Ikipe ya APR FC yasubiye ku mwanya wa mbere muri shampiyona nyuma yo gutsinda Mukura Victory Sport igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 19 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatandatu tariki ya 8/3/2014.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 izasubira mu myitozo ku wa mbere tariki ya 10/3/2014 yitegura gukina na Sudan y’Amajyepfo mu mukino ubanza w’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Senegal umwaka utaha.
Ikipe ya AS Kigaki ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Confederation Cup), yasezereye Al Ahly Shendi yo muri Sudan hitabajwe za penaliti mu mukino wo kwishyura wabereye muri Sudan ku wa gatanu tariki 7/3/2014.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi yanganyije igitego 1-1 n’ikipe y’u Burundi mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Prince Louis Rwagasore i Bujumbura kuri uyu wa gatatu tairki ya 5/3/2014.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi yahagurutse i Kigali yerekeza i Bujumbura mu Burundi aho igiye gukina umukino wa gicuti n’ikipe y’icyo gihugu ‘Intamba ku rugamba’, umukino uzabera kuri Stade Prince Louis Rwagasore kuwa gatatu tariki ya 5/3/2014.
Ikipe y’u Rwanda y’abagore mu mupira w’amaguru, yakomeje mu marushanwa yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, nyuma yo gusezerera Kenya mu buryo bugoranye mu mukino wo kwishyura wabereye i Machakosa muri Kenya ku cyumweru tariki ya 2/3/2014.
Ikipe ya AS Kigali ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Confederation Cup), yatsinze ikipe ya Al Ahly Shendi yo muri Sudan igitego 1-0 mu mukino ubanza wabareye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatandatu tariki ya 1/3/2014.
Kuri uyu wa kane tariki ya 27/3/2014, ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru mu bagore yerekeje i Nairobi muri Kenya, aho igiye gukina n’ikipe ya ho umukino wo kwishyura mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu mwaka.
Uretse ikipe ya Chelsea yabashije kunganyiriza mu gihugu cya Turukiya na Galatasaray 1-1, andi makipe yose y’Ubwongereza yatsinzwe n’ayo byahuye muri 1/8 cy’irangiza mu irushanwa rya UEFA Champions League.
Umukino wo kwishyura uzahuza ikipe ya Kenya y’abagore n’iy’u Rwanda uzabera kuri Kenyatta Stadium iherereye mu gace kitwa Machakos muri Kenya ku cyumweru tariki ya 1/3/2014.
Abakinnyi 23 bahamagawe n’umutoza w’ikipe y’igihugu, Nshimiyimana Eric, kuri uyu wa gatatu tariki ya 26/2/2014 batangiye umwiherero wo gutegura umukino wa gicuti uzahuza u Rwanda n’u Burundi tariki 5/3/2014 i Bujumbura.
Umutoza wa Police FC, Sam Ssimbwa, ubwo yari amaze gutsindwa na Rayon Sport ibitego 2-1 ku cyumweru tariki ya 23/2/2014, yavuze ko igikombe gisigaye hagati y’amakipe abiri, Rayon Sport na APR FC.
Rayon Sport yongeye gufata umwanya wa mbere muri Turbo King National Football League, nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 18 w’ikirarane wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 23/2/2014.
Luc Eymael, umutoza mushya wa Rayon Sport ukomoka mu gihugu cy’Ububiligi aribaza impamvu mu Rwanda amakipe amwe n’amwe afite abafana benshi ariko bakareba umupira bacecetse aho gushyigikira amakipe yabo.
Rutahizamu wa Manchester United, Wayne Rooney, nyuma y’iminsi atavuga rumwe n’ubuyobozi bw’iyo kipe ku byerekeranye no kuyigumamo, byaje kurangira asinye amasezerano y’imyaka itanu n’igice akazamugeza mu mwaka wa 2019, akazajya ahembwa ibihumbi 300 by’ama Pounds buri cyumweru.
Mu mukino wa Turbo King National Football League uza guhuza Police FC na Rayon Sport kuri iki cyumweru tariki ya 23/2/2014 , Umutoza wa Police Fc Sam Ssmbwa yiyemeje kuwutsinda kugirango yiyongerere amahirwe yo kuguma mu makipe ahatanira igikombe cya shampiyona.
