Ikipe ya Gicumbi irangije urugendo rwa Mukura Vs muri uyu mwaka w’imikino, mu gihe ikipe y’Isonga yamanutse mu cyiciro cya kabiri isezereye AS Kigali mu gikombe cy’Amahoro cyakomezaga kuri uyu wa gatatu mu mikino ya 1/8 cy’irangiza
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu gihugu cy’Ubwongereza izwi ku izina rya Barclays Premier League izatangira taliki ya 08 Kanama 2015, nk’uko byemejwe ubwo hatangazwaga ingengabihe y’uko amakipe azahura mu mwaka w’imikino wa 2015/2016
Kuri Uyu wa Gatatu, imikino y’igikombe cy’Amahoro iraba igeze muri kimwe cy;umunani,aho haza gukinwa imikino itanu mu gihe indi itatu izakinwa ku wa kane
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru yatangiye neza urugendo rwo gushaka itike yerekeza mu gikombe cy’Afrika kizabera muri Gabon mu mwaka wa 2017,aho yatsinze ikipe ya Mozambique iwayo igitego kimwe ku busa
Bamwe mu bakinnyi badasanzwe babona umwanya ubanzamo mu makipe yabo barimo Eric Rutanga na Rugwiro Hervé batoranijwe mu bakinnyi 18 berekeje muri Mozambique mu gihe Kapiteni w’ikipe ya APR Fc yasigaye kubera ikibazo cy’imvune
Amarushanwa y’umupira w’amaguru yo guhatanira igikombe cyitiriwe Umukuru w’Igihugu ku rwego rw’umurenge “Umurenge Kagame Cup”, mu rwego rw’Intara y’Iburasirazuba, yasojwe ikipe y’Umurenge wa Zaza wo mu Karere ka Ngoma mu bahungu ndetse n’iy’Umurenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana mu bakobwa, ari zo zegukanye intsinzi (…)
Nyuma y’aho umwe mu bakinnyi b’Isonga atangarije ko kujya mu ikipe ya APR Fc ari nko kujya muri Gereza,umunyamabanga mukuru w’ikipe ya APR Fc yatangaje mu kiganiro n’abanyamakuru ko nta gahunda yo kugura abo bakinnyi kuko atari bo iyi kipe yifuza
Mu gihe ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje imyitozo yo kwitegura umukino uzayihuza na Mozambique kuri iki cyumweru,hakomeje kuvugwa ko agahimbazamusyi bagenerwaga kaba kagabanutse ndetse byaje no gutuma iyi kipe igirana inama y’amasaha agera kuri abiri na Minisitiri w’Umuco na Siporo.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Kenya,Victor Wanyama usanzwe anakinira Southampton asanga amashyirahamwe y’umupira w’Amaguru mu karere k’Afrika y’Iburasiravuba atuzuza inshingano zawo ndetse bigatuma n’umupira w’Amaguru muri aka karere ukiri ku rwego rwo hasi.
Kuri icyi cyumweru tariki ya 07 Kamena 2015 nibwo irushanwa ry’imiyoborere myiza “Kagame Cup” mu mupira w’amaguru mu bakobwa no mu bahungu ryasojwe mu ntara y’iburengerazuba,ikipe y’akarere ka Rutsiro ikaba ariyo izasohoka mu gihe amakipe y’abakobwa yanenzwe gukora amanyanga ku buryo hashobora kuba nta kipe y’abakobwa (…)
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’Amaguru (Amavubi) yanganije n’Ikipe y’igihugu ya Kenya ubusa ku busa ku munsi wa mbere w’irushanwa ryo Kwibuka Aba Sportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994
Kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Amahoro,haratangira irushanwa ryo kwibuka Aba Sportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994,by’umwihariko mu mupira w’Amaguru rikaza guhuza ikipe y’igihugu y’u Rwanda,Kenya,Sudani y’Amajyepfo na Tanzania.
Iguhugu cy’u Rwanda mu mupira w’Amaguru cyamaze gusubira inyuma ho imyanya 21 ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA rwasohotse kuri uyu wa 04 Gicurasi 2015, aho rwavuye ku mwanya wa 73 rukajya ku mwanya wa 94.
Abakinnyi 29 bamaze guhamagarwa n’umutoza w’ikipe y’igihugu, Amavubi, Jonathan McKinstry mu rwego rwo kwitegura umukino w’amajonjora y’igikombe cy’afurika cya 2017 uzahuza U Rwanda na Mozambique tariki ya 14/06/2015 mu mukino uzabera i Maputo.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gukatisha itike yerekeza muri 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro nyuma yo Gutsinda Ikipe ya Gasabo United ibitego bitatu ku busa byose byinjiye mu gice cya kabiri.
