Nyuma y’aho shampiyona irangiriye, mu Rwanda ndetse no muri Uganda hakwirakwiye amakuru avuga ko Police FC yamaze guha akazi k’ubutoza umunya Uganda Sam Ssimbwa ndetse ko yaba yararangije gusinya amasezerano yo kuzayitoza imyaka ibiri ariko ubuyobozi bw’iyo kipe ntiburashyira ahagaragara ukuri nyako.
Ikipe ya AS Kigali y’abagore yegukanye igikombe cya shampiyona ku nshuro ya gatanu, iracyafite ikibazo cy’uko yitwara neza mu Rwanda ariko ikaba itajya isohoka ngo ihagararire u Rwanda mu mikino y’igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League).
Kuri uyu wa gatandatu tariki 01/06/2013, Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sport buzatangiza kuzengurukana igikombe cya shampiyona iyo kipe iheruka kwegukana, hirya no hino mu turere tw’u Rwanda mu rwego rwo kukimurikira abakunzi bayo.
Rutahizamu w’ikipe ya Santos yo muri Brazil, Neymar da Silva Santos Júnior w’imyaka 21, yasinye amasezerano y’imyaka itanu yo gukinira ikipe ya Barcelona imuguze miliyoni 30 z’ama Euro.
Nyuma y’umukino wa nyuma wa shampiyona uyihuza na Espoir FC kuri Stade Amahoro i Remera kuva saa cyenda n’igice ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/05/2013, ikipe ya Rayon Sport irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ku nshuro yayo ka karindwi.
Michel Ndahinduka, rutahizamu wa Bugesera FC yahamagawe mu ikipe y’igihugu izatangira imyitozo ku cyumweru tariki 26/05/2013, yitegura gukina na Mali umukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil umwaka utaha.
Ubwo umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Nshimiyimana Eric, yashyiraha ahagaragara urutonde rw’abakinnyi bagomba kwitegura gukina na Mali, yatangaje ko politike y’umupira w’amaguru mu gihe kirambye ari ukwibanda ku bakinnyi bakiri batoya kandi bakina mu Rwanda.
Rutahizamu wa Manchester United, Wayne Rooney, n’umufasha we Coleen Rooney ku wa kabiri tariki 21/05/2013 bibarutse umwana w’umuhungu ndetse banashyira ku mugaragaro amafoto ye.
Ikipe ya AS Kigali y’abagore iri hafi kwegukana igikombe cya shampiyona, kuko niramuka itsinze ‘The winners’ mu mukino wa shampiyona zizakina kuri uyu wa gatandatu tariki 25/05/2013, izahita itwara igikombe.
Umunya-Serbia, Milutin Sredojevic ‘Micho’, wahoze atoza Amavubi akaza gusezererwa kubera umusaruro mubi, yahawe akazi ko gutoza ikipe y’igihugu ya Uganda mu gihe cy’imyaka ibiri aniyemeza kuzageza icyo gihugu ku mwanya wa 70 ku rutonde rwa FIFA.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sport buratangaza ko butazigera bugarura Sina Gerome wayivuyemo atorotse, akajya gukina mu gihugu cye cy’amavuko cya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo mu ntangiro z’uyu mwaka.
Bugesera FC, ikipe yo mu cyiciro cya kabiri, yatunguye AS Muhanga iyitsinda igitego 1-0 mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro wabereye kuri Stade ya Kicukiro ku cyumweru tariki 19/05/2013.
APR FC yoyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma mu gikombe cy’Amahoro, nyuma yo gutsinda AS Kigali igitego 1-0 mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza, wabereye kuri Stade Kicukiro tariki 18/05/2013.
Myugariro wa FC Barcelone Gerard Pique na Alexander Song ukina hagati muri iyo kipe barwaniye mu modoka yo mu bwoko bwa ‘Bus’ bakoreshaga ubwo bishimiraga igikombe cya shampiyona baheruka kwegukana.
APR FC na AS Kigali zikina umukino wa ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/05/2013 kuri Stade ya Kicukiro, aho bakunze kwita muri ETO, zombi zifite intego yo kugera ku mukino wa nyuma ndetse zikegukana igikombe.
Myugariro w’ikipe y’igihugu Amavubi na Royal Antwerp, Salomon Nirisarike, aratangaza ko afitiye icyizere Eric Nshimiyimana na Baptiste Kayiranga, bahawe akazi ko gutoza Amavubi kuko aribo bazi neza umupira w’u Rwanda kurusha abanyamahanga.
