Umunyamabanga mukuru wa CECAFA, Nicholas Musonye, yagaye cyane ibihugu byakuye amakipe yabyo mu irushanwa ry’igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ cy’uyu mwaka, avuga ko babangamiye cyane imigendekere myiza y’irushanwa.
Ikipe ya Musanze FC, mu rwego rwo kwiyubaka yitegura shampiyona itaha, yamaze kugura abakinnyi batatu bashya, ndetse ngo ikaba iri hafi no kongeramo abandi batatu kuko ibiganiro iyo kipe irimo kugirana nabo bigeze kure.
APR FC, imwe mu makipe ahagarariye u Rwanda muri ‘CECAFA Kagame Cup’ y’uyu mwaka, yatsinze Elman yo muri Somalia igitego 1-0 mu mukino wayo wa mbere wabereye mu mujyi wa Kadugl mu ntara ya Darfur muri Soudan kuri uyu wa gatatu tariki 19/06/2013.
Ikipe ya Yanga Africans FC yo mu gihugu cya Tanzaniya yasubije igikombe cya CECAFA cyitiriwe Prezida Kagame yegukanye mu mwaka wa 2011 nyuma yo kwanga kwitabira iri rushanwa kubera impungenge z’umutekano w’i Darfur aho irushanwa ribera.
Ubukangurambaga bunyuze ku bagore mu kurwanya indwara zitandukanye zirimo n’igituntu ngo bushobora kugira akamaro kanini kuko icyo umugore yashizemo imbaraga gishoboka.
Ikipe ya APR FC iherereye mu itsinda rya mbere (A), mu gikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ izatangira irushanwa ikina na Elman yo muri Somalia ku wa gatatu tariki 19/06/2013. Muri iryo tsinda kandi harimo El Merreikh yo muru Soudani na Vital’o yo mu Burundi.
Kapiteni wa Rayon Sport Hategekimana Aphrodis ‘Kanombe’ na myugariro wayo Usengimana Faustin ntabwo bajyanye n’abandi bakinnyi b’ikipe ya Rayon Sport bagiye guhatanira igikombe cya ‘CECAFA Kagame Cup’ kizabera muri Soudani kuva tariki 18/6/2013, kugeza tariki 02/07/2013.
Amakosa y’abakinnyi b’inyuma n’umunyezamu b’u Rwanda yatumye Algeria ivana intsinzi y’igitego 1-0 i Kigali, mu mukino wo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi, wabereye kuri Stade Amahoro ku cyumweru tariki 16/06/2013.
Nyuma y’uko ikipe ya Police FC ije ku mwanya wa kabiri wa Shampiyona ya 2012-2013 yabonye umutoza mushya n’ubuyobozi bushya.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Nshimiyimana Eric, aratangaza ko kuba azaba adafite Haruna Niyonzima mu mukino uzahuza u Rwanda na Algeria ku cyumweru tariki 16/06/2013, ngo nta cyuho kizagaragara mu Mavubi.
Ikipe ya Rayon Sport, bitunguranye, izitabira imikino ya CECAFA Kagame Cup igomba kubera muri Sudani mu cyumweru gitaha, nyuma y’ubutumire yahawe n’Ubuyobozi bwa CECAFA.
Mu rwego rwo kubaka ikipe ya Rayon Sport, umutoza wayo Didier Gomez Da Rosa, afite gahunda yo gusezerera abakinnyi batandatu batagaragaje umusaruro mwiza muri shampiyona, akagura abandi 10 bazatuma ikipe ikomera kurushaho.
Nyuma y’iminsi 15 Rayon Sport yegukanye igikombe cya shampiyona, yanegukanye n’igikombe cyo kwibuka abari abakunzi b’umupira w’amaguru bazije Jenoside, itsinze La Jeunesse penaliti 3-1 tariki 08/06/2013.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi yakuye inota rimwe imbere ya Mali mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi, wabereye i Bamako ku cyumweru tariki 09/06/2013.
Umunya-Espagne Roberto Martinez wahoze atoza Wigan Athletic, yahawe akazi ko gutoza Everton mu gihe cy’imyaka ine ahita yizeza abakunzi bayo ko azayijyana muri ‘UEFA Champions League’ umwaka utaha.
