Nyuma y’aho itsinda ry’abagenzuzi ryaturutse mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afrika (CAF) risuriye ibikorwa byo gutunganya Stade Umuganda ya Rubavu, kuri uyu wa kabiri hari hatahiwe Stade Huye aho iri tsinda ryatangaje ko rifitiye icyizere u Rwanda ko iyi mirimo izarangira neza kandi ku gihe.
Itsinda ry’abagenzuzi riturutse mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afrika, kuri uyu wa mbere ryasuye Stade Umuganda iherereye mu karere ka Rubavu ndetse rinatanga inama ko iyo Stade yakongererwa imyanya y’abafana
Mu gihe ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 yitegura umukino uzayihuza n’ikipe Uganda y’abatarengeje imyaka 23 kuri uyu wa gatandatu taliki ya 23 Gicurasi 2015,umutoza Johnny McKinstry yamaze guhamagara abakinnyi 25 batangira imyitozo kuri uyu wa mbere
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports Kayiranga Baptista asanga mu bifashije ikipe ya APR Fc lwegukana igikombe cya Shampiona y’umwaka w’imikino wa 2014/2015 harimo no kuba amakipe atandukanye yaragize ibibazo byo kubura abakinnyi mbere y’uko Shampiona itangira
Kuri uyu wa gatanu taliki ya 15 Gicurasi 2015 nibwo ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiona y’uyu mwaka mu gihe hasigaye umunsi umwe ngo Shampiona irangire
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko kuba harashyizweho gahunda y’amarushanwa “Amashuri Kagame Cup” bizafasha abana bakiri bato kugaragaza impano zabo, no guca ukubiri no guhaha abakinnyi hanze y’igihugu bagakina mu Rwanda.
Kuri uyu wa kane. kuri Stade ya kicukiro ikipe ya Police Fc yatsinze ikipe ya Rayon Sports ibitego bibiri kuri kimwe ku mukino w’umunsi wa 25 wa Shampiona, mu gihe kunganya hagati ya AS kigali na Gicumbi byahise biha APR Fc igikombe cya Shampiona.
Umutoza w’ikipe ya Vital’o Fc, Kanyankore Gilbert Yaounde yamaze guhungana umuryango we mu Rwanda Kubera ibibazo by’umutekano muke uri mu gihugu cy’u Burundi.
Umukino w’umunsi wa 25 wa Shampiona wagombaga guhuza ikipe ya APR Fc n’Isonga Fc kuri uyu wa kane wamaze kwimurirwa kuri uyu wa gatanu ,ndetse n’ikipe ya APR Fc yabasha kunganya cyangwa gutsinda ikazahita ihabwa igikombe nyuma y’umukino
Kuri uyu wa kane ku bibuga bitandukanye bya hano mu Rwanda haraba hakinirwa imikino ibanziriza umunsi wa nyuma wa Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’Amaguru, aho ikipe ya APR Fc ya mbere ku rutonde rw’agateganyo irasabwa inota rimwe kugira ngo yegukane igikombe cya Shampiona y’uyu mwaka
U Rwanda rwazamutseho umwanya umwe mu mupira w’Amaguru ku rutonde ngarukakwezi rukorwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) aho rwavuye ku mwanya wa 74 rujya ku wa 73.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje iyaka 23, Johhny McKinstry yamaze gushyira ahagaragara abakinnyi 18 azifashisha ku mukino wo kwishyura uzahuza u Rwanda na Somalia mu gihugu cya Djibouti kuri iki cyumweru.
Umukinnyi w’umupira w’Amaguru mu ikipe ya APR Fc ndetse n’ikipe y’igihugu ukina muri ba myugariro Rusheshangoga Michel arakangurira abanyarwanda bose gushyigikira umukino wa Volleyball nyuma yo kwirebera aho ikipe y’igihugu yegukana igikombe cya Zone 5
Nyuma y’uko Akarere ka Ngororero kiyemeje kubaka stade izakomatanya imikino itandukanye, ndetse Intara y’Iburengerazuba ikayemera nk’umwe mu mishinga minini izahakorerwa mu myaka 3 iri imbere, ubu imirimo yo kubaka ikibuga hamwe n’ibijyana na cyo yaratangiye.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru muri Kenya ryamaze gutangaza ko rititeguye kwakira umukino wo kwishyura uzahuza amakipe y’abatarengeje imyaka 23 hagati y’u Rwanda na Somalia wagombaga kubera muri Kenya kuri uyu wa gatandatu taliki ya 09 Gicurasi 2015.
