Yaya Toure ukinira ikipe ya Manchester City mu cyiciro cya mbere mu gihugu cy’Ubwongereza ndetse n’ikipe y’igihugu cye cya Cote d’Ivoire yatoranijwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) , nk’umukinnyi w’umwaka wa 2013 muri Afurika.
Igikombe cy’umwami cyo muri Espagne (Copa Del Rey), kuri uyu wa 9 Mutarama 2014, cyarakomeje mu mikino ya 1/8 cy’irangiza. Ikipe ya FC Real Madrid ikaba yaraye itsinze Osasuna ibitego 2-0.
Sitade ya Rwinkwavu, imwe mu za mbere zabayeho mu Rwanda yakinirwagaho n’ikipe yitwaga Standard FC yatangiye gusanwa nyuma y’igihe kini yarabaye itongo.
Mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza ya Capital One Cup mu Bwongereza, wabaye tariki 08/01/2014, ikipe ya Manchester City yanyagiye ikipe ya West Ham United ibitego 6-0 kuri stade Etihad ya Manchester City.
Imirimo yo kubaka Sitade Huye igeze kure. Abahagarariye sosiyete yitwa EEG, ari na yo iri kubaka iyi sitade, bavuga ko nta kibuza, ukwezi kwa Mata kuzashira irangiye neza, ishobora no gukinirwamo.
Ibihe bibi bya Manchester United irimo muri iki gihe byakomeje ubwo yasezererwaga mu cyiciro cya gatatu cy’igikombe cya FA itsinzwe na Swansea City ibitego 2-1 mu mukino wabereye ku kibuga cya Manchester United Old Trafford ku cyumweru tariki ya 5/1/2014.
Nzamwita De Gaule ukomoka mu ikipe Intare FC, niwe watorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu gihe cy’imyaka ine, mu matora yabereye ku cyicaro cy’iryo shyirahamwe ku cyumweru tariki ya 5/1/2014.
Imikino ya shampiyona ibanza (Phase aller), yarangiye APR FC yicaye ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Kiyovu Sport ibitego 2-1 mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa 10, wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4/1/2014.
Nkuko bisanzwe, buri mwaka urubuga befoot.fr rutanga icyo wakwita igihembo cy’umukinnyi waranzwe n’imvune kurusha abandi ku mugabane w’Iburayi bita “Ballon de Plâtre”. Icy’uyu mwaka kikaba cyaregukanywe n’umukinnyi wo hagati wa Arsenal, Abou Diaby.
Mu mukino w’ikirarane uhuza APR FC na Kiyovu Sport kuri uyu wa gatandatu tariki 4/1/2014, APR FC irashaka kuwutsinda kugirango ihite ifata umwanya wa mbere, mu gihe Kiyovu Sport nayo iramutse iwutsinze yazamuka ikagera ku mwanya wa kane.
Umukinnyi Christiano Ronaldo yatangaje ibanga rituma ahorana imbaraga zidasanzwe ku bibuga, abantu basanga ari ibintu bisanzwe buri wese yageraho.
Ubusanzwe iyo umuntu yavugaga ikipe ya Manchester United, benshi bahitaga bumva imwe mu makipe akomeye cyane muri shampiyona y’Ubwongereza nyamara muri shampiyona y’uyu mwaka, benshi bemeza ko isigaye ku izina gusa.
Umukino wa gicuti wahuje Rayon Sport n’ikipe y’igihugu ya Mauritania kuri Stade Amahoro kuri uyu wa kabiri tariki 31/12/2013, warangiye Mauritania itsinze Rayon Sport ibitego 2-1.
Mu rwego rwo gutegura irushanwa rya CHAN izabera muri Afurika y’Epfo muri Mutarama 2014, ikipe y’igihugu ya Mauritania kuva ku cyumweru iri mu Rwanda, ikaba ikina na Rayon Sport umukino wa gicuti kuri uyu wa kabiri tariki ya 31/12/2013 kuri Stade Amahoro i Remera.
Nyuma y’inzinzi y’igitego 1-0 ikipe ya Arsenal yakuye ku kibuga cya New Castle United, kuwa 29 Ukuboza uyu mwaka, iyo kipe n’umutoza wayo Asene Wenger bongeye kwisubiza ishema ryo gusoza umwaka bayoboye shampiyona y’ubwongereza.
