Nyuma y’igihe ikipe y’igihugu amavubi itegura umwiherero ugomba kuzabera mu gihugu cya Ecosse,urugendo rukomeje guhura n’inzitizi zirimo ibyangombwa by’inzira (Visas) aho kugeza kuri uyu munsi icyo kibazo kitarakemuka
Shampiona y’icyicro cya mbere mu mupira mu Rwanda,byamaze kwemezwa ko izatangira taliki ya 18 Nzeli 2015,ariko bikazemezwa bidasubirwaho n’inama y’inteko rusange ya Ferwafa izaterana mu mpera z’ukwezi kwa munani.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 y’Afrika y’epfo yatsinze ikipe y’igihugu y’u Rwanda nkuru (Amavubi) ibitego 2-0,mu mukino wa gicuti wabereye i Johannesbourg kuri uyu wa kabiri guhera i Saa moya z’ijoro
Ikipe ya APR Fc yari ihagarariye u Rwanda mu mikino y’igikombe giterwa inkunga na Nyakubahwa Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame (CECAFA Kagame Cup),nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Khartoum Fc.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Johnny McKinstry asanga Jimmy Mulisa ubu wagizwe umutoza wa Sunrise akiri umwana mu bijyanye no gutoza,nyuma y’aho bari bamaranye igihe cy’icyumweru mu myitozo y’Amavubi.
Nyuma y’igihe kigera ku cyumweru bakora imyitozo,ikipe y’igihugu "Amavubi" yerekeje muri Afrika y’epfo gukina umukino wa gicuti kuri uyu wa kabiri mu mujyi wa Johannesbourg guhera ku i Saa Cyenda z’umugoroba wo kuri uyu wa kabiri.
Nyuma y’aho ikipe ya Police Fc isezereye abakinnyi 12 ndetse ikaza no kwerekana abandi bashya yasinyishije bagera kuri 14, ubu irateganya gutangira kwipima n’amakipe yo hanze y’u Rwanda nyuma y’aho iboneye itike yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga.
Nizeyimana Olivier wari umaze imyaka ine ayobora ikipe ya Mukura yongeye gutorerwa kuyobora iyo kipe mu gihe cy’imyaka ine,mu gihe uwo yari yarasimbuye ari we Abraham Nayandi atorerwa kuba Visi-Perezida w’iyi kipe ibarizwa mu karere ka Huye
Mu mwaka w’imikino wa 2015/2016,ikipe ya Mukura VS irateganya gukoresha ingengo y’imari ingana na Milioni ijana na mirongo itanu z’amafaranga y’u Rwanda,aho agera kuri Milioni 98 ariyo yizewe aho azaturuka
Ikipe ya Mukura VS irateganya kongera gutora komite nyobozi nshya kuri iki cyumweru,nyuma y’aho Komite yari isanzweho irangije manda yayo y’imyaka ine,igikorwa kizabera mu nama y’inteko rusange izabera mu karere ka Huye
Nyuma y’iminsi ine ikipe y’igihugu Amavubi iri mu myitozo mu rwego rwo gutegura imwe mu mikino itandukanye ya gicuti,umukino wagombaga kuyahuza n’igihugu cya Nigeria y’abatarengeje imyaka 23,uwo mukino wamaze gukurwaho wimurirwa igihe kizumvikanwaho n’ibihugu byombi.
Nyuma yo kuzamuka ho imyanya 16 ku rutonde rwa FIFA,u Rwanda rwashyizwe mu makipe atazanyura mu ijonjora ry’ibanze mu rwego rwo gushakisha itike yo kwerekeza mu gikombe cy’isi kizabera mu Burusiya mu mwaka wa 2018.
Nyuma yo gusinya imyaka ibiri mu ikipe ya Azam Fc,Mugiraneza Jean Baptiste "Migy" arabanza mu kibuga ku nshuro ye ya mbere nyuma y’aho umukino ubanza wa CECAFA Kagame Cup yari yabanje ku ntebe y’abasimbura
Imihanga ya kaburimbo yatangijwe kubakwa na Seburikoko akaza kuyamburwa atayishoje kubera kutubahiriza amasezerano ikomeje kwangirika kubera gukoreshwa itarangiye, ubundi ikangizwa n’imvura.
Ishyirahamwe ry’abatoza bo mu Rwanda nyuma yo kubona ubuzima gatozi, ubu ryanamaze kubona umwunganizi mu nkiko uzajya ubafasha kurengera uburenganzira bwabo bujya butubahirizwa rimwe na rimwe
Umutoza usanzwe utoza ikipe ya Gicumbi Fc Ruremesha Emmanuel arahakana amakuru avuga ko yaba yaramaze kumvikana n’ikipe ya Kiyovu Sports kuzayibera umutoza mu mwka w’imikino utaha,gusa akemeza ko iramutse imwegereye baganira.