Ku myaka 38 y’amavuko David Beckham Umwongereza wamamaye mu makipe atandukanye, yatangaje ko ategereje ko iki gihembwe gisigaje imikino ibiri kirangira ngo asezere ku mupira w’amaguru.
Umutoza Banamwana Camarade watozaga ikipe ya Bugesera FC yirukanywe ku mirimo ye nyuma yo gusanga nta musaruro yatanze kandi aribyo bari bemeranyije.
Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza, kuri uyu wa gatatu tariki 15/5/2013 yegukanye igikombe cya ‘Europa League’, nyuma yo gutsinda Benfica Lisbone yo muri Portugal ibitego 2-1, mu mukino wa nyuma wabereye kuri Amsterdam Arena mu Buholandi.
Nyuma yo gutsindwa na Etincelles igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 25, Isonga FC yahise imanuka mu cyiciro cya kabiri, kuko mu mukino umwe usigaye izakina na AS Muhaga n’iyo yawutsinda ntacyo byayimarira.
Nyuma yo gutsinda Musanze FC igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 25 wabereye kuri Stade Amahoro kuri uri uyu wa gatatu tariki 15/05/2013, Rayon Sport yegukana igikombe cya shampiyona ku nshuro yayo ya karindwi, ikaba yari imaze imyaka icyenda itarongera kucyegukana.
Ubwo abafana b’ikipe ya Manchester United mu karere ka Nyagatare bishimiraga ibikombe 20 bamaze gutwara no gusezera ku wari umutoza wayo Sir Alex Furguson, tariki 12/05/2013, banateye inkunga umupfakazi w’umufana w’iyi kipe bamuha amafaranga ibihumbi 205, icumbi ry’ukwezi n’amatike y’urugendo.
Ikipe ya Wigan Athletic yegukanye bwa mbere mu mateka yayo igikombe cy’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu bwongereza (FA cup) itsinze Manchester City igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade Wembley i London tariki 11/05/2013.
Nyuma yo gutsinda Swansea City ibitego 2-1, tariki 12/5/2013, Manchester United yashyikirijwe ku mugaragaro igikombe cyayo cya 20 cya shampiyona ndetse hanaba umuhango ukomeye wo gushimira no gusezera ku mutoza wayo Sir Alex Ferguson.
Gicumbi FC yahoze izwi cyane ku izina rya ‘Zebres’ yazamutse mu cyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru, nyuma yo gutungura Bugesera ikayitsinda ibitego 2-1, ikaba yazamukanye na Esperance FC ya Kimisagara nayo yasezereye Sunrise yo mu ntara y’Iburasirazuba.
Ikipe ya Rayon Sport irabura inota rimwe gusa ngo yegukane igikombe cya shampiyona, nyuma yo kunyagira AS Muhanga ibitego 6-1 kuri Stade Amahoro i Remera, mu gihe Police FC yari ihanganye nayo yo yanganyije na Espoir FC 0-0 ku Kicukiro mu mikino y’umunsi wa 24 yabaye kuri icyi cumweru tariki 12/5/2013.
La Jeunesse FC yakomeje kuguma ku mwanya wa gatanu muri shampiyona, nyuma yo kunganya ibitego 2-2 na AS Kigali mu mukino umwe wa shampiyona wabaye ku wa gatandatu tariki 11/5/2013 kuri Stade ya Mumena.
Mu gihe Rayon Sports ikomeje umuvuduko wo gushaka igikombe cya shampiyona uyu mwaka, kuri icyi cyumweru tariki 12/5/2013 kuri Stade Amahoro, irakina na AS Muhanga itozwa na Ali Bizimungu wahoze ayitoza agasezerewa.
Mu batoza 10 bakekwa ko basimbura Sir Alex Ferguson ku butoza bw’ikipe ya Manchester United, harimo Jose Mourinho utoza wa Real Madrid yo mu gihugu cya Espagne.
Ikipe ya AS Muhanga yo mu karere ka Muhanga yabonye insinzi iyiganisha muri kimwe cya kabiri cy’igikombe cy’amahoro, nyuma yo kwihererana Mukura ikayitsinda ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri stade ya Muhanga tariki 08/05/2013.