Kuva ku cyumweru tariki ya 24 Ugushyingo 2019 kugeza tariki ya 01 Ukuboza 2019, mu Rwanda hazabera irushanwa rya Tennis ryiswe ‘Rwanda Open’.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 23 Ugushyingo 2019 ni bwo bizaba ari ibirori mu mihanda yo mu karere ka Gasabo, aho hazaba hakinwa irushanwa rya nyuma muri shampiyona yo gusiganwa ku ma modoka.
Ku cyumweru tariki ya 10 Ugushyingo 2019 kuri Sitade mpuzamaganga ya Crickek i Gahanga mu karere ka Kicukiro hasojwe shampiyona ya 2019 yegukanwe na Challengers CC itsinze Telugu Royals CC ku manota 135 kuri 6 muri Overs 24.
Ku nshuro ya mbere, Abanyarwanda bakina mu ikipe ya Huye Motorsports yari ihagarariwe n’imodoka ya Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude, ni bo begukanye isiganwa rya Mountain Gorilla Rally.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa ry’imodoka ryiswe Rwanda Montain Gorilla Rally, Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude bakuye ku mwanya wa mbere Umurundi Roshanali Mohamed Abbas na Tissarchontos Petros bari babarushije amasegonda abiri ku munsi wa mbere.
Umunsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka ryiswe Mountain Gorilla Rally wabereye kuri Stade Amahoro ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki 04 Ukwakira 2019, wegukanywe, na Roshanali Mohamed Abbas na Tissarchontos Petros bakomoka mu gihugu cy’u Burundi.
Mu ntangiriro z’Ukwakira mu Rwanda harakinwa isiganwa rya Rwanda Mountain Gorilla 2019, rikazakinirwa mu turere dutatu mu gihe cy’iminsi itatu
Mu gihe hari abatekereza ko bene iyi mikino yo kurwana abayijyamo baba bagamije kujya bakubita abantu, abayikina bo si ko babivuga ahubwo bemeza ko mu byo bigishwa ari no kugira imyitwarire myiza (Discipline) birinda ubushotoranyi, ahubwo bakaba bakwirwanaho mu gihe basagariwe cyangwa bagatabara, bakanakiza umuntu mu gihe (…)
Polisi y’u Rwanda yitwaye neza mu mikino njyarugamba ya Taekwondo yaberaga i Kigali, itsindira imidali umunani harimo itandatu ya zahabu.
Guhera tariki 06 kugera tariki 08/09/2019, mu Rwanda harabera irushanwa rya Taekwondo ryitiriwe Ambasaderi wa Koreya, rikaba rigiye kuba ku nshuro ya karindwi
Kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Rubavu hagiye kubera irushanwa rya Afurika rya Triathlon rizahuza ibihugu icyenda
Mu modoka 11 zatangiye irushanwa ngarukamwaka ry’amamodoka ribera mu Karere ka Huye, esheshatu ni zo zabashije gusoza umunsi wa mbere w’iri rushanwa.
Mu karere ka Huye na Gisagara hagiye kongera kubera isiganwa ry’amamodoka rizwi Huye Rally, rikaza rinarimo isiganwa ry’utumodoka duto tutamenyerewe mu Rwanda.
I Kibagabaga mu mujyi wa Kigali habereye isiganwa ry’utumodoka duto rizwi nka Go-Kart Race, ryitabirwa n’abakuru ndetse n’abana
Mu nama y’inteko rusange ya Komite y’Igihugu y’Imikino y’abantu bafite ubumuga (NPC Rwanda), yatangaje ko mu mwaka ushize binjije akayabo ka Miliyoni zirenga 200
Ubuyobozi bw’ umukino ukomatanya koga, kwiruka no kunyonga igare “Triathlon” mu Rwanda butangaza ko Niyitanga Sulumu umukinnyi ukomeje kwigaragaza muri uyu mukino akeneye amarushanwa mpuzamahanga.
Giancarlo Davite afatanyije na Yan Demester ni bo begukanye Nyirangarama Tare Sprint Rally yabereye kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Rulindo, ari ryo siganwa ryabimburiye ayandi muri shampiyona y’u Rwanda y’umukino wo gusiganwa mu mamodoka
Kuri uyu wa gatandatu mu karere ka Rulindo hagiye kubera isiganwa ry’amamodoka ryitwa Nyirangarama Sprint Rally, rikazitabirwa n’imodoka 13
Urwego rw’Intwari z’Igihugu,Imidari n’Impeta by’Ishimwe rwatangaje ko mu bantu bakoreweho ubushakashatsi kugira ngo bahabwe imidari n’impeta by’ubutwari harimo n’abageze ku mihigo n’ibikorwa by’ubutwari muri siporo.
Umwaka wa 2018 wabaye umwaka wo gukora amateka ku ruhando mpuzamahanga, Volleyball yo yongera kohereza abakinnyi benshi hanze y’u Rwanda
Akarere ka Rulindo gafatanyije n’uruganda ruzwi nka Nyirangarama batangiye gahunda yo gukoresha amarushanwa y’isiganwa ry’amamodoka
Hakizimana Theogene wahoze asabiriza mu mujyi wa Gisenyi (ubu wabaye Rubavu) kubera ubumuga bw’amaguru, ubu niwe userukira igihugu mu mahanga kubera umukino wo guterura ibiremereye.
Mu mpera z’iki cyumweru u Rwanda rurakira irushanwa mpuzamahanga rya Tennis, rikazahuza ibihugu icyenda byo muri Afurika y’i Burasirazuba no hagati mu bakinnyi batarengeje imyaka 18
Perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Triathlon mu Rwanda, Mbaraga Alexis yatorewe kujya muri komite nyobozi y’impuzamashyirahamwe y’uyu mukino muri Afurika (ATU) mu matora yabereye i Luxor mu Misiri kuri uyu wa Gatatu.
Irankunda Issiak bakunze kwita Bebeto ukinira ikipe ya Vision Jeunesse nouvelle yo mu Karere ka Rubavu, yegukanye imidali ibiri y’Ifeza mu isiganwa yitabiriye muri Thailand.
Amashyirahamwe y’imikono itandukanye mu Rwanda akunze kugaragaramo ikibazo cy’ubushobozi buke, butuma atabasha guteza imbere umukino kugira ngo uzamure urwego, kuburyo abawukina babasha guhangana ku rwego mpuzamahanga.
Abafite ubumuga bakundaga kugaragara mu yindi mikino, batangiye no kugaragara mu mukino wa Tennis, babitewemo inkunga na Cogebanque.
Umunyarwanda Muhitira Felicien w’imyaka 23 yegukanye umwanya wa kabiri mw’isiganwa rikomeye ryo mu Bufaransa rizwi nka “20km de Paris”.
Mu myaka mike ishize mu Rwanda hamaze kwaduka imikino myinshi yose iganisha ku myidagaduro, ariko muri yose ntayo irimo kwigarurira imitima y’Abanyarwanda nk’umukino wa moto ziguruka uzwi nka "Endurocross".
Mu mikino ya FEASSSA biteganijwe ko izabera mu Rwanda guhera taliki ya 10 kugeza 20 Kanama 2018, Minisiteri y’Uburezi yahagurikiye ikibazo cy’amanyanga avugwa mu bigo by’Amashuri bitira abakinnyi ahandi.