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo igikombe giterwa inkunga na Nyakubahwa Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame,kizwi ku izina rya CECAFA Kagame Cup kiza gutangira mu mujyi wa Dar Es Salaam muri Tanzania,aho APR ihagarariye u Rwanda iza kuba ikina na Al Shandy yo muri Sudan ku i Saa Saba.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze guhamagara urutonde rw’abakinnyi bagera kuri 26 mu rwego rwo gutegura imikino ibiri mpuzamahanga ya gicuti n’amakipe ya Nigeria na Afurika y’epfo.,aho kandi na Jimmy Mulisa usanzwe ari umuyobozi wa Tekiniki mu ikipe ya Sunrise yagizwe umutoza wungirije .
Umukinnyi usanzwe ukina mu ikipe ya FC Lausanne-Sport,ikipe ibarizwa mu cyiciro cya kabiri mu gihugu cy’u Busuwisi,Quentin Rushenguziminega yemeye kuzakinira ikipe y’igihugu Amavubi,aho ndetse anategerejwe ku mukino u Rwanda ruzakina mo na Ghana mu kwezi kwa cyenda
Nyuma y’igihe ashakishwa n’amakipe atandukanye ya hano mu Rwanda,Muhire Kevin yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri akinira akinira ikipe ya Rayon Sports
Umukinnyi wakinaga mu ikipe y’Isonga uzwi ku izina rya Nshuti Savio Dominique yamze gusinyira ikipe ya Rayon Sports imyaka igera kuri ibiri,aho aje nk’umusimbura wa Ndayisenga Fuadi wamaze kwerekeza mu ikipe ya Sofapaka yo muri Kenya
Umukinnyi wa Rayon Sports usanzwe ukina mu kibuga hagati ariwe Djihad Bizimana ngo yaba amaze icyumweru yaranze kongera amasezerano mu ikipe ya Rayon Sports aho bivugwa ko ibyo yasabaga ikipe ya Rayon Sports ngo yongere amasezerano yaba yari yabyemerewe.
U Rwanda rwazamutse ho imyanya 16, ku rutonde ngarukakkwezi rwa FIFA,nyumay’aho mu kwezi gushize rwazaga ku mwanya wa 94,ubu rwageze ku mwanya 78,mu gihe Argentine yatsindiwe ku mukino wa nyuma wa Copa America yaje ku gusombura Ubudage bwari bumaze hafi umwaka wose buyoboye uru rutonde.
Ikipe y’akarere ka Muhanga yaraye itsinzwe n’ikipe ya Bugesera mu mikino ibanza ya 1/2 y’icyiciro cya 2,aho yatsindiwe ku kibuga cyayo ibitego 2-0,bikaba biyisaba kuzatsinda byibuze ibitego 3-0 ngo ibashe kwerekeza mu cyiciro cya mbere
Nyuma y’igihe kinini ashakishwa n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru,umukinnyi Kevin Kevin Monnet-Paquet ashobora kuba agiye kuza gukinira amavubi nyuma y’aho umutoza w’ikipe y’igihugu Johnny McKinstry yamaze kwerekeza mu gihugu cy’Ubufaransa gukurikirana uyu mukinnyi ndetse na Quentin Rushenguziminega nawe (…)
Inkuru dukesha urubuga www.voilaca.com, ivuga ko rutahizamu w’umunya Argentine Lionel Messi yanze igihembo cyari cyateguwe muri iri rushanwa cy’umukinnyi waryitwayemo neza.
Nyuma yo gutsinda ikipe ya Rayon Sports igitego kimwe ku busa,ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro,ikipe ya Police Fc yabashije gutwara igikombe cyayo cya mbere kuva yagera mu cyiciro cya mbere
Mu rwego rwo kwizihiza imyaka icumi ishize Imbuto Foundation itanga ubufasha ku bana b’abakobwa,kuri uyu wa gatandatu ubwo hizihizwaga umunsi wo kwibohora,habaye irushanwa ryahuje abafatanyabikorwa ndetse n’abagenerwabikorwa b’Imbuto Foundation maze rygegukanwa n’ikipe yari igizwe n’abaminisitiri n’Ingabo.
Nyuma y’imyaka itanu Rayon Sports yongeye kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro,aho igomba guhura kuri uyu wa Gatandatu n’ikipe ya Police Fc iheruka gutsindirwa ku mukino wa nyuma n’ikipe ya APR Fc umwaka ushize wa 2014
Ku bufatanye bwa Minisiteri ya Siporo n’umuco,Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu na Minisiteri ifite urubyiruko mu nshingano zayo,mu Rwanda hagiye kubakwa ikibuga muri buri murenge mu rwego rwo gufasha iterambere ry’imikino biturutse mu nzego zo hasi.