Nyuma yo kubona umuterankunga w’umudage,igakora urugendoshuri mu budage, ikipe ya Rambura Women F.C ifite icyizere cyo kuzitwara neza aho iyi kipe ivuga ko izagera kure hashoboka mu bihe biri imbere,nyuma yo kubona umuterankunga uyitaho muri byose ikenera.
Ikipe y’abakobwa n’abahungu zo mu Karere ka Muhanga zigeze ku mikino ya Nyuma mu marushanwa Umurenge Kagame Cup, nyuma y’imikino yabaye muri weekend i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Nyuma yo gutsindwa n’ikipe y’igihugu ya Uganda y’Abatarengeje imyaka 23 (Uganda Kobs), Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rishobora kurega Uganda bivugwa ko yakinishije abakinnyi barengeje imyaka 23.
Mu mpera z’iki Cyumweru mu mikino y’igikombe cy’Amahoro yari igeze muri 1/16, aho ikipe y’Amgaju na Marines zisanzwe mu cyiciro cya mbere zatunguwe na Vision JN na Sorwathe zo mu cyiciro cya kabiri zigahita zizisezerera.
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukinira ikipe ya Saint-Trond yo mu Bubiligi,Nirisalike Salomon yamaze kongera amasezerano y’umwaka umwe muri iyo kipe ye nyuma y’aho byavugwaga ko ashobora kwerekeza mu ikipe ya Torino yo mu cyiciro cya mbere mu Butaliyani.
Ministiri w’Umuco na Siporo,Madamu Uwacu Julienne amaze gusura ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, mbere yerekeza Uganda ku isaha ya 14h00, gukina umukino wo kwishyura n’ikipe ya Uganda U23, aho yahaye abakinnyi ubutumwa bw’icyizere kandi abibutsa ko bahagarariye Milioni 12 z’Abanyarwanda.
Ikipe y’Igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 ikomeje imyitozo yo kwitegura ikipe ya Uganda gusa ikaba ifite bamwe mu bakinnyi bafite ibibazo by’imvune ndetse banamaze gusimbuza Niyibizi Vedaste na Ndayishimiye Antoine
Mu mpera z’iki cyumweru imikino y’igikombe cy’amahoro cy’umwaka wa 2015 riraba rigeze muri kimwe cya 16 (1/16) aho amakipe arindiwi yarokotse ijonjora rya mbere aza kwiyongera ku yandi makipe 25.
Nyuma y’aho ikipe y’Isonga irangirije ku mwanya wa nyuma n’amanota 18 muri Shampiona y’icyiciro cya mbere n’amanota 18,ndetse bikayiviramo no gusubira mu cyiciro cya kabiri, ubu amakipe akomeye yo mu Rwanda yatangiye kuyikura mo bamwe mu bakinnyi bari bayifatiye runini aho ubu iri kuvugwa cyane ari ikipe ya Rayon Sports.
Umunyezamu usanzwe ufatira ikipe ya Rayon Sports ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi ariwwe Ndayishimiye Eric uzwi ku izina rya Bakame aratangaza ko mu gihe cy’icyumweru kimwe aba yamenye niba aguma mu ikipe ya Rayon Sports nyuma y’aho amasezerano ye arangirana n’uyu mwaka w’imikino
Amakipe y’abakobwa ya Muhanga na Kamonyi yaraye ashyamiranye hafi no kurwana nyuma y’uko ikipe ya Muhanga izamuye ikibazo cy’uko Kamonyi yakinishije abakinnyi batabyemerewe kandi basabwa kwigaragaza ntibikorwe bagahita bitahira.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 yatsindiwe imbere y’abafana bayo kuri uyu wa gatandatu n’ikipe ya Uganda y’abatarengeje imyaka 23 mu mukino ubanza wo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afrika cy’abatarengeje imyaka 23 kizabera muri Senegal
Umutoza Milutin Micho Sredojovic w’ikipe y’igihugu ya Uganda wanahoze atoza Amavubi aratangaza ko afite icyizere cyo kwitwara neza kuri uyu wa gatandatu mu mukino wo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afrika cy’abatarengeje imyaka 23 aho Uganda ikina n’Amavubi y’abatarengeje imyaka 23.
Uwari umutoza w’ikipe ya Kiyovu Sports, Ali Bizmungu yamaze gusezererwa n’iyo kipe yari yarasinye mo amasezerano y’umwaka nyuma yo kudatanga umusaruro uhagije muri iyi Shampiona aho Kiyovu yayirangije ku mwanya wa 9 n’amanota 32
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Johnny McKinstry aratangaza ko afitiye icyizere abakinnyi be nyuma y’iminsi igera kuri ine bamaze bakorana imyitozo bitegura ikipe ya Uganda y’abatarengeje imyaka 23 bazakina kuri uyu wa gatandatu