Ikipe ya FC Barcelone yatsinze Real Madrid ibitego 2-1 mu mukino wa mbere (El Classico), wahuje aya makipe muri uyu mwaka w’imikino wabereye i Nou Camp ku ibuga cya Barcelone ku wa gatandatu tariki 26/10/2013.
Ibitego bibiri bya Kipson Atuheire nibyo byafashije Police FC gutsinda Rayon Sport ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro ku wa gatandatu tariki 26/10/2013, naho AS Kigaki ifata umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda AS Muganga igitego 1-0.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda –FERWAFA kuva kuri uyu wa gatandatu tariki 26/10/2013 riratangira gahunda yo guhemba umukinnyi uzajya atsinda ibitego byinshi kurusha abandi buri kwezi.
Umukino wa shampiyona w’umunsi wa kane wahuje Police FC na APR FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa gatatu, warangiye amakipe anganyije ibitego 2-2 ariko mu buryo bwatunguye cyane abawurebaga.
Umukino wahuje Espoir FC na Kiyovu tariki 23/10/2013 mu karere ka Rusizi warangiye Espoir itsinze igitego 1-0. Iki gitego cyatsinzwe na Saidi Abedi mu minota ya nyuma y’igice cya mbere.
Nyuma y’aho ikipe ya Borussia Dortund itsindiye Arsenal ibitego 2-1 tariki 22/10/2013, andi makipe yo mu Budage yerekanye ko akomeye nyuma y’aho Bayern Munich itsindiye ikipe ya Viktoria Plzen ibitego 5-0 kuri Stade Arienz Arena mu Budage.
Ikipe ya Rayon Sport ubu iri ku mwanya wa mbere by’agateganyo muri shampiyona y’u Rwanda nyuma yo gutsinda Amagaju ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa kane wabereye i Nyamagabe kuri uyu wa gatatu tariki ya 23/10/2013.
Ikipe ya Arsenal yari itaratsindwa na rimwe mu marushanwa ya UEFA Champions League y’uyu mwaka yaraye itsinzwe na Borussia Dortmund ibitego 2-1 ku kibuga cya Emirates Stadium.
Kuri uyu wa kabiri tariki 22/10/2013, AS Kigali yaraye ku mwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo gutsinda Marine igitego 1-0, naho Mukura itsinda Gicumbi FC igitego 1-0.
Shampiyona y’u Rwanda y’umupira w’amaguru irakomeza kuri uyu wa kabiri tariki 22/10/2013, aho AS Kigali ikina na Marine FC kuri Stade ya Kigali i Nyamiramb, naho Gicumbi FC ikaza kwakira Mukura Victory Sport i Gicumbi.
Mu mikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona yabaye ku cyumweru tariki ya 20/10/2013, Rayon Sport yafashe umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda bigoranye AS Muhanga igitego 1-0, naho Police FC itungurwa na Musanze FC itsindwa igitego 1-0.
Arsenal ikomeje kuza ku isonga muri shampiyona yo mu Bwongereza nyuma yo kunyagira Norwich City ibitego 4-1, mu gihe mukeba wayo Manchester United ikomeje kugira intangiro mbi za shampiyona nyuma yo kunganya na Southampton igitego 1-1 mu rugo Old Trafford.
AS Kigali ku kibuga cyayo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo yahatsindiye APR FC igitego 1-0 mu mukino wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 19/10/2013, naho Espoir FC ifata umwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo gutsinda Marine ibitego 2-1.
Kiyovu Sport, idafite umutoza wayo mukuru Kanyankore Yaoundé, irakina umukino wayo wa gatatu wa shampiyona na Gicumbi FC kuri uyu wa gatandatu tariki ya 19/10/2013 kuri Stade ya Mumena, ikaba ishaka intsinzi yayo ya mbere nyuma yo kunganya imikino ibiri yikurikiranya.
Ku rutonde ngarukakwezi rw’ishyirahamwe ry’umumpira w’amaguru ku isi - FIFA, rugaragaza uko amakipe y’ibihugu muri ruhago akurikirana ku isi, u Rwanda rwazamutseho imyanya ibiri, ruva ku mwanya wa 131 rugera ku mwanya wa 129.
