Ikipe ya AS Muhanga yo mu karere ka Muhanga yabonye insinzi iyiganisha muri kimwe cya kabiri cy’igikombe cy’amahoro, nyuma yo kwihererana Mukura ikayitsinda ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri stade ya Muhanga tariki 08/05/2013.
Nyuma y’imyaka 26 atoza ikipe ya Manchester United, Sir Alexander Chapman Ferguson w’imyaka 71 yatangaje ko atazongera gukora akazi k’ubutoza nyuma ya shampiyona y’uyu mwaka kuko azafata ikiruhuko.
AS Kigali na Bugesera FC zabonye itike yo kuzakina ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya ¼ yo kwishyura yabaye tariki 07/05/2013.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye kugaragaza ko ifite inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka, ubwo yanyagiraga Etincelles ibitego 5-0 mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 23 wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu ku wa gatandatu tariki 04/05/2013.
Abafana bagomba guturuka Kigali berekeza i Rubavu bagiye gushyigikira Rayon Sport iza kuba ikina na Etinceles ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tarki 04/05/2013, baravuga ko n’ubwo umuhanda Kigali-Musanze wacitse bitababuza kuza kwihera ijisho uyu mukino ushobora kongerera amahirwe ikipe ya Rayon Sport igenda isatira (…)
Abayobozi n’abakunzi b’ikipe ya Bugesera FC baratangaza ko umukino uzabahuza n’ikipe ya Gicumbi FC tariki 04/05/2013 muri ½ bawufata nka finali kuribo kuko kuwutsindwa ari ukubura amahirwe yo kujya mu kicyiro cya mbere.
Umunyamabanga uhoraho w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rihuza Ibihugu by’Afurika yo Hagati n’iy’Iburasizuba (CECAFA), Nicolas Musonye, atangaza ko Darfur na Kordofan y’Amajyepfo ko hari umutekano ku buryo bazakira CECAFA ya 2013 nta kibazo.
Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma wa ‘Europa League’ nyuma yo gusezerera FC Basel yo mu Busuwisi, ikaba izakina na Benfica yo muri Portugal nayo yasezereye Fenerbahce yo muri Turukiya.
Mu gihe shampiyona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru izigaje imikino ine ngo irangire, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryafashe icyemezo cy’uko imikino yose isigaye izajya ikinirwa umunsi umwe n’isaha imwe mu rwego rwo kurwanya ruswa ikunze kuvugwa cyane mu mpeza za shampiyona.
Sebanani Emmanuel uzwi cyane ku izina rya ‘Crespo’ yafatiwe ibihano byo guhagarikwa ku kazi ko gukinira ikipe ya Mukura Victory Sport mu gihe kingana n’amezi ane, kubera imyitwarire mibi amaze iminsi agaragaza muri iyo kipe.
Nubwo amaze gukina imikino 10 ya shampiyona atarabona intsinzi n’imwe, umutoza wa Kiyovu Sport Kalisa François atarangaza ko ari nta gahunda afite yo kwegura ku mirimo ye, kuko yumva agishaka gukorera Kiyovu Sport.
Kuri uyu wa gatatu tariki 1/5/2013, Bayern Munich yabonye itike yo kwerekeza i Wembley ku mukino wa nyuma wa ‘UEFA Champions League’, nyuma yo gusezerera FC Barcelone iyitsinze ibitego 7-0 mu mikino ibiri.
Ikipe ya Real Madrid ntiyabashije kwishyura ibitego bine yari yatsinzwe na Dortmund mu mukino ubanza bituma ihita isezererwa mu irushanwa rya UEFA Champions League.
Nyuma yuko ikibuga cy’umupira cya Nyamata cyakinirwagaho n’ikipe ya Bugesera FC gifungiwe bigatuma iyo kipe ijya gukinira i Kigali, ubu muri ako karere harimo kubakwa ikibuga cy’umupira gishya giciriritse kuburyo kizaba cyuzuye bitarenze amezi atatu.
Umunyamabanga uhoraho w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika yo hagati n’iy’Iburasizuba (CECAFA), Nicholas Musonye yatangarije BBC tariki 29/04/2013 ko amarushanwa y’igikombe cya CECAFA y’uyu mwaka azabera mu Ntara ya Darfurmuri Sudani.
