri uyu wa kane tariki 01/11/2012, Minisitiri wa Siporo n’umuco, Protais Mitali n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda FERWACY Aimable Bayingana barasura abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bari mu myitozo i Musanze bitegura kwerekeza mu isiganwa rizabera Ouagadougou muri Burkina Faso.
Adrien Niyonshuti, Abraham Ruhumuriza, Hadi Janvier na Biziyaremye Joseph ni bo banyarwanda bazahagararira igihugu muri shampiyona nyafurika yo gusiganwa ku magare (Tour de Faso) izaba mu kwezi kwa 11 muri Burkinafaso.
Uruganda rukora imyambaro n’inkweto bya siporo Nike Inc. rwatangaje ko ruhagaritse amasezerano rwari rufitanye na Lance Armstrong, umunyonzi w’indashyikirwa mu isiganwa ry’amagare warwamamarizaga imyenda.
Rwabukwandi Orcella Marie Christelle w’imyaka 10 y’amavuko yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yo koga mu Kivu mu karere ka Karongi tariki 14/10/2012.
Umunyarwanda Disi Dieudonné yatsindiye umudari mu irushanwa Sedan-Charleville mu gihugu cy’u Bufaransa mu mukino wo gusiganwa ku maguru. Yahawe umudari yongererwaho igihembo cy’amayero 9000 na tike y’indege.
Ubwo basuraga umurenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi, abana b’abakobwa bo mu mujyi wa Gisenyi berekanye ibitangaza n’ubugenge bwabo mu mukino wa acrobatie aho umwana umwe w’umukobwa yaryamaga bagenzi be bose bakagenda bamwuririraho kugeza ubwo yikoreye abantu bagera muri bane.
Bwa mbere mu mateka y’u Rwanda hagiye kubakwa inzu y’ihuriro ry’imikino (complexe sportif); iyo nzu izubakwa mu karere ka Muhanga; nk’uko byemezwa n’umuyobozi w’inama njyanama y’ako karere, Antoine Sebarinda.