Rayon Sport yagabanyije ikinyuranyo cy’amanota APR FC iri ku mwanya wa mbere iyirusha, ubwo yatsindaga Amagaju ibitego 2-0 mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa17 wa Turbo National Football League wabereye kuri Stade ya Kigal i Nyamirambo ku wa gatatu tariki 19/2/2014.
Abakunzi b’umupira w’amaguru mu mujyi wa Rwamagana bari kuvugishwa menshi n’umukino wa shampiyona amakipe abiri rukumbi aba muri uwo mujyi afitanye ku gicamunsi cyo kuwa 19/02/2014 ku kibuga bita icya polisi mu mujyi wa Rwamagana.
Imikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi (UEFA Champions League) igeze muri 1/8 cy’irangiza, aho ku mugoroba wo kuwa 18 Gashyantare 2014 hakinwe imikino ibiri muri iri rushanwa.
Amafaranga yari agenewe kuvugurura sitade Huye si ko yabonetse yose, ku buryo imirimo y’icyiciro cya mbere iri gukorwa izasiga ikibuga cyo gukiniraho n’aho kwicara bareba umupira gusa.
Ikipe ya AS Kigali yakomeje mu irushanwa ry’igikombe gihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Confederation Cup), nyuma yo kunganya na Academie Tchite igitego 1-1 mu mukino wo kwishyura wabereye i Bujumbura mu Burundi ku cyumweru tariki ya 16/2/2014.
Ikipe y’u Rwanda mu mupira w’amaguru w’abagore yagize intangiro nziza mu marushanwa yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, ubwo yatsindaga Kenya igitego 1-0 mu mukino ubanza wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 16/2/2014.
Urugendo rwa Rayon Sport mu mikino nyafurika rwarangiye ku wa gatandatu tariki ya 15/2/2014, ubwo yanganyaga na AC Leopard Dolisie ibitego 2-2 mu mukino wo kwishyura wa 1/32 mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, wabereye kuri Stade Amahoro i Remera.
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sport Luc Eymael, yiyemeje kuzakoresha uburyo bwo gusatira kugirango atsinde ibitego ubwo iyo kipe iza kuba yakira AC Leopard Dolisie kuri Stade Amahoro kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15/2/2014 mu marushanwa y’igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika.
Mu mukino wo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cya Afurika uzahuza u Rwanda na Kenya ku cyumweru tariki ya 16/2/2014, umutoza w’ikipe ya Kenya Justine Omojong aratangaza ko afite icyizere cyo kuzakura intsinzi i Kigali n’ubwo ngo bitoroshye.
Nyuma y’aho Umudage Andreas Spier watozaga APR FC asezereye ku mirimo ye, ubuyobozi bw’iyo kipe bwafashe icyemezo cyo kurekera Mashami Vincent wari umutoza wungirije, agakomeza gutoza iyo kipe kugeza shampiyona y’uyu mwaka irangiye.
Nyuma yo gutsinda Police FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 17 wa shampiyona y’umupira w’amaguru wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, umutoza wa APR FC wungirije, Mashami Vincent watoje uwo mukino, avuga ko n’igikombe bashobora kuzacyegukana.
Ubwo yari igeze ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe ivuye muri Congo Brazzaville aho yanganyije 0-0 na AC Leopard, ikipe ya Rayon Sport yakiriwe n’abafana benshi banayiherekeje aho yagiye kwiyakirira.
AS Kigali yatangiye amarushanwa yo ku rwego rwa Afurika yitwara neza, ubwo ku wa gatandatu tariki ya 8/2/2014 yatsindaga Academie Tchité yo mu Burundi igitego 1-0, mu mukino wa 1/32 mu irushanwa rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo ( CAF Confederation Cup), wabareye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Police FC, kuri uyu wa kane tariki ya 6/2/2014 bwandikiye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), busaba ko iyo kipe yahabwa ibyangombwa byemerera umukinnyi Sina Gerome kubakinira kuko ngo basanga ari nta mpamvu yabwimwa.