Ubwo Gicumbi FC yahuraga na Etoile de L’Est mu mukino wa ¼ cyirangiza cya Shampiyona y’umupira wamaguru mu cyiciro cya kabiri tariki 28/04/2013, umukino waje kugaragaramo imvururu zitewe n’abafana ndetse ziza kuzamo n’abakinnyi.
Nshimiyimana Eric watozaga APR FC nk’umutoza wungirije yamaze gusezera muri iyo kipe burundu ngo akaba agiye gushyira imbaraga mu ikipe y’igihugu Amavubi aherutse guhabwa ngo ayitoze nk’umutoza mukuru.
Gareth Bale, ukina ku ruhande ariko anasatira (Winger) mu ikipe ya Tottenham Hotspurs, ni we wahawe igihembo cy’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi mu Bwongereza, anahabwa kandi n’igihembo cy’umukinnyi witwaye neza akiri mutoya, mu muhango wabereye i London ku cyumweru tariki 28/04/2013.
Icyizere cya Rayon Sports cyo kwegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka cyiyongereye ubwo yatsindaga Isonga igitego 1-0, mu gihe Police FC zihanganye yo yanganyije na AS Muhanga, ubu Rayon Sports ikaba irusha Police FC amanota atatu.
Ikipe ya Espoir FC n’abafana bayo bababajwe n’urupfu rwa nyina wa kapiteni wayo, Saidi Abed, rwamenyekenye mu mpera z’iki cyumweru.
Igitego kimwe rukumbi cyatsinzwe na Nova Bayama ku munota wa 90 w’umukino nicyo cyahesheje APR FC intsinzi imbere ya Kiyovu Sport mu mukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro i Remera tariki 27/4/2013.
Umutoza wa APR FC Andreas Spier n’abakinnyi bayo bagambiriye gukura amanota atatu kuri Kiyovu Sport, ubwo ayo makipe aza kuba akina umukino wa shampiyona kuri uyu wa Gatandatu tariki 27/04/2013 kuri Stade Amahoro i Remera.
Kapiteni wa Kiyovu Sports, Eric Serugaba, wari umaze amezi atatu n’igice adakina kubera imvune y’ukuguru kw’ubumoso, yamaze gukira ndetse azatangira imyitozo ku wa mbere w’icyumweru gitaha.
Umukino w’umunsi wa 22 wa shampiyona wagombaga guhuza Rayon Sports n’Isonga FC kuri Stade ya Muhanga tariki 28/04/2013 wimuriwe kuri Stade Amahoro i Remera bisabwe n’ikipe ya Rayon Sports.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza (FA) ryafashe icyemezo cyo guhanisha Rutahizamu wa Liverpool Luis Suarez, kutazakina imikino 10, nyuma yo kuruma myugariro wa Chelsea Branislav Ivanovic ubwo ayo makipe yombi yakinaga mu mukino wa shampiyona wabaye tariki ya 21/4/2013, umukino ukarangira amakipe anganyije (…)
Intumwa zivuye mu Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) zageze mu Rwanda tariki 23/4/2013 zije kwigisha amakipe yo mu Rwanda ikoranabuhanga ryifashisha mu kugura, kugurisha abakinnyi no kubashakira ibyangombwa (licences).
Ikipe ya Bayern Munich izakira FC Barcelone mu mikino ya ½ cya champions league ku mugabane w’u Burayi kuri uyu wa 23 Mata 2013.
Cardiff City yabonye itike yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza (Premiership) nyuma yo kwegukana igikombe cyo mu cyiciro cya kabiri nyuma yo kunganya igitego 1-1 na Burnley tariki 20/04/2013.
Ikipe ya Police FC ikomeje kotsa igitutu Rayon Sports nyuma yo kunyagira Etincelles ibitego 5-0 mu mukino w’umunsi wa 21 wa shampiyona wabereye kuri Stade umuganda i Rubavu ku cyumweru tariki 21/04/2013.
Rayon Sport yakomeje umuvuduko wo gushaka igikombe cya shampiyona, nyuma yo gutsinda Kiyovu Sport ibitego 2-1 bigoranye, mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 21 wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku wa gatandatu tariki 20/04/2013.