Mu ukino wo guhatanira itike yo kwerekeza mu gikombe cy’Afurika kizabera muri Gabon umwaka utaha, ikipe ya Mali yaraye inyagiye Benin kuri Stade du 26 Mars y’i Bamako
Jimmy Mulisa utoza by’agateganyo ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi, atangaza ko kugwa miswi n’ikipe ya Ghana, babikesha kwikuramo igihunga.
Ku munsi wa mbere w’imyitozo kuri Stade Amahoro, Mugiraneza Jean Baptiste na Sugira Ernest batangiye imyitozo hamwe n’abakina imbere mu gihugu
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mupira w’amaguru yashyizwe mu itsinda rya Kabiri muri CECAFA izabera Uganda kuva taliki ya 11-20/09/2016 muri Uganda
Abakinnyi batandatu mu ikipe y’igihugu Amavubi bamaze gusezererwa mu gihe iyi kipe ikomeje imyiteguro yo kwitegura umukino uzayihuza na Ghana kuri uyu wa Gatandatu
Mu mushinga w’imyaka itatu wo gukangurira abana b’abakobwa gukunda umupira w’amaguru, u Rwanda rurizera ko uzarangira rufite amakipe atatu mu byiciro by’imyaka bitandukanye
Ikipe y’igihugu yakoze imyitozo ya mbere yo kwitegura Ghana, maze Mashami Vincent yongera kugaragara nk’umutoza uzafatanya na Jimmy Mulisa
Urubyiruko rw’I Nyabihu ngo rubangamiwe no kutagira ibibuga byatuma rwidagadura uko bikwiye rukaba rwanatera imbere mu mikino n’imyidagaduro.
Uwari usanzwe ari umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu Amavubi ari we Jimmy Mulisa, ni we wasabwe gutoza iyo kipe yitegura umukino wa Ghana.
Bitunguranye, Umutoza Kanyankore Gilbert Yaounde na Eric Nshimiyimana bari bahawe ikipe y’igihugu Amavubi bamaze gukurwa kuri ako kazi bataranagatangira
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe bwatangaje ko ikipe ya Kirehe Fc izatangira Shampiona itira ikibuga cya Rwamagana mu gihe iri mu mirimo yo kubaka icyabo
Mu rwego rwo kwitegura umukino uzahuza Amavubi na Ghana, hatangajwe urutonde rutarimo Iranzi Jean Claude na Rwatubyaye Abdul bamaze iminsi bafatiye runini Amavubi
Mu rwego rw’umunshinga w’imyaka itatu yo gutegura abana b’abakobwa mu mupira w’amaguru, abakobwa b’I Nyagatare bari mu myaka 6-12 batewe inkunga y’imipira 65.
Johnattan McKinstry wari umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze guhagarikwa ku mirimo yo gutoza Amavubi nyuma yo gutanga umusaruro muke
Mu mukino wasozaga imikino yose ya gisirikare yaberaga mu Rwanda, Ingabo z’u Rwanda zatsinze iza Tanzania igitego 1-0, ariko ntizabasha kwegukana iki gikombe kuko zasabwaga gutsinda uyu mukino ku kinyuranyo cy’ibitego 2.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje amwe mu makuru mashya avugwa mu ikipe yabo nyuma y’imyitozo ya mbere
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya Rayon Sports ni bwo yatangiye imyitozo yabereye kuri Stade Mumena, aho hagaragayemo umutoza mushya wungirije ndetse n’abakinnyi bashya iyi kipe yaguze
Tubane James wari umaze imyaka ibiri mu ikipe ya Rayon Sports, yamaze kuyivamo asinyira AS Kigali imyaka ibiri
Mu nteko rusange y’ikipe ya Mukura VS yateraniye mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Huye kuri iki Cyumweru, tariki 14 Kanama 2016, ubuyobozi bwamurikiye abafana abakinnyi bashya ikipe yasinyishije, bakazayifasha muri uyu mwaka w’imikino wa 2016/2017.
Mu mushinga w’imyaka ine ugamije gukundisha abana b’abakobwa umupira w’amaguru ndetse no gutegura ikipe y’igihugu y’ejo hazaza, mu karere ka Huye hatangiriye ibikorwa byo gutangira gukundisha abana b’abakobwa bakiri bato umupira w’amaguru.
Kuri uyu wa Gatanu harakomeza imikino ya gisirikare ikinwa ku munsi wayo wa kane, aho Ingabo z’u Rwanda ziba zikina Netball na Basketball
Mu mukino wa mbere wahuje ikipe ya APR Fc ihagarariye ingabo z’u Rwanda na Ulinzi ya Kenya, APR Fc yatsinzwe igitego 1-0
Ku munsi wa kabiri ikipe y’ingabo z’u Rwanda iraza kuba ikina n’ibindi bihugu bigize Afurika y’i Burasirazuba, imikino ibera kuri Stade ya Kicukiro kuri uyu wa Kabiri.
Imikino ya gisirikare ihuza ibihugu byo muri Afurika y’I Burasirazuba, yatangijwe ku mugaragaro kuri Stade Amahoro na Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Gen. James Kabarebe.
Umuyobozi w’akarere ka Kirehe asanga kuba ikipe ya Kirehe FC yinjiye mu cyiciro cya mbere ari ibyo yakoreye, yemeza ko igiye kurushaho kwitwara neza ikaguma muri icyo cyiciro.
Nyuma y’aho APR Fc isezereye abakinnyi bagera ku icyenda, ndetse benshi bakerekeza muri AS Kigali, ubu Nshutiyamagara Ismail Kodo na Ntamuhanga Tumaini nabo bamaze kwerekeza muri iyi kipe
Ikipe ya Kirehe nyuma yo gutsindwa na Etolie de L’Est igitego 1-0, ihise ijya mu cyiciro cya mbere nyuma y’aho nayo yari yarayitsinze ibitego 2-0 mu mukino ubanza.
Nyuma yo gusinyisha Shabban Hussein wakiniraga Vital’o, Amagaju yasinyishije n’umunyezamu witwa Shyaka Regis wafatiraga ikipe ya Mukura VS.
Kuri uyu wa Gatatu ni bwo haza kumenyekana amakipe agomba kujya mu cyiciro cya mbere, ni nyuma y’imikino ya 1/2 iza kuba kuri uyu wa Gatatu
Ikipe y’Amagaju yasinyishije abakinnyi bashya barimo umukinnyi ukina anyura ku ruhande wo mu ikipe ya Vital’o Fc y’i Burundi witwa Shabban Hussein uzwi nka Tshabalala