Rayons Sport irahaguruka i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Werurwe 2018, igana muri Afurika y’Epfo, mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League, uzayihuza na Mamelodi Sundowns.
Tombora igaragaza uburyo amakipe azahura muri 1/4 cy’amakipe yatwaye ibikombe iwayo ndetse n’andi akomeye mu Burayi (Champions League) imaze kuba kuri uyu wa Gatanu.
I saa kumi z’umugoroba zo kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Werurwe 2018, Djoliba Athletic Clubigizwe n’ abakinnyi 18, n’ababaherekeje bagera ku 10 bageze mu Rwanda.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) Ahmad Ahmad, yagiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame, nyuma y’inama yari yitabiriye yaberaga i Kigali.
Akanama gashinzwe amatora y’Umuyobozi wa FERWAFA ateganyijwe mu mpera z’uku kwezi, kemeje Kandidatire ya Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascene, wiyongereye mu bifuza kuyobora iri shyirahamwe.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo 0-0, mu mukino wa mbere wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatatu
Mu mikino yo ku munsi wa 13 wa Shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru, Rayons Sport itsinze Gicumbi igitego 1 ku busa, ihita ishyikira mu manota ikipe ya APR Fc iherutse kuyitsinda igitego kimwe ku busa.
Ikipe ya AS Kigali ntibashije kubona amahirwe yo kuyobora urutonde rwa Shampiona nyuma yo kwishyurwa mu minota ya nyuma na Police Fc
Nyuma y’Umukino wahuje Rayons Sport na APR FC mu mpera z’iki cyumweru, ugasoza APR FC iyitsinze igitego kimwe ku busa, Mugiraneza Jean Baptiste Miggy ukinira APR yatunguwe n’abafana ba APR bamukorera isabukuru y’imyaka 27 bavuga ko amaze ku isi.
Ikipe ya Rayon Sports ntiyabashije kwihimura kuri APR Fc yaherukaga kuyitsinda mu gikombe cy’intwari , aho yongeye kuyitsinda 1-0
Romami Andre wari umaze iminsi aba muri Zambia aho yashakaga ikipe, agiye kugaruka muri Kiyovu Sports nyuma yo kubura ikipe.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 23 Gashyantare 2018, Rtd Brig. Gen Sekamana Jean Damascene wahoze mu Ngabo z’u Rwanda, yatanze kandidatire ye ku mwanya wo guhatanira kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA).
Ikipe ya Rayon Sports isezereye LLB y’i Burundi nyuma yo kuyitsinda igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabereye i Burundi
Mu mukino ubanza wwa CAF Confederation Cup, APR Fc yo mu Rwanda inyagiye Anse Reunion yo muri Seychelles ibitego 4-0 kuri Stade Amahoro
Komisiyo ishinzwe amatora y’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, yatangaje ko amatora y’Umuyobozi wa FERWAFA ateganyijwe tari ya 31 Werurwe 2018 saa munani z’amanywa, muri Lemigo Hotel mu Mujyi wa Kigali.
Minisiteri y’ingabo ni yo yegukanye Shampiona ihuza ibigo bya Leta n’ibyigenga mu mupira w’amaguru, nyuma yo gutsinda RBA ibitego 2-1
Nyuma y’aho amasezerano ya Tharcille Latifah Uwamahoro arangiriye, ubu Ferwafa yamaze gushyiraho Umunyamabanga mukuru w’agateganyo
Hari benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru usanga bafana ikipe runaka, ariko ntibibuke gukurikira amategeko agenga amarushanwa iyo kipe yitabira.
Mu irushanwa ryahuzaga imitwe ya gisirikare itandukanye hagamijwe kwizihiza umunsi w’intwari z’igihugu, umutwe urinda Perezida wa Repubulika n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu ni wo wegukanye igikombe.
Ku bufatanye bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda n’irya Maroc, Gicumbi na Rusizi bagiye kubakirwa Stade guhera mu kwezi kwa Kane uyu mwaka
Nyuma y’iminsi byari bimaze bivugwa, ubu umutoza Antoine Hey yamaze kwemezwa nk’umutoza wa Syria mu gihe cy’umwaka umwe
Abasifuzi bakomoka Uganda na Tanzania ni bo bazasifurira ikipe ya Rayon Sports umukino ubanza n’uwo kwishyura, mu gihe abanya-Ethiopia na Kenya bazasifurira APR Fc
Gahunda ya Shampiona y’u Rwanda yongeye guhindurwa, nyuma y’aho ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi itabashije gukomeza mu marushanwa ya CHAN
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Antoine Hey yatangaje ko yamaze gutandukana n’ikipe y’igihugu Amavubi yatozaga
Amatsinda abiri y’abasifuzi b’abanyarwanda yamaze kwemezwa ko azasifura imikino mpuzamahanga y’amakipe yabaye aya mbere iwayo ndetse n’ayatwaye ibikombe by’igihugu
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru ntibashije kurenga amatsinda nyuma yo gutsindwa na Libya ku munota wa nyuma w’umukino.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru, irakina umukino wa nyuma wo mu matsinda, aho ikina na Libiya bahatanira umwanya wo kujya muri 1/4
Igikombe cy’intwari cyatangiye guhatanirwa kuri uyu wa Gatandatu, Police Fc niyo yonyine yabashije kwegukana amanota atatu ku munsi wa mbere
Mu mukino wa kabiri wo mu itsinda rya gatatu rya CHAN 2018, Amavubi atsinze Guinea Equatorial igitego 1-0 gitsinzwe na Manzi Thierry
Ikipe ya Rayon Sports ngo yiteguye gukina irushanwa ry’intwari ritangira kuri uyu wa Gatandatu, n’ubwo ishobora kutazaba ifite Karekezi werekeje i Burayi