Kuri iki cyumweru ikipe igizwe ahanini na bamwe mu bayobozi b’igihugu cy’ u Rwanda iraza gukina umukino n’ikipe y’abanyamakuru b’imikino mu Rwanda (AJSPOR FC), umukino ubera kuri Stade Amahoro i Remera kuri iki cyumeru guhera Saa Tatu za mu gitondo.
Ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 yongeye guhamagarwa, aho abakinnyi umunani bari bahagaritswe kubera ibibazo by’ibyangombwa bongeye kutagaragara ku rutonde ruzakina umukino wo kwishyura na Somalia taliki ya 09 Gicurasi 2015
Ikipe ya Gicumbi yongeye kwerekana ko ikomeye nyuma yo kongera guhagarika umuvuduko w’ikipe ya APR Fc, mu gihe Sunrise nayo yongeye kunganya na Rayon Sports mu mikino y’ibirarane
Umukino w’ikirarane wagombaga guhuza ikipe ya Marines na Etincelles kuri uyu wa gatatu ukabera i Rubavu ku kibuga cya Tam Tam, wamaze kwimurirwa ku wa kane taliki ya 30 Mata 2015 ukazakinirwa i Musanze.
Uhagarariye ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri yisumbuye Rwigema Florent , yatangaje ko Irushanwa rya Copa Coca Cola ridafasha abana gukina gusa, ahubwo ribafasha no mu myigire yabo ya buri munsi.
Ikipe ya APR Fc ikomeje imyitozo ikomeye yitegura Gicumbi aho ndetse n’abakinnyi bakina hanze bagitegereje umukino wo kwishyura na Somalia bifatanije na APR Fc mu rwego rwo kudasubira inyuma mu mikinire.
Kuri iki cyumweru tariki ya 26 Mata, ku kibuga cya kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, ikipe ya Nyagatare F.C yabashije kuhatsindira ikipe ya United Stars igitego kimwe ku busa, mu mukino w’umunsi wa 15 wa Shampiona y’icyiciro cya 2.
Imirimo yo kuvugurura Stade Ubworohererane y’Akarere ka Musanze yaratangiye kubaka ubwiherero, gutunganya amarembo no gufata amazi yose yinjiraga mu kibuga ni yo mirimo izakorwa mu cyiciro cya mbere izatwara miliyoni hafi 50.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 23 yiyongereye icyizere cyo gukomeza nyuma yo gutsinda Somalia ibitego bibiri ku busa mu mukino ubanza wo gushaka tike yo gukina igikombe cy’Afurika kizabera muri Senegal.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango burahamya ko imikino ya Kagame Cup mu mashuri yisumbuye, yababereye umwanya mwiza wo gutambutsa ubutumwa ku miyoborere myiza, ndetse no gukangurira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge.
Nyuma yo gusuzuma ibyangombwa by’abakinnyi bahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 23, umunani muri bo basanze batujuje neza ibyangombwa ndetse bahita banakurwa ku rutonde rw’Amavubi aza gukina na Somalia mu rwego rwo kwirinda kongera kugwa mu mutego nk’uwa Daddy Birori
Mu mujyi wa Nyon mu gihugu cy’ubusuwisi habereye Tombola y’uko Amakipe azahura muri 1/2 cy’imikino ya UEFA Champions League ndetse na Europa League.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 ya Somalia yakoze imyitozo yayo ya mbere kuri uyu wa kane yitegura guhangana n’abatarengeje 23 b’u Rwanda kuri uyu wa gatandatu kuri Stade Amahoro.
Umukinnyi Yves Rubasha ukina muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika aratangaza ko yishimiye kuba agiye gukinira igihugu cyamwibarutse nyuma yo gukorana imyitoze ye ya mbere n’Amavubi y’abatarengeje 23.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 bakomeje imyitozo yo kwitegura umukino uzabahuza na Somalia nayo y’abatarengeje imyaka 23 mu rwego rwo gushaka itike izaberekeza mu gikombe cy’Afrika.