Ikipe y’u Rwanda, Amavubi, kuri uyu wa kane tariki 05/06/2013, yerekeje mu gihugu cya Mali aho igiye gukina umukino uzaba ku cyumweru tariki 09/06/2013, mu rwego rwo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil umwaka utaha.
Abakinnyi n’umutoza b’ikipe y’igihugu mu mupira w’amaguru (Amavubi) baremeza ko imyitozo bakoreye mu karere ka Rubavu mu gihe cy’ibyumweru bibiri yabafashije kwitegura umukino uzabahuza n’ikipe y’igihugu cya Mali.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Simba FC yo mu gihugu cya Tanzaniya butangaza ko butazitabira irushanwa rihuza amakipe yo mu bihugu by’Afurika y’Uburasirazuba no Hagati niba irushanwa ribereye mu Ntara ya Darfur mu gihugu cya Sudani nk’uko biteganyijwe.
Jose Felix Mourinho, tariki 03/06/2013, yasinye amasezerano yo gutoza ikipe ya Chelsea yo mu gihugu cy’u Bwongereza mu gihe cy’imyaka ine.
Nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona, igatwara n’igikombe cya ‘Champions League’, tariki 01/06/2013, Bayern Munich yanatwaye igikombe cy’igihugu bita ‘DFB-Pokal’ itsinze Stuttgart ibitego 3-2.
AS Kigali bakina ari bakinnyi 10 mu kibuga, bwa mbere mu mateke yayo, yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro nyuma yo gusezerera APR FC iyitsinze penaliti 4-2 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 01/06/2013.
Kuwa gatandatu tariki 01/06/2013 byari ibintu bidasanzwe ubwo ikipe ya Rayon Sports yerekanaga igikombe cya shampiyona yatwaye muri uyu mwaka wa 2013 imbere y’abafana bayo aho iyo kipe ikomoka mu karere ka Nyanza.
Sosiete y’abashoramari bo mu gihugu cya Turkiya yitwa Babilaks Construction Limited yamaze gushiga ibiro byayo mu Rwanda igiye kubaka stade nshya i Gahanga ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 40.
Uwari myugariro wa FC Barcelona, Umufaransa Eric Abidal wari umaze iminsi afite uburwayi bw’umwijima yatangaje ku mugaragaro n’agahinda kenshi ko asezeye ku mupira w’amaguru.
Nyuma y’aho shampiyona irangiriye, mu Rwanda ndetse no muri Uganda hakwirakwiye amakuru avuga ko Police FC yamaze guha akazi k’ubutoza umunya Uganda Sam Ssimbwa ndetse ko yaba yararangije gusinya amasezerano yo kuzayitoza imyaka ibiri ariko ubuyobozi bw’iyo kipe ntiburashyira ahagaragara ukuri nyako.
Ikipe ya AS Kigali y’abagore yegukanye igikombe cya shampiyona ku nshuro ya gatanu, iracyafite ikibazo cy’uko yitwara neza mu Rwanda ariko ikaba itajya isohoka ngo ihagararire u Rwanda mu mikino y’igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League).
Kuri uyu wa gatandatu tariki 01/06/2013, Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sport buzatangiza kuzengurukana igikombe cya shampiyona iyo kipe iheruka kwegukana, hirya no hino mu turere tw’u Rwanda mu rwego rwo kukimurikira abakunzi bayo.
Rutahizamu w’ikipe ya Santos yo muri Brazil, Neymar da Silva Santos Júnior w’imyaka 21, yasinye amasezerano y’imyaka itanu yo gukinira ikipe ya Barcelona imuguze miliyoni 30 z’ama Euro.
Nyuma y’umukino wa nyuma wa shampiyona uyihuza na Espoir FC kuri Stade Amahoro i Remera kuva saa cyenda n’igice ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/05/2013, ikipe ya Rayon Sport irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ku nshuro yayo ka karindwi.
Michel Ndahinduka, rutahizamu wa Bugesera FC yahamagawe mu ikipe y’igihugu izatangira imyitozo ku cyumweru tariki 26/05/2013, yitegura gukina na Mali umukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil umwaka utaha.