Umukino wagombaga guhuza ikipe ya Kiyovu Sport na APR FC kuwa 14 Ukuboza 2013, waje gusubikwa bitunguranye ukaba wimuriwe muri Mutarama 2014 ariko igihugu uzakinirwaho nticyatangajwe.
Muri tombola y’uko amakipe azahura mu marushanwa Nyafurika yabereye i Marrakech muri Maroc ku itariki ya 16/12/2013, Rayon Sport yo mu Rwanda yatomboye kuzahura na AC Leopard yo muri Congo-Brazzaville, naho AS Kigali ikazakina na Academie Tchite y’i Burundi.
Tombola yabereye i Nyon mu Busuwisi yerekanye uko amakipe y’ibihanganye ku mugabane w’Uburayi azahura muri 1/8 cy’irangiza, hakaba harimo imikino imwe benshi bemeza ko izaba ikomeye cyane nk’aho Arsenal yo mu Bwongereza yatomboye kuzahura na Bayern Munich yo mu Budage, naho Manchester City nayo yo mu Bwongereza itombora FC (…)
Rayon Sport yageze ku mwanya wa kane ku rutonde rw’agatarenganyo rwa shampiyona y’u Rwanda ubwo yatsindaga Marine FC ibitego 4-1 mu mukino w’umunsi wa 10 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 15/12/2013.
Nyuma y’ukwezi kumwe shampiyona y’umupira w’amaguru yarasubitswe kubera ko ikipe y’igihugu yari mu irushanwa ry’igikombe cya CECAFA muri Kenya, irasubukurwa kuri uyu wa gatandatu tariki ya 14/12/2013, umukino ukomeye ukazaba ku cyumweru APR FC yakira Kiyovu Sport kuri Stade Amahoro.
Ikipe y’igihugu ya Kenya yegukanye igikombe cya CECAFA ku nshuro ya gatandatu nyuma yo gutsinda Sudani ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma wabereye kuri sitadi bita Nyayo i Nairobi kuwa kane tariki ya 12/12/2013.
Mu marushanwa ya League des champions ahuza amakipe aba yarabaye aya mbere muri shampiyona z’iwayo yaraye abaye kuri uyu wa 11/12/2013 andi makipe umunani yiyongereye ku yari yamaze kubona bidasubirwaho itike yo kwerekeza muri 1/8 cy’iri rushanwa. Icyagaragaye ni uko amakipe y’Ubudage n’Ubwongereza yose yakomeje.
Umutoza w’ikipe y’umupira w’Amaguru y’u Rwanda asanga kuba Amavubi akunze gutsindwa akanasezererwa rugikubita mu marushanwa atandukanye yitabira, ahanini bituruka ku makipe abakinnyi bajya mu ikipey’igihugu baba bakomokamo kuko ngo ayo makipe akina muri shampiyona idakomeye, bityo n’abakinnyi bakaba baba bai ku rwego rwo hasi.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Turukiya ryikomye Drogba na Eboue bakinira ikipe ya Galatasalay kuko ngo bitemewe na buhoro muri icyo gihugu kuvanga politiki n’umukino kandi bikaba bibujijwe kwandika amagambo ajyanye n’ibya politiki ku myenda y’abakinnyi.
Lionel Messi wa FC Barcelone, Cristiano Ronaldo wa Real Madrid na Frank Ribery wa Bayern Munich nibo bakinnyi batatu batoranyijwe, bagomba kuzavamo uwahize abandi bose akazahabwa umupira wa zahabu (Ballon d’Or 2013).
Mu mikino y’igikombe cya CECAFA irimo kubere muri Kenya igeze muri ½ cy’irangiza aho Kenya yasezereye u Rwanda izahura na Tanzania yasezereye Uganda, naho Zambia yasezereye u Burundi igakina na Sudan yasezereye Ethiopia.
Ikipe ya Arsenal ihagaze ku mwanya wa mbere muri shampiyoa y’Ubwongereza, yatomboye kuzahura na mukeba wayo Tottenham Hotspurs mu mukino w’icyiciro cya gatatu (third round) mu gikombe cy’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza ( FA Cup).
Kuri icyi cyumweru tariki ya 8/12/2013, kuri Stade Amahoro i Remera ikipe ya Police FC yahatsindiye Rayon Sport ibitego 2-1 mu mukino wateguwe n’urwego rw’Umuvunyi mu rwego rwo gusoza icyumweru cyahariwe iwe kurwanya ruswa.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi ku nshuro ya kabiri yikurikiranye yasezerewe muri ¼ cy’irangiza cya CECAFA. Kuri ku wa gatandatu tariki ya 7/12/2013 yatsinzwe na Kenya igitego 1-0 mu mukino wabereye Mombasa.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza bwasabye amakipe yose ndetse n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri icyo gihugu ko mbere ya buri mukino mu iteganyijwe mu mpera z’icyi cyumweru, bafata umunota wo kwibuka Nelson Mandela witabye Imana ku wa kane tariki ya 5/12/2013.
