Kuri uyu wa 01 Nyakanga, mu mukino wahuje ikipe ya Bugesera na Nyagatare,mu mukino Bugesera yatsinze Nyagatare 1-0, uyu umukino wabayemo imvururu abafana bashaka gukubita abasifuzi maze Polisi y’u Rwanda irahagoboka.
Ikipe ya Police Fc yasezereye ikipe ya APR fc muri 1/2 cy’imikino y’igikombe cy’amahoro,nyuma yo kunganya ubusa ku busa byahaye amahirwe ya Police yo kuzakina na Rayon Sports ku mukino wa nyuma kuri uyu wa gatandatu.
Ikipe ya Rayon Sports yanyagiye ikipe y’Isonga ibitego bine ku busa mu mukino wo kwishyura wa kimwe cya kabiri cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro,biyiha itike yo gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro uteganijwe kuri uyu wa gatandatu taliki ya 04/07/2015
Kuri uyu wa kabiri ,kuri Stade ya Kicukiro harabera umukino wa 1/2 cy’irangiza mu riushanwa ry’igikombe cy’Amahoro,aho ikipe y’Isonga Fc iza kuba yakiriye ikipe ya Rayon Sports yari yayitsinze ibitego 2-1 mu mukino ubanza.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Kanama, mu Rwanda harateganywa irushanwa ry’umupira w’amaguru w’ abana bato, rizitirirwa shampiyona y’umupira w’amaguru yo mu gihugu cy’Ubudage, izwi ku izina rya Bundesliga.
Umukinnyi usanzwe ukina nka Rutahizamu mu ikipe y’Isonga Fc yanamaze gusubira mu cyiciro cya kabir,Danny Usengimana ashobora kwerekeza mu ikipe ya Tusker Fc yo mu gihugu cya Kenya nyuma y’igerageza yakoze ndetse agashomwa n’abatoza b’iyo kipe
Nyuma y’aho mu kwezi kwa cumi 2014 abasifuzi bo mu Rwanda bishyuriwe ibirarane bari bafitiwe, kugeza kuri uyu munsi abasifuzi bo mu Rwanda bagiye kumara amezi arenga atandatu batarongera guhembwa amafaranga baba bagomba guhabwa kuri buri mukino
Umukinnyi w’umunyarwanda usanzwe ukina nk’uwabigize umwuga mu ikipe ya MTN Qhubeka aratangaza ko yiteguye kwegukana Shampiona y’igihugu mu mukino w’amagare izaba mu mpera z’iki cyumweru
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu MINALOC, n’Ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere RGB baragaya abayobozi b’inzego z’ibanze bashyigikira amanyanga mu marushanwa Umurenge Kagame Cup.
Hategekimana Aphrodis wari umaze igihe kinini akinira ikipe ya Rayon Sports, kuri uyu wa kabiri ku isaha ya Saa saba n’iminota 20 (13h20),nibwo yerekeje muri Kenya gusinya amasezerano y’imyaka 2 aho yatangaje ko yifuza kugaruka ari umutoza wa Rayon Sports
Umukinnyi ukina hagati mu ikipe ya Rayon Sports ndetse no mu ikipe y’igihugu Amavubi aratangaza ko umwaka utaha w’imikino ashobora kuzaba akiri umukinnyi wa Rayon Sports n’ubwo ikipe ya Police Fc nayo imushaka.
Abakinnyi b’ikipe y’abakuze ya Victory FC ikina umupira w’amaguru ikaba yitoreza ku kibuga cyo ku Ruyenzi mu murenge wa Runda, kuri iki cyumweru tariki 21 kamena 2015, bazindukiye mu gikorwa cyo gusana inzu y’umubyeyi Nyiranshuti Donatilla wacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi muri 1994.