Ikipe y’igihugu ya Ghana, nyuma yo kunyangira Misiri ibitego 6-1, mu mukino ubanza w’amajonjora ya nyuma yo kujya mu gikombe cy’isi wabaye ku wa kabiri tariki 15/10/2013, amahirwe yayo yo kujya mu gikombe cy’isi muri Brazil 2914 yamaze kwiyongera cyane.
Kuva ku cyumweru tariki 13/10/2013, i Kigali harimo kubera amahugurwa y’abarimu 30 b’abasifuzi (Instructeurs d’Arbitres de Football), baturutse mu bihugu 10 bya Afurika bikoresha ururim rw’Igifaransa.
Nk’uko byemejwe mu masezerano y’ubufatanye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagiranye n’ibitaro bya Kanombe, kuri uyu wa gatandatu ndetse no ku cyumweru ibyo bitaro bizakora igikorwa cyo gupima abakinnyi bakina mu cyiciro cya mbere mu Rwanda.
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ntabwo izakina mu mpera z’icyi cyumweru nk’uko byari bisanzwe, kubera ko uzaba ari umunsi amakipe y’ibihugu hirya no hino ku isi azaba akina imikino yo guhatanira itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.
APR FC niyo iyoboye andi makipe ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’u Rwanda, nyuma yo gutsinda Esperance ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa kabiri wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 6/10/2013.
Ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Kenya butangaza ko bwiteguye kwakira irushanwa rya CECAFA rizaba mu kandi biteguye ko rizagenda neza kuko nta kibazo cy’umutekano muke kizaboneka ku mahoteli abakinnyi n’ababaherekeje bazacumbikirwamo ndetse no ku bibuga.
Umukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda wari utegerejwe cyane hagati ya Kiyovu Sport na mukeba wayo Rayon Sport warangiye ari nta kipe ibashije kubona igitego, mu gihe AS Kigali yatsindiwe i Rusizi na Espoir FC ibitego 2-1.
Ikipe ya Rayon Sport na Kiyovu Sport, amwemu makipe akuze kandi ahora ahanganye mu Rwanda, arakina umukino wazo wa gatatu mu gihe cy’ukwezi kumwe, mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa kabiri ubera kuri Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa gatandatu tariki ya 5/10/2013.
Ubwo imikino ya Champions League ku mu gabane w’iburayi yakomezaga tariki 01-02/10/2013, ngo amakipe amwe yaratunguwe ndetse n’umukinnyi Robben wa Bayern Munich ngo hari icyamutunguye.
Itsinda ry’abakinnyi batanu b’abanyarwanda bakinaga mu makipe atandukanye yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda, mu gihe kitarenze iminsi 15 bazerekeza mu gihuhu cya Portugal gukinira ikipe yaho yitwa Assiciacao Desportiva de Fornos de Algodres , ibarizwa mu cyiciro cya kane.
Roberto Manchini wigeze gutoza ikipe ya Manchester City mu Bwongereza yatangaje ko ubu igiye gutoza ikipe ya Galatasalay mu gihugu cya Turukiya mu gihe cy’imyaka 3.
Saido Berahino, rutahizamu w’umurundi ikinira ikipe ya West Bromwich Albion yatangiye kurambagizwa n’amakipe akomeye i Burayi, nyuma yo kwigaragaza ubwo yatsindaga igitego kimwe muri bibiri iyo kipe yatsinze Manchester United ku wa gatandatu tariki 28/09/2013.
Bamwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru ndetse n’abafana bawo mu karere ka Ruhango, baravuga ko babangamiwe cyane no kutagira aho bakinira umupira w’amaguru; ariko ngo bikaba bibi cyane mu bihe by’imvura.
APR FC, ifite ibikombe 13 bya shampiyona ari nayo ifite byinshi, yatangiye shampiyoan y’uyu mwaka inyangira Marine FC ibitego 6-2 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 29/9/2013.
Ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda 2013/2014 itangira kuri uyu wa gatandatu tariki 28/9/201, Rayon Sport yatwaye igikombe cya shampiyona giheruka, irakina na Gicumbi FC ikipe yazamutse mu cyiziro cya mbere muri uyu mwaka, umukino ubera kuri Stade Amahoro i Remera kuva saa cyenda n’igice.