Ikipe ya Rayon Sport irangije umwaka wa 2013 iri ku mwanya wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda, ikaba yabishimangiye ku cyumweru tariki ya 29/12/2013 ubwo yatsindaga Musanze FC ibitego 2-1 kuri Stade Ubworoherane i Musanze.
Kubera ko ngo hari ababyeyi badohotse ku gufasha abana kwishima no gukura basobanukirwa n’iminsi mikuru inyuranye, abanyamuryango b’ikipe y’abakuze ya Les Onze du Dimanche yo mu karere ka Muhanga bateguye umunsi mukuru wo kwizihiza no kwifuriza abana noheri nziza, dore ko ivuka rya yezu ngo ari umunsi ukomeye w’abana.
Bwa mbere muri shampiyona y’uyu mwaka, Rayon Sport yicaye ku mwanya wa mbere by’agateganyo nyuma yo kunyangira Esperance ibitego 5-0 mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku wa kane tariki ya 26/12/2013.
Hashize iminsi mike, sosiyete ya Premier betting ifunguye imiryango yayo mu Mujyi wa Gakenke, abakunzi b’umupira w’amaguru batangaza ko babyakiriye neza kuko babonye aho bazagerageza amahirwe yabo, bikagira icyo bihindura mu buzima bwabo.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 23 Ukuboza 2013, ikipe ya Arsenal yakiriye ikipe ya Chelsea ku kibuga cyayo Emirates stadium mu mujyi wa London binganya ubusa ku busa.
Hashize iminsi itari mike ikipe ya Espoir FC yo mu karere ka Rusizi ivugwamo ikibazo cy’amarozi iki kibazo ngo cyatangiye umwaka ushize ubwo bamwe mu bayobozi bo muri iyi kipe bahagarikagwa bitewe nuko iyi kipe itari ikigaragaza umusaruro mwiza.
Ibitego 2-1 Rayon Sport yatsinze AS Kigali mu mukino w’umunsi wa 11 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 22/11/2013, byatumye ifata umwanya wa kabiri nyuma ya APR FC iri ku mwanya wa mbere.
Bayern Munich yegukanye igikombe cya gatanu muri uyu mwaka nyuma yo gutwara igikombe cy’isi cy’amakipe (clubs) itsinze Raja Casablanca yo muri Maroc ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma wabereye i Marrakech muri Maroc ku wa gatandatu tariki 21/12/2013.
APR FC yafashe umwanya wa mbere by’agateganyo muri shampiyona nyuma yo gutsinda Amagaju ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 11 wabereye i Nyamagabe, naho Mukura Victory Sport Sport itakaza umukino wa gatandatu yikurikiranya ubwo yatsindwaga na Kiyovu Sport igitego 1-0.
Rutahizamu wa Liverpool Luiz Suarez, yamaze kongera amasezerano muri iyo kipe azamugeza mu mwaka wa 2018, akazajya ahembwa ibihumbi 170 by’ama pounds azatuma aba umukinnyi wa mbere uhembwe amafaranga menshi mu mateka y’iyo kipa kuva yashingwa mu myaka 121 ishize.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura bwafashe icyemezo cyo guhagarika abakinnyi babiri Ntakirutimana Jarudi na Nkurikiye Jackson, bakaba bagomba kumara amezi abiri badakina, nyuma yo gufatirwa mu kabari mu masaha akuze cyane basinze, kandi bari bafite umukino.
Ku munsi wa 11 wa shampiyoan y’umupira w’amaguru mu Rwanda hateganyijwe imikino ibiri ikomeye cyane, aho kuri uyu wa gatandatu tariki ya 21/12/2013 , Kiyovu Sport yakira Mukura kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, naho AS Kigali ikazahakinira na Rayon Sport ku cyumweru tariki 22/12/2013.
Ikipe ya Manchester United na Manchester City zabonye itike yo gukomea mu marushanwa ya Capital One Cup akomeje mu gihugu cy’Ubwongereza. Chelsea yasezerewe itsinzwe na Sunderland ibitego 2-1.
Mu marushanwa y’igikombe cy’isi cy’ama clubs gitegurwa na FIFA, ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage yasezereye muri ½ cy’irangiza ikipe ya Guangzhou Evergrande yo mu Bushinwa iyitsinze ibitego 3-0.
Nyuma yo kumenya ko izakina na AC Leopard yo muri Congo Brazzaville mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League), Rayon Sport igiye kugura abakinnyi batatu bakomeye bazayifasha kwitwara neza.