Ibitego bibiri by’umukinnyi Ndayisenga Fuadi bihesheje ikipe ya Rayon Sports itike yo kwerekeza muri 1/2 cy’irangiza cy’imikino y’igikombe cy’amahoro aho izahura n’Isonga yasezereye Espoir kuri Penaliti
Abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sports biteganijwe ko baza gusubukura imyitozo kuri uyu wa gatanu nyuma y’aho bari bavuze ko batazakina umukino wa 1/4 w’igikombe cy’amahoro batarahabwa ibirarane
Ndayisaba Fabrice Foundation yatangije ibkorwa by’imikino n’imyidagaduro bigamije kwibuka abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, ibikorwa biri kubera kuri Stade ya Kicukiro kuva taliki ya 16 Kamena 2015
Ikipe ya Gicumbi irangije urugendo rwa Mukura Vs muri uyu mwaka w’imikino, mu gihe ikipe y’Isonga yamanutse mu cyiciro cya kabiri isezereye AS Kigali mu gikombe cy’Amahoro cyakomezaga kuri uyu wa gatatu mu mikino ya 1/8 cy’irangiza
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu gihugu cy’Ubwongereza izwi ku izina rya Barclays Premier League izatangira taliki ya 08 Kanama 2015, nk’uko byemejwe ubwo hatangazwaga ingengabihe y’uko amakipe azahura mu mwaka w’imikino wa 2015/2016
Kuri Uyu wa Gatatu, imikino y’igikombe cy’Amahoro iraba igeze muri kimwe cy;umunani,aho haza gukinwa imikino itanu mu gihe indi itatu izakinwa ku wa kane
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru yatangiye neza urugendo rwo gushaka itike yerekeza mu gikombe cy’Afrika kizabera muri Gabon mu mwaka wa 2017,aho yatsinze ikipe ya Mozambique iwayo igitego kimwe ku busa
Bamwe mu bakinnyi badasanzwe babona umwanya ubanzamo mu makipe yabo barimo Eric Rutanga na Rugwiro Hervé batoranijwe mu bakinnyi 18 berekeje muri Mozambique mu gihe Kapiteni w’ikipe ya APR Fc yasigaye kubera ikibazo cy’imvune
Amarushanwa y’umupira w’amaguru yo guhatanira igikombe cyitiriwe Umukuru w’Igihugu ku rwego rw’umurenge “Umurenge Kagame Cup”, mu rwego rw’Intara y’Iburasirazuba, yasojwe ikipe y’Umurenge wa Zaza wo mu Karere ka Ngoma mu bahungu ndetse n’iy’Umurenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana mu bakobwa, ari zo zegukanye intsinzi (…)
Nyuma y’aho umwe mu bakinnyi b’Isonga atangarije ko kujya mu ikipe ya APR Fc ari nko kujya muri Gereza,umunyamabanga mukuru w’ikipe ya APR Fc yatangaje mu kiganiro n’abanyamakuru ko nta gahunda yo kugura abo bakinnyi kuko atari bo iyi kipe yifuza
Mu gihe ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje imyitozo yo kwitegura umukino uzayihuza na Mozambique kuri iki cyumweru,hakomeje kuvugwa ko agahimbazamusyi bagenerwaga kaba kagabanutse ndetse byaje no gutuma iyi kipe igirana inama y’amasaha agera kuri abiri na Minisitiri w’Umuco na Siporo.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Kenya,Victor Wanyama usanzwe anakinira Southampton asanga amashyirahamwe y’umupira w’Amaguru mu karere k’Afrika y’Iburasiravuba atuzuza inshingano zawo ndetse bigatuma n’umupira w’Amaguru muri aka karere ukiri ku rwego rwo hasi.
Kuri icyi cyumweru tariki ya 07 Kamena 2015 nibwo irushanwa ry’imiyoborere myiza “Kagame Cup” mu mupira w’amaguru mu bakobwa no mu bahungu ryasojwe mu ntara y’iburengerazuba,ikipe y’akarere ka Rutsiro ikaba ariyo izasohoka mu gihe amakipe y’abakobwa yanenzwe gukora amanyanga ku buryo hashobora kuba nta kipe y’abakobwa (…)
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’Amaguru (Amavubi) yanganije n’Ikipe y’igihugu ya Kenya ubusa ku busa ku munsi wa mbere w’irushanwa ryo Kwibuka Aba Sportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994
Kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Amahoro,haratangira irushanwa ryo kwibuka Aba Sportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994,by’umwihariko mu mupira w’Amaguru rikaza guhuza ikipe y’igihugu y’u Rwanda,Kenya,Sudani y’Amajyepfo na Tanzania.
Iguhugu cy’u Rwanda mu mupira w’Amaguru cyamaze gusubira inyuma ho imyanya 21 ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA rwasohotse kuri uyu wa 04 Gicurasi 2015, aho rwavuye ku mwanya wa 73 rukajya ku mwanya wa 94.
Abakinnyi 29 bamaze guhamagarwa n’umutoza w’ikipe y’igihugu, Amavubi, Jonathan McKinstry mu rwego rwo kwitegura umukino w’amajonjora y’igikombe cy’afurika cya 2017 uzahuza U Rwanda na Mozambique tariki ya 14/06/2015 mu mukino uzabera i Maputo.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gukatisha itike yerekeza muri 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro nyuma yo Gutsinda Ikipe ya Gasabo United ibitego bitatu ku busa byose byinjiye mu gice cya kabiri.