Ishyirahamwe ry’Imikino olimpiki mu Rwanda rivuga ko ikibazo cy’imiyoborere y’amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda, ari yo ntandaro y’umusaruro muke muri aya mashyirahamwe.
Umugabo usa na Perezida wa Korea y’Amajyaruguru, Kim Jong Un, n’undi usa na Perezida Trump wa Leta Zunze ubumwe za Amerika, birukanywe mu itangizwa ry’imikino Olympic iri kubera muri Korea y’Amajyepfo.
Mu mukino wa Triathlon mu irushanwa ry’Intwali rya Kigali Duathlon Heroes Challenge 2018, Rukara Fazil mu bagabo na Uwineza Hanani mu bagore nibo begukanye iri rushanwa ryari rigamije kuzirikana Intwari z’u Rwanda.
Mu mukino w’intoki wa Volleyball, ikipe ya REG na Gisagara ni zo zamaze kubona itike yo gukina umukino mu gikombe cy’intwari uzaba kuri uyu wa Gatatu, mu gihe Basketball bakiri mu mikino ibanza
Komite Olempike yakoresheje amahugurwa abahagarariye Siporo mu tureretwose tw’u Rwanda, ibasaba gushyira imbaraga no mu mikino idasaba ingengo y’imari iri hejuru
Ishyirahamwe ry’umukino wa Triathlon mu Rwanda ryashyize ahagaragara ingengabihe y’amarushanwa y’umwaka wa 2018 harimo n’irushanwa rizabera ku nshuro ya mbere mu mujyi wa Huye.
Mu irushanwa rya Nyamata Triathlon Challenge ryasozaga amarushanwa yabaye mu mukino wa Triathlon mu mwaka wa 2017 ryegukanywe na Uwineza Hanani mu bagore n’umunya-Canada Tim Gossland mu bagabo.
Gakwaya Claude utitabiriye Rallye des Milles Collines 2017 yabereye i Nyamata, yarangije Shampiona y’u Rwanda ari we uri imbere kuko ntawabashije gushyikira amanota yari afite
Shampiona yo gusiganwa ku mamodoka irasozwa kuri uyu wa Gatandatu, aho haza kuba hakinwa Rallye des Milles Collines izabera i Nyamata
Kuri uyu wa 09 Ukuboza 2017 nibwo ikipe y’igihugu y’umukino wa Taekwondo yageze i Kigali ivuye muri Korea mu irushanwa ry’isi.
Kuri iki cyumweru tariki ya 3 Ukuboza 2017, Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo ngarukakwezi yitiriwe “Car Free Day”.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’abakinnyi ba Golf (Golf Club),buratangaza ko bugiye gusana ikibuga cya Golf kibe mpuzamahanga aho ngo bizabatwara amafaranga asaga Miliyoni 90 z’Amanyarwanda.
Umukino wa Triathlon mu Rwanda ugiye kurushaho kugira imbaraga kuko ugiye kugira abatoza babihuguriwe ku rwego mpuzamahanga.
Abavandimwe babiri bakomoka muri Kenya Changawi Mzai na Chufaa Changawa nibo begukanye irushanwa rya Tennis Rwanda open circuit ryaberaga i Kigali.
Abakinnyi ba Tennis bo mu Rwanda ndetse n’abaturutse hanze ya Africa bateraniye i Kigali aho bari guhatanira imidari muri irushanwa rya Rwanda Open.
Isiganwa ry’amamodoka "Memorial Gakwaya" ryari rimaze iminsi ibiri ribera mu Karere ka Huye na Gisagara ryasojwe Moussa wo muri Uganda ari we uryegukanye.
Abanyarwanda ntibahiriwe n’umunsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka Memorial Gakwaya ryabereye i Huye na Gisagara kuri uyu wa Gatandatu
Tom Gossland, umunya-Canada uba mu Rwanda yegukanye irushanwa rya Triathlon ryabereye mu mujyi wa Rubavu.
Kuri uyu wa 28 Ukwakira 2017 nibwo Perezida Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Stade y’umukino wa Cricket, iri muri stade 10 z’uyu mukino zibarirwa ku isi.
Abantu basaga 1500 ni bo bateganyijwe mu birori byo gutaha Stade mpuzamahanga ya Cricket yubatse i Gahanga mu Karere ka Kicukiro.
Mbere y’irushanwa ry’akarere ka kane k’Afurika muri Triathlon rizabera i Rubavu kuri uyu wa gatandatu, abatoza n’abasifuzi 30 b’uyu mukino mu Rwanda batangiye guhugurwa.
Tariki ya 23 Ukwakira ni umunsi udasanzwe ku Banyarwanda n’inshuti z’u Rwanda kuko bawizihizaho isabukuru y’amavuko ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Mu mpera z’iki cyumweru mu Karere ka Huye na Gisagara harabera isiganwa ry’imodoka rigamije kwibuka Gakwaya wahoze asiganwa mu modoka.
Buri wa gatanu wa buri cyumweru mu masaha ya nyuma ya saa sita abatuye intara y’amajyaruguru bazajya bajya muri siporo mu rwego rwo kurinda ubuzima bwabo.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Triathlon mu Rwanda ryasinye amasezerano y’ubufatanye na BRALIRWA agamije guteza imbere uwo mukino mu Rwanda no hanze.
Eric Dusingizimana umaze kuba icyamamare ku isi nyuma yo guca agahigo ko kumara amasaha 51 akina Cricket ataruhutse ahamya ko gukina Cricket yabitewe no gukunda imibare.
Umukinnyi wa Tennis,Havugimana Olivier usanzwe ari kapiteni w’ikipe y’igihugu agaragaza imvune abakinnyi ba Tennis mu Rwanda bahura na zo kubera amikoro make.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda buratangaza ko nta kipe y’u Rwanda izitabira amarushanwa yo koga azabera muri Tanzaniya.
Kuri iki cyumweru mu mujyi wa Kigali habereye isiganwa ryitwa Duathlon ryari rikomatanyije umukino wo gusiganwa ku maguru no gusiganwa ku igare
Rukara Fazil yanikiye Umuholandi mu irushanwa rya Duathlon ryari ribereye bwa mbere muri Kigali mu buryo bwagutse, naho mu bagore Uwineza Hanani yongera kuba uwa mbere