Muri tombola y’uko amakipe azahura mu gikombe cy’isi kizabera muri Brazil, yabereye mu mu mugi wa Bahia uherereye mu majyaruguru y’igihugu cya Brazil kuri uyu wa gatanu tariki ya 6/12/2013, hagaragayemo itsinda rya kane rizaba rikomeye rigizwe n’u Bwongereza Uruguay, Costa Rica n’u Butaliyani.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi kuri uyu wa kane tariki ya 5/12/2013 yabonye itike yo kuzakina ¼ cy’irangiza mu irushanwa rya CECAFA ririmo kubera muri Kenya, nyuma yo gutsinda Eritrea igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Machakos.
Mu gihe ikipe y’igihugu iri muri Kenya mu gikombe cya CECAFA, ikipe ya Rayon Sport na Police FC, zikoresheje abakinnyi basigaye mu Rwanda zizakina umukino wateguwe n’Urwego rw’umuvunyi mu rwego rwo kurwanya ruswa ukazabera kuri Stade Amahoro ku cyumweru tariki ya 8/12/2013.
Abakinnyi babiri b’ikipe y’igihugu ya Eritrea bari bagiye mu mikino y’igikombe cya CECAFA muri Kenya, bamaze gutorokera muri icyo gihugu mu gihe n’imikino y’ikipe yabo yari itararangira.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ku bufatanye na FIFA, CAF ndetse n’abandi baterankunga rigiye kubaka ibitaro bizajya bihangana cyane cyane n’imvune z’abakinnyi bakazajya bavurwa batagombye kujyanwa hanze y’u Rwanda.
Umunya-Cote d’Ivoire ikinira ikipe ya Manchester City mu Bwongereza, Yaya Toure, yahawe igihembo cy’umukinnyi w’umwaka wa 2013 na BBC, gihabwa umukinnyi wa ruhago wahize abandi bose bakomoka mu mugabane wa Afurika buri mwaka.
Nyuma yo gutsindwa na Uganda igitego 1-0 mu mukino wayo wa mbere muri CECAFA, Amavubi yongeye gutsindwa igitego 1-0 na Sudan ku wa mbere tariki 2/12/2013, bituma amahirwe yo gukomeza muri ¼ cy’irangiza aba makeya cyane.
Ikipe y’u Rwanda n’iya Uganda kuri uyu wa gatanu tariki ya 29/11/2013 zirahurira mu mukino wazo wa mbere wa CECAFA ubera kuri Stade ya Machakos muri Kenya guhera saa cyenda.
Ikipe y’igihugu ya Kenya ikinira mu rugo, yatangiye irushanwa rya CECAFA inganya na Ethiopia ubusa ku busa mu mukino wabereye kuri stade Nyayo International Stadium i Nairobi kuri uyu wa gatatu tariki ya 27/11/2013.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi igizwe n’abakinnyi 20 kuri uyu wa mbere nibwo yehagurutse mu Rwanda yerekeza i Nairobi muri Kenya mu irushanwa rya CACAFA rizatangira ku wa gatatu tariki ya 27/11/2013.
Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Ntagungira Celestin ‘Abega’, aratangaza ko imitegurire y’isiganwa mpuzamahanga ry’amagare ‘Tour du rwanda’ hari byinshi yaryigiyeho bizamufasha guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda.
Ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Gakenke byabonye inkunga y’imipira y’amaguru isaga gato 1000 yatanzwe na Minisitiri y’Uburezi, iyo mipira igiye gukangura siporo mu bigo by’amashuri yaba abanza n’ayisumbuye.
Ikipe ya Ghana yabaye iya gatanu iva ku mugabane w’Afurika yabonye itike yo guhatanira igikombe cy’isi kuzabera muri Brezil umwaka utaha nyuma y’umukino wo kwishyura wayihuje na Misiri kuri uyu wa Kabiri tariki 19/11/2013.
Nigeria, Cote d’ivoire na Cameroun niyo makipe yabimburiye andi yo muri Afurika kubona itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil umwaka utaha.
Kayiranga Jean Baptise, umutoza wungirije w’ikipe y’umupira w’amaguru y’u Rwanda Amavubi yabwiye Kigali Today ko ngo Amavubi yagombaga gutsinda Uganda mu mukino wa gicuti wahuje ayo makipe yombi kuwa gatandatu tariki ya 16/11/2013, ariko amakipe yombi akaza kunganya ubusa ku busa.