Ikipe ya APR Fc yatsinze Rayon Sports mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro, ihita inayikura ku mwanya wa mbere yari imazeho iminsi
Bwa mbere Jimmy Mulisa nk’umutoza ahura na Rayon Sports, abashije kuyitsinda igitego 1-0, ndetse APR ihita inafata umwanya wa mbere muri Shampiona
Taliki ya 20 Mutarama 2016-Taliki 20 Mutarama 2017, umwaka urashize u Rwanda rutsinze Gabon rukora amateka yo kubona itike ya 1/4 mu gikombe cy’Afurika cy’abakuru mu mupira w’amaguru
Umutoza Masudi Juma aratangaza ko APR iramutse imutsinze kabiri byaba ari agasuzuguro, atangaza ko Abouba Sibomana adakinnye hari izindi ngamba
Uwahoze ari kapiteni w’Amavubi mu mwaka wa 1983-1987 Myandagaro Charles atangaza ko kuba atarakiniye amakipe akomeye nka Rayon Sport cyangwa Panthere Noir ahora abyibazaho.
Ikipe ya Rayon Sports iratangaza ko uyu munsi ishobora kurara ibonye ibyangombwa bya Abouba SIbomana, mu gihe Ferwafa nayo itangaza ko itaramenya neza igihe bizabonekera
Umukinnyi wahoze akina muri Rayon Sports akayivamo, Uwambazimana Leon ubu aratangaza ko ashobora gusubira muri Rayon Sports cyangwa akajya Tanzania
Mu mukino w’umunsi wa 13 wa Shampiyona, Etincelles inganyije na Rayon mbere yo gukina na APR
Mu mikino y’umunsi wa 13 wa SHampiona yakinwe kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Sunrise yanganyije 0-0 na Mukura mu mukino wabereye i Nyagatare
Umutoza wa Rayon Sports yatangaje ko atanyuzwe n’urwego rw’abakinnyi baturutse hanze bari bamaze iminsi bakora igeragezwa muri Rayon Sports
Mu gukomeza kwitegura imikino yo kwishyura muri shampiyona y’u Rwanda, Kirehe FC imaze gusinyisha abakinnyi bane, mu gihe batatu bategerejwe.
Umutoza w’ikipe ya APR FC Jimmy Mulisa aratangaza ko adateganya kongera abakinnyi mu ikipe kuko avuga ko abakinnyi afite bahagije ko nta wundi mukinnyi yifuza.
Mugiraneza Jean Baptiste ubu ukinira Gor Mahia yo muri Kenya aragira inama abakinnyi kwirinda ibintu bitatu abona bituma bashobora gusubira inyuma mu mupira w’amaguru
Mu mikino y’umunsi wa 12 wa Shampiona y’icyiciro cya mbere, AS Kigali itsinze APR Fc igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Jimmy Mulisa utoza ikipe ya APR FC, yatangaje ko yizeye intsinzi mu mukino uzahuza ikipe ye n’ikipe ya AS Kigali.
Uwahoze ari umuyobozi w’akarere ka Nyanza Murenzi Abdallah aratangaza ko Rayon Sport iramutse imutanzeho umukandida wo kwiyamamariza kuyobora Ferwafa atabahakanira
Ababyeyi basaga 80 mu karere ka Ngoma batangije centre “Amizero” izajya ifasha abana bafite impano mu mupira w’amaguru kuyiteza imbere.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ryasohoye urutonde rushya rw’abasifuzi mpuzamahanga, harimo abanyarwanda batatu bashya
Rayon Sports isoje umwaka wa 2016 iyoboye urutonde rwa Shampiona y’icyiciro cya mbere n’amanota 29 nyuma yo gutsinda Kirehe ibitego 3-1.
Umunsi mukuru w’ubunani uzizihizwa ku cyumweru tariki ya 1 Mutarama 2017 utumye shampiyona y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere yigizwa imbere ho umunsi umwe.
Umukino wagombaga guhuza Pépinière na AS Kigali ntiwabaye nyuma y’aho iyi kipe ya Pépinière yanagombaga kwakira uyu mukino ibuze ku kibuga
Nyuma ya Tombola yabereye mu Misiri ku cyicaro Gikuru cy’impuzamashyirahamwe y’ umukino w’Umupira w’amaguru ku mugabane w’Afurika CAF, kuri uyu wa 21 Ukuboza 2016, APR FC na Rayon Sport FC zamaze kumenya amakipe mu marushanwa Nyafurika
Olivier Karekezi wamamaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda akinira APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi, yatangaje ko afite gahunda yo gutoza mu Rwanda muri shampiyona ya 2017-2018.
Ubuyobozi bw’abafana ba Rayon Sports FC buratangaza ko amafaranga ari gukusanywa ngo agure Amiss Cedrick azifashishwa mu gushaka umusimbura wa Pierrot Kwizera uzagenda.
Ubuyobozi bw’ikipe y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere (Pepiniere Fc) buratangaza ko iyi kipe izongera kwakirira imikino ku kibuga cyayo nyuma yo kugisana.
Urubyiruko ruturuka mu bihugu bigize akarere u Rwanda ruherereyemo rwashoje imikino rwakinagamo umukino witwa Football3 ugamije gukemura amakimbirane no kwimakaza uburinganire.
Perezida wa Rayon Sports Fc Gacinya Denis, yasobanuye ko hari ikipe yo muri Maroc yatangiye kubavugisha ngo igure Pierrot, anatangaza ko na Cedrick bagomba kumugarura vuba
Amiss Cedrick wahoze akinira Rayon Sports, yongeye kuyigaragaramo ndetse anayitsinda igitego muri 3-1 batsinze ikipe ya La Jeunesse mu mukino wa gicuti wabaye kuri uyu wa Gatatu
Ikipe ya APR Fc nyuma yo gutsinda Kirehe mu mukino w’ikirarane wabereye kuri Stade ya Kigali, yahise ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona
Umutoza Sogonya Hamisi wa Kirehe FC avuga ko ikipe ye igiye kwerekana ko ikomeye itsinda umukino w’ikirarane uyihuza na APR FC kuri uyu wa Gatatu